Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturarwanda barasabwa kwambara neza udupfukamunwa, kwikingiza byuzuye,…-Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

radiotv10by radiotv10
09/04/2022
in MU RWANDA
0
Abaturarwanda barasabwa kwambara neza udupfukamunwa, kwikingiza byuzuye,…-Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatandatu, yafatiwemo ibyemezo birimo ingamba zivuguruye zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 zisaba Abaturarwanda kwikingiza byuzuye no gukomeza kubahiriza amabwiriza asanzweho nko kwambara neza udupfukamunwa.

Izi ngamba zivuguruye zafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 09 Mata 2022 iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Izi ngamba zizatangira kubahirizwa kuri iki Cyumweru tariki 10 Mata 2022, zisaba “Abanyarwanda n’abaturarwanda kwikingiza byuzuye kugira ngo bemererwe kujya ahantu hahurira abantu benshi.”

Izi ngamba zibutsa ko kwikingiza byuzuye ari uguhabwa inkingo ebyiri ndetse n’urwo gushimangira ku bujuje amezi atatu umuntu ahawe urukingo rwa kabiri.

Aya mabwiriza akomeza agira ati “Abaturage barongera gushishikarizwa kwipimisha kenshi kandi bakarushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, harimo kwambara neza agapfukamunwa no gukaraba intoki kenshi.”

Izi ngamba kandi zivuga ko abagenzi binjira mu Gihugu bakoresheje Ikibuga cy’Indenge Mpuzamahanga, bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 bakoresheje uburyo bwa Rapid Test mu gihe cy’amasaha 72 ariko bakongera gupimwa bakigera ku Kibuga cy’Indege noneho hakoreshejwe ikizamini cya PCR Test.

Ingamba zari zisanzweho zizakomeza kubahirizwa nko kuba ingendo zemewe amasaha 24 kuri 24 ndetse n’ibikorwa byinshi bikaba byemerewe gukora amasaha yose uretse bicye birimo utubari n’ibitaramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 5 =

Previous Post

Perezida Kagame ategerejwe muri Congo mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Next Post

MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.