Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Umupaka wa Kamanyola uhuza u Rwanda na Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, wongeye gukora nyuma y’imisi micye ufunzwe kubera intambara yari hakurya, bituma Abanyekongo bari bahunze batangira guhunguka, bamwe banagarutse mu Rwanda gutwara ibyo bari basize, bavuga ko biboneye abarwanyi ba M23 ariko batunguwe n’ubunyamwuga bababonanye buhabanye kure n’imyitwarire ya FARDC.

Uyu mupaka wari wafunzwe ku wa Mbere nyuma yuko hari Abanyekongo bari bamaze guhungira mu Rwanda baturutse Kamanyola nyuma iyi santere iza gufatwa n’ingabo z’Ihuriro AFC/M23 ari na zo ziri kugenzura uyu mupaka.

Nyuma yuko uyu mupaka wongeye gukora, bamwe mu Banyekongo bari bahunze imirwano, batangiye gusubira iwabo kuko babona umutekano wagarutse.

Aziza Magambo ati “Ejo nagiyeyo, nasanze abasirikare ba M23 muri duwani ndabasuhuza na bo baransuhuza, nageze mu rugo nsanga ntakibazo nari nagarutse gutwara abana ubu ndatashye iwacu.”

Uretse abahunguka, hari n’abandi banyekongo baturuka hakurya baza mu Rwanda guhaha ibyo kurya bavuga ko bishimira uko bari koroherezwa bakambukira ku marangamuntu.

Tabashwa Mahara ati “Mvuye mu Rwanda guhaha ibyo kurya. M23 ikigera muri Kafunda ntabwo twirutse nta n’ubwo bigeze batwakura, ubu batwemereye kwambuka dukoresheje indangamuntu tubona uko tuza mu Rwanda gushesha imyumbati.”

Si Abanyekongo gusa bishimira umutuzo wagarutse muri Kamanyola no gufugungurwa k’umupaka, kuko n’Abanyarwanda basanzwe bambuka hafi ya buri munsi mu mirimo itandukanye irimo n’ubuhinzi, bavuga ko ubu hari impinduka bitandukanye na mbere.

Nyirahabimana Julienne agira ati “Mvuye mu murima hakurya muri Congo ibi ni ibigori nikoreye mbere bajyaga batwambura imyaka twahinze bigasaba ko tugenda tubahorera (kubaha ku byo basaruraga) ariko ubu ntakibazo.”

Umupaka wa Kamanyola ufasha abaturage b’impande zombi mu buhahirane bushingiye ku bucuruzi bw’ibiribwa, wari wafunzwe ku wa Mbere w’iki cyumweru kubera imirwano, nyuma umutwe wa M23 uza gushwiragiza ingabo za Leta ya Congo zari kumwe n’iz’u Burundi na Wazalendo.

M23 ni yo icunga Kamanyola
Ku mupaka inzira zongeye kuba nyabagendwa
Abacuruzi na bo bongeye kwambuka

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 13 =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

Next Post

The “axis of evil”

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The “axis of evil”

The "axis of evil"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.