Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abategarugori b’u Rwanda bihaye umukoro wihariye washibutse mu mananiza barambiwe

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abategarugori b’u Rwanda bihaye umukoro wihariye washibutse mu mananiza barambiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bahagarariye abandi mu nzego zitandukanye z’Igihugu, biyemeje gushinga Banki yabo, kuko ikigega BDF gitera inkunga imishinga y’iterambere, kibananiza mu gihe bashaka amafaranga yo kwiteza imbere.

Ibi babitangarije mu Nteko Rusange ya 22 y’Inama y’Igihugu y’Abagore, yabaye kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023.

Abagore bavuga ko iyi ntego igamije guhangana n’ibibazo bikibangamiye iterambere ry’umuryango mu ngeri zitandukanye zishingiye kuba batoroherwa no kubona igishoro cyo gushyigikira imishinga yabo.

Bavuga ko ahanini babiterwa n’uko ikigega cya Leta gifasha imishinga y’iterambere (BDF) kibagora, bityo ko bagomba gutangira urugendo rwo gushinga banki yabo.

Colette Mukantayomba wo mu nama y’igihugu y’abagore yagize ati “Ndagira ngo ngaruke ku kibazo cya BDF dukunze kugarukaho cyane. Harabura iki ngo habe Banki y’abagore? Nk’abagore tugire banki yacu. Ayo mafaranga tubona yose tujye tuyanyuza muri banki yacu, tutarinze kuyaciya muri BDF, kuko urajya gusaba amafaranga muri BDF bakakubwira ko hakirimo imbogamizi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore Jackline Kamanzi, yabuze ko na we ashyigikiye iki gitekerezo, kandi ko kimaze igihe, ku buryo hakenewe inyigo kugira ngo gishyirwe mu bikorwa.

Ati “Nibishoboka numva ari umwanzuro twafata, ariko ku ishyirwa mu bikorwa tuzakomeza tugishe inama ubuyobozi bwacu.”

Umuyobozi mukuru wungirije wa BDF, Rosalie Semigabo avuga ko iyi myitwarire ishingiye ku kuba abagore bamwe batazi imikorere y’iki kigega.

Ati “Nk’aya mafaranga bavuze yavuye mu Turere kimwe n’ayandi batubwiye miliyoni zenda kugera kuri mirongo itanu, nizo zaciye muri BDF. Hari n’ayandi dusanganwe agera kuri miliyoni magana ane yagenewe abagore. Nta mugore watugannye ngo abure amafaranga.”

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr Uwamariya Valentine avuga ko ibi byose byagaragaje ko hagikenewe kongera imbaraga mu bukangurambaga.

Ati “Ukurikije uko umuyobozi wa BDF yabisobanuye, birasaba ko twongera imbaraga mu bukangurambaga no gusobanurira abagore amahirwe ahari, kugira ngo babashe kugera kuri ibyo byiza byabateganyirijwe, cyane cyane bariya bagore bo hasi; hari abasobanukiwe ariko hari n’abatazi ko ayo mahirwe ahari. Ni ugukomeza kubahugura no kubafasha gutegura iyo mishinga kugira ngo babashe kubona ayo mahirwe.”

Mu rwego rwo gufasha abagore kwiteza imbere; Inama y’Igihugu y’Abagore ivuga ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023-2024 bazafasha koperative z’abagore 39 zikora ubucuruzi bwambukiranya umupaka wa Rusizi, bakazahabwa 59 173 592 Frw.

Inama y’Igihugu y’Abagore ivuga kandi ko hari miliyoni 49 696 723 Frw zizashyirwa mu bikorwa bishyigikira imishinga y’abagore, kugira ngo irusheho kubabyarira inyungu no kwiteza imbere.

Dr Uwamariya Valentine, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yavuze ko hagikenewe ubukangurambaga
Abagore bihaye intego yo gushyira Banki yabo

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Ibyo kwitega muri tombola y’irushanwa rikundwa na benshi muri ruhago y’Isi

Next Post

Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.