Thursday, May 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Umupaka wa Kamanyola uhuza u Rwanda na Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, wongeye gukora nyuma y’imisi micye ufunzwe kubera intambara yari hakurya, bituma Abanyekongo bari bahunze batangira guhunguka, bamwe banagarutse mu Rwanda gutwara ibyo bari basize, bavuga ko biboneye abarwanyi ba M23 ariko batunguwe n’ubunyamwuga bababonanye buhabanye kure n’imyitwarire ya FARDC.

Uyu mupaka wari wafunzwe ku wa Mbere nyuma yuko hari Abanyekongo bari bamaze guhungira mu Rwanda baturutse Kamanyola nyuma iyi santere iza gufatwa n’ingabo z’Ihuriro AFC/M23 ari na zo ziri kugenzura uyu mupaka.

Nyuma yuko uyu mupaka wongeye gukora, bamwe mu Banyekongo bari bahunze imirwano, batangiye gusubira iwabo kuko babona umutekano wagarutse.

Aziza Magambo ati “Ejo nagiyeyo, nasanze abasirikare ba M23 muri duwani ndabasuhuza na bo baransuhuza, nageze mu rugo nsanga ntakibazo nari nagarutse gutwara abana ubu ndatashye iwacu.”

Uretse abahunguka, hari n’abandi banyekongo baturuka hakurya baza mu Rwanda guhaha ibyo kurya bavuga ko bishimira uko bari koroherezwa bakambukira ku marangamuntu.

Tabashwa Mahara ati “Mvuye mu Rwanda guhaha ibyo kurya. M23 ikigera muri Kafunda ntabwo twirutse nta n’ubwo bigeze batwakura, ubu batwemereye kwambuka dukoresheje indangamuntu tubona uko tuza mu Rwanda gushesha imyumbati.”

Si Abanyekongo gusa bishimira umutuzo wagarutse muri Kamanyola no gufugungurwa k’umupaka, kuko n’Abanyarwanda basanzwe bambuka hafi ya buri munsi mu mirimo itandukanye irimo n’ubuhinzi, bavuga ko ubu hari impinduka bitandukanye na mbere.

Nyirahabimana Julienne agira ati “Mvuye mu murima hakurya muri Congo ibi ni ibigori nikoreye mbere bajyaga batwambura imyaka twahinze bigasaba ko tugenda tubahorera (kubaha ku byo basaruraga) ariko ubu ntakibazo.”

Umupaka wa Kamanyola ufasha abaturage b’impande zombi mu buhahirane bushingiye ku bucuruzi bw’ibiribwa, wari wafunzwe ku wa Mbere w’iki cyumweru kubera imirwano, nyuma umutwe wa M23 uza gushwiragiza ingabo za Leta ya Congo zari kumwe n’iz’u Burundi na Wazalendo.

M23 ni yo icunga Kamanyola
Ku mupaka inzira zongeye kuba nyabagendwa
Abacuruzi na bo bongeye kwambuka

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

Next Post

The “axis of evil”

Related Posts

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ mu bikorwa birimo filimi no mu biganiro akunze gutanga, watawe muri yombi, hatangajwe ko...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The “axis of evil”

The "axis of evil"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.