Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in MU RWANDA
0
Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yasetse abakwirakwiza ibihuga ko umuyobozi w’uyu mutwe, Gen Makenga Sultan yapfuye, yerekana ifoto bafashe bari kumwe, ndetse ahamya ko ari we uzacungura Congo.

Maj Willy Ngoma uvugira umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC mu mirwano ikomeye, yagarutse ku bikorwa by’ivangura rikomeje gukorerwa Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, avuga ko igihe kigeze ngo ibi bikorwa bihagarare.

Mu butumwa bw’amajwi bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga za M23, Maj Willy Ngoma yavuze ko ibirigo bikorwa na Guverinoma ya Congo ndetse n’Igisirikare cyayo (FARDC) kiri gufatanya na FDLR mu bikorwa byo guhohotera aba Banye-Congo b’Abatutsi, bikwiye guhagarara.

Ati “Mukureho uriya mwanda wa FDLR, mwirukane uwo mwanda mu Gihugu cyacu, amahoro azaboneka mu Gihugu cyacu, mureke abantu bakundane, buri umwe yibone muri mugenzi we.”

Maj Willy Ngoma yongeye guhakana ibivugwa ko umutwe wa M23 uhabwa ubufasha n’u Rwanda, aratsemba, avuga ko nta bufasha na buto ubona.

Maj Willy Ngoma ari kumwe na Gen Makenga

Ageze ku bihuha byavuzwe ko Gen Sultan Makenga yapfuye, muri ubu butumwa buherekejwe n’ifoto igaragaza Gen Makenga ari kumwe n’uyu muvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yagize ati “Bakavuga ngo Gen Sultan Makenga yarapfuye, [abanza guseka] njye naberetse ifoto ye twafashe turi kumwe, ameze neza cyane, uyu ni we uzabohora Congo.”

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga kontakindi ushaka uretse amahoro mu Gihugu ndetse no kuba Abanyagihugu bose bagira uburenganzira bureshya mu Gihugu cyabo.

Imirwano ya M23 na FARDC, yongeye kuzana igitotsi mu mubabo w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byanatumye Guverinoma y’iki Gihugu ihagarika amasezerano yose yari ifitanye n’iy’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 1 =

Previous Post

Museveni yongeye gushimira Abanyarwanda uburyo bamwakiriye n’uburyo bamusezeye, ati “urukundo ruganze”

Next Post

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.