Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in MU RWANDA
0
Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yasetse abakwirakwiza ibihuga ko umuyobozi w’uyu mutwe, Gen Makenga Sultan yapfuye, yerekana ifoto bafashe bari kumwe, ndetse ahamya ko ari we uzacungura Congo.

Maj Willy Ngoma uvugira umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC mu mirwano ikomeye, yagarutse ku bikorwa by’ivangura rikomeje gukorerwa Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, avuga ko igihe kigeze ngo ibi bikorwa bihagarare.

Mu butumwa bw’amajwi bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga za M23, Maj Willy Ngoma yavuze ko ibirigo bikorwa na Guverinoma ya Congo ndetse n’Igisirikare cyayo (FARDC) kiri gufatanya na FDLR mu bikorwa byo guhohotera aba Banye-Congo b’Abatutsi, bikwiye guhagarara.

Ati “Mukureho uriya mwanda wa FDLR, mwirukane uwo mwanda mu Gihugu cyacu, amahoro azaboneka mu Gihugu cyacu, mureke abantu bakundane, buri umwe yibone muri mugenzi we.”

Maj Willy Ngoma yongeye guhakana ibivugwa ko umutwe wa M23 uhabwa ubufasha n’u Rwanda, aratsemba, avuga ko nta bufasha na buto ubona.

Maj Willy Ngoma ari kumwe na Gen Makenga

Ageze ku bihuha byavuzwe ko Gen Sultan Makenga yapfuye, muri ubu butumwa buherekejwe n’ifoto igaragaza Gen Makenga ari kumwe n’uyu muvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yagize ati “Bakavuga ngo Gen Sultan Makenga yarapfuye, [abanza guseka] njye naberetse ifoto ye twafashe turi kumwe, ameze neza cyane, uyu ni we uzabohora Congo.”

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga kontakindi ushaka uretse amahoro mu Gihugu ndetse no kuba Abanyagihugu bose bagira uburenganzira bureshya mu Gihugu cyabo.

Imirwano ya M23 na FARDC, yongeye kuzana igitotsi mu mubabo w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byanatumye Guverinoma y’iki Gihugu ihagarika amasezerano yose yari ifitanye n’iy’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 2 =

Previous Post

Museveni yongeye gushimira Abanyarwanda uburyo bamwakiriye n’uburyo bamusezeye, ati “urukundo ruganze”

Next Post

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.