Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abayobozi b’ikipe bamaze iminsi bavugwaho kurebana ay’ingwe bagaragaye mu mashusho atunguranye

radiotv10by radiotv10
25/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abayobozi b’ikipe bamaze iminsi bavugwaho kurebana ay’ingwe bagaragaye mu mashusho atunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kiyovu Sports Ltd ndetse n’umuyobozi w’ikipe ya Kiyovu Sports, bari bamaze iminsi bavugwaho kutumvikana, bagaragaye bari kumwe bavuye kurebana umupira bamwenyura, bisa nko gutanga abagabo ko ubu bameranye neza.

Ukutavuga rumwe hagati ya Perezida wa Kiyovu Sports Ltd, Mvukiyehe Juvénal na mugenzi we uyobora ikipe ya Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis, kwazamutse nyuma y’ibyagiye bitangazwa n’aba bagabo.

Mvukiyehe Juvénal yavuze ko ari we ufite ububasha ntayegayezwa ku ikipe ya Kiyovu Sports, mu gihe Ndorimana we yavuze ko Mvukiyehe ayobora agashami kamwe ka Kiyovu.

Nyuma hakomeje kumvikana amakuru ko, aba bagabo bari kurebana ay’ingwe, ndetse ko byototeye ikipe bikayigiraho ingaruka mu musaruro wayo.

Gusa ubuyobozi bw’iyi kipe ya Kiyovu Sports, bwagaragaje ko aba bagabo bameranye neza ntakibazo bafitanye, mu gihe abacukumburaga amakuru avamo imbere, bavugaga ko ishyamba atari ryeru.

Nyuma yo kutumvikana kwa Perezida wa Kiyovu Sports Ltd, Mvukiyehe Juvénal na mugenzi we uyobora Umuryango Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis, kuri ubu umwuka ni mwiza hagati y’aba bayobozi nyuma y’ibiganiro ku mpande zombi. pic.twitter.com/WYaD6fIV2b

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) September 25, 2023

Mu butumwa, ubuyobozi bwa Kiyovu bwanyujije kuri X, hariho ifoto igaragaza Mvukiyehe na Ndorimana bicaye mu kabari bari kurebana umupira kuri televiziyo.

Ubutumwa buherekeje iyi foto, bugira buti “Umwuka muri Kiyovu sport wifashe ute? nyuma y’ibimaze igihe bivugwa?”

Nanone kandi ubuyobozi bw’iyi kipe, bwagaragaje amashusho y’aba bagabo bombi, basohoka muri ako kabari, bari kumwe baganira baseka.

Barebanye umupira kuri iki Cyumweru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 16 =

Previous Post

IFOTO: Ababyeyi baratekerereza umwana ahazaza he…Ifoto yavuzweho n’umuvugizi w’u Rwanda

Next Post

Ukraine yigambye igishobora gukora mu jisho u Burusiya cyerekeye umukomando wabwo ukomeye

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yigambye igishobora gukora mu jisho u Burusiya cyerekeye umukomando wabwo ukomeye

Ukraine yigambye igishobora gukora mu jisho u Burusiya cyerekeye umukomando wabwo ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.