Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturanyi ba Kazungu ukekwaho ibyateye benshi ikikango bahishuye ibindi byabaye mbere

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abaturanyi ba Kazungu ukekwaho ibyateye benshi ikikango bahishuye ibindi byabaye mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturanyi ba Kazungu Denis ukekwaho kwica abakobwa benshi akabashyingura mu nzu yakodeshaga mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe, bavuga ko na mbere hari umukobwa wigeze gutakira mu nzu ye, bagahurura, akabona uko amucika, akavayo avuga ko yahabonye ibimenyetso by’abishwe, ariko inzego zikajya kuhasaka zikabibura.

Inkuru ya Kazungu Denis utuye mu Mudugudu wa Gishikiri mu Kagari ka Busanza, yatangiye kuvugwa ku mugoroba wo hirya y’ejo hashize, hari ku wa Kabiri, ubwo yatahurwaga ko mu gikoni cy’inzu abamo, habonetse imirambo y’abantu bataramenyekana umubare, bikekwa ko ari abakobwa yishe.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukiri mu iperereza, ruvuga ko ukekwa yiyemerera ko aba bantu yishe, ari abakobwa babaga bahuriye mu tubari, akabatahana nk’abagiye kwishimishanya, ubundi akabiba, yarangiza akabica.

Inzu Kazungu yabagamo

Abaturanyi bamugizeho amakenga mbere

Bamwe mu baturage bo muri aka gace Kazungu atuyemo, bavuze ko na mbere hari umukobwa watakiye iwe mu nzu, ubundi bagahurura ngo baze kureba ibibaye.

Umwe witwa Nirere Chantal yagize ati “Bumvise induru ubwa mbere baraceceka, ubwa kabiri bahita baza biruka, baje kureba uwo muntu uri kuvuza induru, kubera ko bari abadamu gusa kuko abagabo bari bagiye mu kazi, bateye amabuye hejuru y’ibati.”

Uyu muturage avuga ko ubwo bateraga amabuye hejuru y’inzu yabagamo Kazungu, yasohotse, akababaza impamvu bari kumubangamira, bakamubwira ko bashaka umuntu uri kuvugiriza induru mu nzu ye, akababwira ko ntawe.

Ngo basubiyeyo ariko bahita bongera bumva akaruru, baragaruka batera amabuye, noneho Kazungu ashaka kujya guhangana n’abo baturage, ari na bwo uwo mukobwa watabazaga yahise abona uko asohoka, aramucika.

Ati “Yarirukanse ahita ajya mu rugo rwa bariya bamama, umumama umwe afata igiti aravuga ati ‘njyewe ubu yageze mu rugo rwanjye wibeshye umukoreho’, arangije ahita avuga ngo ‘ntureba ibintu unkoreye’ ngo ‘nawe ufite umukobwa nzakwereka’, ngo ‘n’izi hene zanyu ziza hano, ngo nzafata imwe ngo nyice nindangiza nyimanike ku ipoto’ ngo ‘nzabereke uko umukobwa wanyu nzamugira’.”

Aba baturage bavuga ko uwo mukobwa wari uri gutakira mu nzu ya Kazungu, yasohotse mu nzu yambaye ubusa, agatabarwa n’abo baturage bamuhaye utwenda two kwikinga ku mubiri.

Dukuze Eric, undi muturage uzi iby’uwo mukobwa, avuga ko icyo gihe inzego zanaje zigafata Kazungu zikamuta muri yombi, ariko ko yahise arekurwa.

Yagize ati “Yahise ajya mu buyobozi, baraza barareba, baravuga bati ‘uriya yari indaya bumvikanaga’ bashaka ibimenyetso by’ibyo yavuze barabibura, birangira gutyo, umuntu amaramo ibyumweru bibiri, araza.”

Aba baturage bavuga ko uwo mukobwa yanavugaga ko yabonye uduhanga tw’abantu bishwe mu nzu ya Kazungu, ariko ubuyobozi bukaba bwaratubuze. Bagakeka ko Kazungu yahise aduhisha mu buryo bwo gusibanganya ibimenyetso.

Aho yabashyinguraga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − one =

Previous Post

Hasohotse amakuru atunguranye anibazwaho ku wabaye Perezida wa America

Next Post

Amakuru agezweho ku musore wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’umusirikare wamunyanganyije hoteli

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku musore wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’umusirikare wamunyanganyije hoteli

Amakuru agezweho ku musore wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’umusirikare wamunyanganyije hoteli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.