Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturarwanda barasabwa kwambara neza udupfukamunwa, kwikingiza byuzuye,…-Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

radiotv10by radiotv10
09/04/2022
in MU RWANDA
0
Abaturarwanda barasabwa kwambara neza udupfukamunwa, kwikingiza byuzuye,…-Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatandatu, yafatiwemo ibyemezo birimo ingamba zivuguruye zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 zisaba Abaturarwanda kwikingiza byuzuye no gukomeza kubahiriza amabwiriza asanzweho nko kwambara neza udupfukamunwa.

Izi ngamba zivuguruye zafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 09 Mata 2022 iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Izi ngamba zizatangira kubahirizwa kuri iki Cyumweru tariki 10 Mata 2022, zisaba “Abanyarwanda n’abaturarwanda kwikingiza byuzuye kugira ngo bemererwe kujya ahantu hahurira abantu benshi.”

Izi ngamba zibutsa ko kwikingiza byuzuye ari uguhabwa inkingo ebyiri ndetse n’urwo gushimangira ku bujuje amezi atatu umuntu ahawe urukingo rwa kabiri.

Aya mabwiriza akomeza agira ati “Abaturage barongera gushishikarizwa kwipimisha kenshi kandi bakarushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, harimo kwambara neza agapfukamunwa no gukaraba intoki kenshi.”

Izi ngamba kandi zivuga ko abagenzi binjira mu Gihugu bakoresheje Ikibuga cy’Indenge Mpuzamahanga, bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 bakoresheje uburyo bwa Rapid Test mu gihe cy’amasaha 72 ariko bakongera gupimwa bakigera ku Kibuga cy’Indege noneho hakoreshejwe ikizamini cya PCR Test.

Ingamba zari zisanzweho zizakomeza kubahirizwa nko kuba ingendo zemewe amasaha 24 kuri 24 ndetse n’ibikorwa byinshi bikaba byemerewe gukora amasaha yose uretse bicye birimo utubari n’ibitaramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − six =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe muri Congo mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Next Post

MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.