Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23

radiotv10by radiotv10
27/06/2022
in MU RWANDA
0
Abavuga ngo Gen.Makenga yarapfuye dore turi kumwe kandi niwe uzabohora Congo- Maj Ngoma/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yasetse abakwirakwiza ibihuga ko umuyobozi w’uyu mutwe, Gen Makenga Sultan yapfuye, yerekana ifoto bafashe bari kumwe, ndetse ahamya ko ari we uzacungura Congo.

Maj Willy Ngoma uvugira umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC mu mirwano ikomeye, yagarutse ku bikorwa by’ivangura rikomeje gukorerwa Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, avuga ko igihe kigeze ngo ibi bikorwa bihagarare.

Mu butumwa bw’amajwi bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga za M23, Maj Willy Ngoma yavuze ko ibirigo bikorwa na Guverinoma ya Congo ndetse n’Igisirikare cyayo (FARDC) kiri gufatanya na FDLR mu bikorwa byo guhohotera aba Banye-Congo b’Abatutsi, bikwiye guhagarara.

Ati “Mukureho uriya mwanda wa FDLR, mwirukane uwo mwanda mu Gihugu cyacu, amahoro azaboneka mu Gihugu cyacu, mureke abantu bakundane, buri umwe yibone muri mugenzi we.”

Maj Willy Ngoma yongeye guhakana ibivugwa ko umutwe wa M23 uhabwa ubufasha n’u Rwanda, aratsemba, avuga ko nta bufasha na buto ubona.

Maj Willy Ngoma ari kumwe na Gen Makenga

Ageze ku bihuha byavuzwe ko Gen Sultan Makenga yapfuye, muri ubu butumwa buherekejwe n’ifoto igaragaza Gen Makenga ari kumwe n’uyu muvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yagize ati “Bakavuga ngo Gen Sultan Makenga yarapfuye, [abanza guseka] njye naberetse ifoto ye twafashe turi kumwe, ameze neza cyane, uyu ni we uzabohora Congo.”

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga kontakindi ushaka uretse amahoro mu Gihugu ndetse no kuba Abanyagihugu bose bagira uburenganzira bureshya mu Gihugu cyabo.

Imirwano ya M23 na FARDC, yongeye kuzana igitotsi mu mubabo w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byanatumye Guverinoma y’iki Gihugu ihagarika amasezerano yose yari ifitanye n’iy’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + fourteen =

Previous Post

Museveni yongeye gushimira Abanyarwanda uburyo bamwakiriye n’uburyo bamusezeye, ati “urukundo ruganze”

Next Post

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Related Posts

Icyabaye intandaro yo gutahura uruganda rwkoreshaga inzoga ibiteye impungenge bihabanye n’ibyo rwemerewe

Icyabaye intandaro yo gutahura uruganda rwkoreshaga inzoga ibiteye impungenge bihabanye n’ibyo rwemerewe

by radiotv10
20/11/2025
0

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

by radiotv10
20/11/2025
0

A major road linking the districts of Nyanza in the Southern Province and Bugesera and Ngoma in the Eastern Province...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira...

IZIHERUKA

Icyabaye intandaro yo gutahura uruganda rwkoreshaga inzoga ibiteye impungenge bihabanye n’ibyo rwemerewe
MU RWANDA

Icyabaye intandaro yo gutahura uruganda rwkoreshaga inzoga ibiteye impungenge bihabanye n’ibyo rwemerewe

by radiotv10
20/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

20/11/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Urujijo ku cyahitanye urubyiruko 22 rwari rwagiye kwishimira isozwa ry’ibizamini basanze mu kabyiniro rwapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyabaye intandaro yo gutahura uruganda rwkoreshaga inzoga ibiteye impungenge bihabanye n’ibyo rwemerewe

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.