Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturarwanda barasabwa kwambara neza udupfukamunwa, kwikingiza byuzuye,…-Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

radiotv10by radiotv10
09/04/2022
in MU RWANDA
0
Abaturarwanda barasabwa kwambara neza udupfukamunwa, kwikingiza byuzuye,…-Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatandatu, yafatiwemo ibyemezo birimo ingamba zivuguruye zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 zisaba Abaturarwanda kwikingiza byuzuye no gukomeza kubahiriza amabwiriza asanzweho nko kwambara neza udupfukamunwa.

Izi ngamba zivuguruye zafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 09 Mata 2022 iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Izi ngamba zizatangira kubahirizwa kuri iki Cyumweru tariki 10 Mata 2022, zisaba “Abanyarwanda n’abaturarwanda kwikingiza byuzuye kugira ngo bemererwe kujya ahantu hahurira abantu benshi.”

Izi ngamba zibutsa ko kwikingiza byuzuye ari uguhabwa inkingo ebyiri ndetse n’urwo gushimangira ku bujuje amezi atatu umuntu ahawe urukingo rwa kabiri.

Aya mabwiriza akomeza agira ati “Abaturage barongera gushishikarizwa kwipimisha kenshi kandi bakarushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, harimo kwambara neza agapfukamunwa no gukaraba intoki kenshi.”

Izi ngamba kandi zivuga ko abagenzi binjira mu Gihugu bakoresheje Ikibuga cy’Indenge Mpuzamahanga, bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 bakoresheje uburyo bwa Rapid Test mu gihe cy’amasaha 72 ariko bakongera gupimwa bakigera ku Kibuga cy’Indege noneho hakoreshejwe ikizamini cya PCR Test.

Ingamba zari zisanzweho zizakomeza kubahirizwa nko kuba ingendo zemewe amasaha 24 kuri 24 ndetse n’ibikorwa byinshi bikaba byemerewe gukora amasaha yose uretse bicye birimo utubari n’ibitaramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 4 =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe muri Congo mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Next Post

MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.