Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abibonaniye n’abarwanyi ba M23 muri Kamanyola bavuze ibyo bababonyeho byabatunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Umupaka wa Kamanyola uhuza u Rwanda na Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, wongeye gukora nyuma y’imisi micye ufunzwe kubera intambara yari hakurya, bituma Abanyekongo bari bahunze batangira guhunguka, bamwe banagarutse mu Rwanda gutwara ibyo bari basize, bavuga ko biboneye abarwanyi ba M23 ariko batunguwe n’ubunyamwuga bababonanye buhabanye kure n’imyitwarire ya FARDC.

Uyu mupaka wari wafunzwe ku wa Mbere nyuma yuko hari Abanyekongo bari bamaze guhungira mu Rwanda baturutse Kamanyola nyuma iyi santere iza gufatwa n’ingabo z’Ihuriro AFC/M23 ari na zo ziri kugenzura uyu mupaka.

Nyuma yuko uyu mupaka wongeye gukora, bamwe mu Banyekongo bari bahunze imirwano, batangiye gusubira iwabo kuko babona umutekano wagarutse.

Aziza Magambo ati “Ejo nagiyeyo, nasanze abasirikare ba M23 muri duwani ndabasuhuza na bo baransuhuza, nageze mu rugo nsanga ntakibazo nari nagarutse gutwara abana ubu ndatashye iwacu.”

Uretse abahunguka, hari n’abandi banyekongo baturuka hakurya baza mu Rwanda guhaha ibyo kurya bavuga ko bishimira uko bari koroherezwa bakambukira ku marangamuntu.

Tabashwa Mahara ati “Mvuye mu Rwanda guhaha ibyo kurya. M23 ikigera muri Kafunda ntabwo twirutse nta n’ubwo bigeze batwakura, ubu batwemereye kwambuka dukoresheje indangamuntu tubona uko tuza mu Rwanda gushesha imyumbati.”

Si Abanyekongo gusa bishimira umutuzo wagarutse muri Kamanyola no gufugungurwa k’umupaka, kuko n’Abanyarwanda basanzwe bambuka hafi ya buri munsi mu mirimo itandukanye irimo n’ubuhinzi, bavuga ko ubu hari impinduka bitandukanye na mbere.

Nyirahabimana Julienne agira ati “Mvuye mu murima hakurya muri Congo ibi ni ibigori nikoreye mbere bajyaga batwambura imyaka twahinze bigasaba ko tugenda tubahorera (kubaha ku byo basaruraga) ariko ubu ntakibazo.”

Umupaka wa Kamanyola ufasha abaturage b’impande zombi mu buhahirane bushingiye ku bucuruzi bw’ibiribwa, wari wafunzwe ku wa Mbere w’iki cyumweru kubera imirwano, nyuma umutwe wa M23 uza gushwiragiza ingabo za Leta ya Congo zari kumwe n’iz’u Burundi na Wazalendo.

M23 ni yo icunga Kamanyola
Ku mupaka inzira zongeye kuba nyabagendwa
Abacuruzi na bo bongeye kwambuka

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + nineteen =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

Next Post

The “axis of evil”

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The “axis of evil”

The "axis of evil"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.