Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Abayobozi baturutse mu Rwanda basogongeje Isi imikoranire n’ikipe ikomeye yayatangiranye intsinzi

radiotv10by radiotv10
28/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
AMAFOTO: Abayobozi baturutse mu Rwanda basogongeje Isi imikoranire n’ikipe ikomeye yayatangiranye intsinzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, bari kumwe n’ab’Ikipe ya FC Bayern Munich yo mu Budage, bamuritse ku mugaragaro imikoranire y’iyi Kipe na Guverinoma y’u Rwanda, ubwo iyi kipe yari igihe gukina umukino wa Shampiyona, ikananyagiramo iyo byakinnye.

Aya masezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na FC Bayern Munich, yamenyekanye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ariko bivugwa ko hashize icyumweru ashyizweho umukono.

Kuri iki Cyumweru, tariki 27 Kanama 2023, ubwo ikipe ya FC Bayern yakinaga umukino wa Shampiyona na FC Augsburg, habanje kumurikwa ku mugaragaro iby’aya masezerano y’imikoranire.

Ni igikorwa cyakozwe n’abayobozi bo mu nzego nkuru z’u Rwanda, barimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Zephanie Niyonkuru, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDC), Michaëlla Rugwizangoga, ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar; aho bari kumwe na bamwe mu bayobozi ba Bayern.

Iki gikorwa cyabimburiye umukino, cyabereye muri sitade ya Allianz Arena yakira abantu ibihumbi 75 ya FC Bayern Munich yari yanakiriye uyu mukino, ikanawutsindamo ibitego 3-1, birimo bibiri bya Harry Kane, uri guhabwa ikaze muri iyi kipe.

Bimwe mu bikubiye muri aya masezerano kandi, ni uko kuri iyi sitade hazajya hamamazwa ubutumwa buhamagarira abatuye Isi, gusura u Rwanda, muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’ isanzwe inamamazwa n’andi makipe abiri akomeye ku Isi, ari yo Arsenal yo mu Bwongereza na Paris Saint Germain yo mu Bufaransa.

Izi shampiyona eshatu [iyo mu Bwongereza, iyo mu Budage n’iyo mu Bufarasna], ni na zo zikomeye ku Isi, zikaba zose zirimo amakipe akorana n’u Rwanda.

Iki gikorwa cyabereye muri Sitade ya Bayern
Habayeho n’ikiganiro cyo gusobanura aya masezerano

Harry Kane yatsinzemo ibitego bibiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 1 =

Previous Post

Bugesera: Hari impande ebyiri zitavuga rumwe ku kibagamiye rumwe

Next Post

Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa

Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.