Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abateguye igitaramo kizinjiza abantu muri Noheli bavuze udushya bahishiye abazacyitabira

radiotv10by radiotv10
22/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Abateguye igitaramo kizinjiza abantu muri Noheli bavuze udushya bahishiye abazacyitabira
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda rya The Heaven Family Drama Team risanzwe rizwiho gususurutsa abantu mu mbyino, rikaba riri gutegura igitaramo kizinjiza abantu muri Noheli, bavuze udushya bazagaragariza abazakitabira.

Nishimwe Albertine uyobora iri tsinda rya The Heaven Family Drama Team, ryo mu Itorero Betlehem Miracle Church, avuga ko iki gitaramo kizaba tariki 23 Ukuboza, kigamije gufasha abantu kuzinjira muri Noheli bafite umunezero banihana ibyaha kugira ngo umucunguzi azavukire ahasukuye.

Yagize ati “Ni igitaramo twateguriye Abanyarwanda ngo binjire muri Noheli neza kandi turifuza ko abantu bamenya Kristo bakava mu bubata bwa Satani.”

Iki gitaramo gifite insanganyamatsiko igira iti ‘The Redeemed Youth Concert’, kizaba akirimo umuhanzi Proper Nkomezi, Azaph Drama Team, Power Praise na Anointed Worship Team.

Albertine yakomeje agaragaza udushya tuzagaragara muri iki gitaramo, ati “Hari abantu baziko Drama Team ari ukubyina Drama gusa, oya, twe dufite n’agashya kuko tuzanashyiramo gakondo.”

Iki gitaramo kizaba mu mpera z’iki cyumweru ku wa Gatandatu, ni kimwe mu bindi biteganyijwe byateguwe n’abahanzi biganjemo ab’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, nka Israel Mbonyi uzakora icyiswe ‘Icyambu Live Concert’ kigiye kuba ku nshuro ya kabiri.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Nishimwe says:
    2 years ago

    Amen Amen Urubyiruko dukoreshe imbaraga zacu turamya Imana kandi turusheho kuvuga ubutumwa bwiza bugere kuri bose.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 4 =

Previous Post

Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose

Next Post

Aba-Colonels ba mbere b’abagore muri RDF bamaze kwambara ipeti bazamuweho (AMAFOTO)

Related Posts

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba-Colonels ba mbere b’abagore muri RDF bamaze kwambara ipeti bazamuweho (AMAFOTO)

Aba-Colonels ba mbere b’abagore muri RDF bamaze kwambara ipeti bazamuweho (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.