Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abategarugori b’u Rwanda bihaye umukoro wihariye washibutse mu mananiza barambiwe

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abategarugori b’u Rwanda bihaye umukoro wihariye washibutse mu mananiza barambiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bahagarariye abandi mu nzego zitandukanye z’Igihugu, biyemeje gushinga Banki yabo, kuko ikigega BDF gitera inkunga imishinga y’iterambere, kibananiza mu gihe bashaka amafaranga yo kwiteza imbere.

Ibi babitangarije mu Nteko Rusange ya 22 y’Inama y’Igihugu y’Abagore, yabaye kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023.

Abagore bavuga ko iyi ntego igamije guhangana n’ibibazo bikibangamiye iterambere ry’umuryango mu ngeri zitandukanye zishingiye kuba batoroherwa no kubona igishoro cyo gushyigikira imishinga yabo.

Bavuga ko ahanini babiterwa n’uko ikigega cya Leta gifasha imishinga y’iterambere (BDF) kibagora, bityo ko bagomba gutangira urugendo rwo gushinga banki yabo.

Colette Mukantayomba wo mu nama y’igihugu y’abagore yagize ati “Ndagira ngo ngaruke ku kibazo cya BDF dukunze kugarukaho cyane. Harabura iki ngo habe Banki y’abagore? Nk’abagore tugire banki yacu. Ayo mafaranga tubona yose tujye tuyanyuza muri banki yacu, tutarinze kuyaciya muri BDF, kuko urajya gusaba amafaranga muri BDF bakakubwira ko hakirimo imbogamizi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore Jackline Kamanzi, yabuze ko na we ashyigikiye iki gitekerezo, kandi ko kimaze igihe, ku buryo hakenewe inyigo kugira ngo gishyirwe mu bikorwa.

Ati “Nibishoboka numva ari umwanzuro twafata, ariko ku ishyirwa mu bikorwa tuzakomeza tugishe inama ubuyobozi bwacu.”

Umuyobozi mukuru wungirije wa BDF, Rosalie Semigabo avuga ko iyi myitwarire ishingiye ku kuba abagore bamwe batazi imikorere y’iki kigega.

Ati “Nk’aya mafaranga bavuze yavuye mu Turere kimwe n’ayandi batubwiye miliyoni zenda kugera kuri mirongo itanu, nizo zaciye muri BDF. Hari n’ayandi dusanganwe agera kuri miliyoni magana ane yagenewe abagore. Nta mugore watugannye ngo abure amafaranga.”

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr Uwamariya Valentine avuga ko ibi byose byagaragaje ko hagikenewe kongera imbaraga mu bukangurambaga.

Ati “Ukurikije uko umuyobozi wa BDF yabisobanuye, birasaba ko twongera imbaraga mu bukangurambaga no gusobanurira abagore amahirwe ahari, kugira ngo babashe kugera kuri ibyo byiza byabateganyirijwe, cyane cyane bariya bagore bo hasi; hari abasobanukiwe ariko hari n’abatazi ko ayo mahirwe ahari. Ni ugukomeza kubahugura no kubafasha gutegura iyo mishinga kugira ngo babashe kubona ayo mahirwe.”

Mu rwego rwo gufasha abagore kwiteza imbere; Inama y’Igihugu y’Abagore ivuga ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023-2024 bazafasha koperative z’abagore 39 zikora ubucuruzi bwambukiranya umupaka wa Rusizi, bakazahabwa 59 173 592 Frw.

Inama y’Igihugu y’Abagore ivuga kandi ko hari miliyoni 49 696 723 Frw zizashyirwa mu bikorwa bishyigikira imishinga y’abagore, kugira ngo irusheho kubabyarira inyungu no kwiteza imbere.

Dr Uwamariya Valentine, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yavuze ko hagikenewe ubukangurambaga
Abagore bihaye intego yo gushyira Banki yabo

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 13 =

Previous Post

Ibyo kwitega muri tombola y’irushanwa rikundwa na benshi muri ruhago y’Isi

Next Post

Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.