Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abatwara abagenzi n’abanyeshuri batabifitiye uburenganzira bahagurukiwe

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in MU RWANDA
0
Abatwara abagenzi n’abanyeshuri batabifitiye uburenganzira bahagurukiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ryatangiye gukora umukwabu wo kurwanya abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange n’abanyeshuri batabifitiye uruhushya, ndetse hakaba hafashwe imodoka 45.

Ni igikorwa cyatangiye mu cyumweru gishize, kigamije gufata imodoka zose zifashishwa mu gutwara abagenzi cyangwa abanyeshuri, zidafitiwe ibyangombwa.

Iki gikorwa kandi kiranareba na Bisi zisanzwe zikorera mu bice by’Intara, zikaba zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, na zo zikaba zizajya zifatwa.

Umuvugizi w’Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, avuga ko uyu mukwabu watangiye nyuma yuko bigaragaye ko zimwe muri Koperative zitwara abagenzi zikora mu buryo budakurikije ibyangombwa zahawe ndetse ntizinakorere mu mihanda zahawe gukoreramo, ku buryo byatezaga akajagari bikanabangamira andi makoperative.

Ati “Ni yo mpamvu ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), twatangije ibikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza agenga gutwara abantu n’ibintu, imodoka zigera kuri 45 zikaba zimaze gufatwa.”

SP Kayigi yavuze ko hari abafata imodoka ntoya cyane cyane izifite imyanya 7, bakazikoresha mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, hakaba na bisi zikoreshwa mu Mujyi nyamara zifite uruhushya rwo gukorera mu Ntara.

Ati “Uzasanga dufashe urugero nko ku modoka zitwara abagenzi mu Ntara y’Iburasirazuba, zifatiye Nyabugogo abagenzi bagiye i Remera cyangwa i Kabuga, zahindukira nanone zigafatira i Remera n’i Kabuga, abagenzi berekeza Nyabugogo.”

Yakomeje agira ati “Ni cyo kimwe no kuri bisi zerekeza mu Ntara y’Amajyepfo, usanga zikora nk’izifite uruhushya rwo gukorera mu Mujyi wa Kigali, zifatira abagenzi ahazwi nko kuri Ruliba no ku Gitikinyoni.”

Nanone kandi hari imodoka zifashishwa mu gutwara abagenyeshuri zitabifitiye uruhushya, na zo zikaba zirebwa n’uyu mukwabu watangiye gukorwa na Polisi y’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 1 =

Previous Post

Bahishuye ibanga ryihishe inyuma y’igituma Inka zagenewe abatishoboye zihabwa abifite

Next Post

Rwakomeje kwambikana muri Liban nubwo America yari yagiriye inama Israel

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwakomeje kwambikana muri Liban nubwo America yari yagiriye inama Israel

Rwakomeje kwambikana muri Liban nubwo America yari yagiriye inama Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.