Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Abayobozi baturutse mu Rwanda basogongeje Isi imikoranire n’ikipe ikomeye yayatangiranye intsinzi

radiotv10by radiotv10
28/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
AMAFOTO: Abayobozi baturutse mu Rwanda basogongeje Isi imikoranire n’ikipe ikomeye yayatangiranye intsinzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, bari kumwe n’ab’Ikipe ya FC Bayern Munich yo mu Budage, bamuritse ku mugaragaro imikoranire y’iyi Kipe na Guverinoma y’u Rwanda, ubwo iyi kipe yari igihe gukina umukino wa Shampiyona, ikananyagiramo iyo byakinnye.

Aya masezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na FC Bayern Munich, yamenyekanye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ariko bivugwa ko hashize icyumweru ashyizweho umukono.

Kuri iki Cyumweru, tariki 27 Kanama 2023, ubwo ikipe ya FC Bayern yakinaga umukino wa Shampiyona na FC Augsburg, habanje kumurikwa ku mugaragaro iby’aya masezerano y’imikoranire.

Ni igikorwa cyakozwe n’abayobozi bo mu nzego nkuru z’u Rwanda, barimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Zephanie Niyonkuru, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDC), Michaëlla Rugwizangoga, ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar; aho bari kumwe na bamwe mu bayobozi ba Bayern.

Iki gikorwa cyabimburiye umukino, cyabereye muri sitade ya Allianz Arena yakira abantu ibihumbi 75 ya FC Bayern Munich yari yanakiriye uyu mukino, ikanawutsindamo ibitego 3-1, birimo bibiri bya Harry Kane, uri guhabwa ikaze muri iyi kipe.

Bimwe mu bikubiye muri aya masezerano kandi, ni uko kuri iyi sitade hazajya hamamazwa ubutumwa buhamagarira abatuye Isi, gusura u Rwanda, muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’ isanzwe inamamazwa n’andi makipe abiri akomeye ku Isi, ari yo Arsenal yo mu Bwongereza na Paris Saint Germain yo mu Bufaransa.

Izi shampiyona eshatu [iyo mu Bwongereza, iyo mu Budage n’iyo mu Bufarasna], ni na zo zikomeye ku Isi, zikaba zose zirimo amakipe akorana n’u Rwanda.

Iki gikorwa cyabereye muri Sitade ya Bayern
Habayeho n’ikiganiro cyo gusobanura aya masezerano

Harry Kane yatsinzemo ibitego bibiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 10 =

Previous Post

Bugesera: Hari impande ebyiri zitavuga rumwe ku kibagamiye rumwe

Next Post

Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa

Umutoza wa Rayon nyuma yo kwenda gufatana mu mashati n’umukinnyi aravugwaho indi myitwarire inengwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.