Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturanyi ba Kazungu ukekwaho ibyateye benshi ikikango bahishuye ibindi byabaye mbere

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abaturanyi ba Kazungu ukekwaho ibyateye benshi ikikango bahishuye ibindi byabaye mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturanyi ba Kazungu Denis ukekwaho kwica abakobwa benshi akabashyingura mu nzu yakodeshaga mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe, bavuga ko na mbere hari umukobwa wigeze gutakira mu nzu ye, bagahurura, akabona uko amucika, akavayo avuga ko yahabonye ibimenyetso by’abishwe, ariko inzego zikajya kuhasaka zikabibura.

Inkuru ya Kazungu Denis utuye mu Mudugudu wa Gishikiri mu Kagari ka Busanza, yatangiye kuvugwa ku mugoroba wo hirya y’ejo hashize, hari ku wa Kabiri, ubwo yatahurwaga ko mu gikoni cy’inzu abamo, habonetse imirambo y’abantu bataramenyekana umubare, bikekwa ko ari abakobwa yishe.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukiri mu iperereza, ruvuga ko ukekwa yiyemerera ko aba bantu yishe, ari abakobwa babaga bahuriye mu tubari, akabatahana nk’abagiye kwishimishanya, ubundi akabiba, yarangiza akabica.

Inzu Kazungu yabagamo

Abaturanyi bamugizeho amakenga mbere

Bamwe mu baturage bo muri aka gace Kazungu atuyemo, bavuze ko na mbere hari umukobwa watakiye iwe mu nzu, ubundi bagahurura ngo baze kureba ibibaye.

Umwe witwa Nirere Chantal yagize ati “Bumvise induru ubwa mbere baraceceka, ubwa kabiri bahita baza biruka, baje kureba uwo muntu uri kuvuza induru, kubera ko bari abadamu gusa kuko abagabo bari bagiye mu kazi, bateye amabuye hejuru y’ibati.”

Uyu muturage avuga ko ubwo bateraga amabuye hejuru y’inzu yabagamo Kazungu, yasohotse, akababaza impamvu bari kumubangamira, bakamubwira ko bashaka umuntu uri kuvugiriza induru mu nzu ye, akababwira ko ntawe.

Ngo basubiyeyo ariko bahita bongera bumva akaruru, baragaruka batera amabuye, noneho Kazungu ashaka kujya guhangana n’abo baturage, ari na bwo uwo mukobwa watabazaga yahise abona uko asohoka, aramucika.

Ati “Yarirukanse ahita ajya mu rugo rwa bariya bamama, umumama umwe afata igiti aravuga ati ‘njyewe ubu yageze mu rugo rwanjye wibeshye umukoreho’, arangije ahita avuga ngo ‘ntureba ibintu unkoreye’ ngo ‘nawe ufite umukobwa nzakwereka’, ngo ‘n’izi hene zanyu ziza hano, ngo nzafata imwe ngo nyice nindangiza nyimanike ku ipoto’ ngo ‘nzabereke uko umukobwa wanyu nzamugira’.”

Aba baturage bavuga ko uwo mukobwa wari uri gutakira mu nzu ya Kazungu, yasohotse mu nzu yambaye ubusa, agatabarwa n’abo baturage bamuhaye utwenda two kwikinga ku mubiri.

Dukuze Eric, undi muturage uzi iby’uwo mukobwa, avuga ko icyo gihe inzego zanaje zigafata Kazungu zikamuta muri yombi, ariko ko yahise arekurwa.

Yagize ati “Yahise ajya mu buyobozi, baraza barareba, baravuga bati ‘uriya yari indaya bumvikanaga’ bashaka ibimenyetso by’ibyo yavuze barabibura, birangira gutyo, umuntu amaramo ibyumweru bibiri, araza.”

Aba baturage bavuga ko uwo mukobwa yanavugaga ko yabonye uduhanga tw’abantu bishwe mu nzu ya Kazungu, ariko ubuyobozi bukaba bwaratubuze. Bagakeka ko Kazungu yahise aduhisha mu buryo bwo gusibanganya ibimenyetso.

Aho yabashyinguraga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − nine =

Previous Post

Hasohotse amakuru atunguranye anibazwaho ku wabaye Perezida wa America

Next Post

Amakuru agezweho ku musore wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’umusirikare wamunyanganyije hoteli

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku musore wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’umusirikare wamunyanganyije hoteli

Amakuru agezweho ku musore wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’umusirikare wamunyanganyije hoteli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.