Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abigiye kuri Buruse ya Leta banze kwishyura basabwe kurya bari menge ko hari ikibategereje

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abigiye kuri Buruse ya Leta banze kwishyura basabwe kurya bari menge ko hari ikibategereje
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru na za Kaminuza, ivuga ko hari abize ku nguzanyo ya Leta, ubu bakaba bari no mu myanya myiza ariko banze kwishyura, gusa ikavuga ko bitinde bitebuke bose bagomba kuzishyura ndetse ko hari n’ibyo bashobora kuzakomwaho mu gihe batarishyura.

Byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 30 Mutarama 2023 ubwo hamenyekanishwaga itegeko rishya rijyanye no kwishyuza abantu bose bize bahawe inguzanyo y’inkunga ya Leta.

Imyaka itandatu irashize Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere DRB ihawe umukoro wo kwishyuza amafaranga Leta yatanze ku banyeshuri bize muri kaminuza ku nguzanyo ya Leta kuva mu myaka 37 ishize.

Ni amafaranga yatanzwe ku banyeshuri aherekejwe n’amabwiriza y’uburyo butatu butandukanye bijyanye n’igihe bigiye.

Ariko icyo bahuriraho ni uko batishyura nubwo hatagaragazwa umubare w’abari mu mpapuro z’abo basabwa kwishyura.

BRD ivuga ko kuva muri 2016 ihawe izi nshingano zo kwishyuza izi nguzanyo, imaze kwishyuza abantu ibihumbi 29, bishyuye miliyari 21 Frw.

Iyi banki itangaza ko abatari bishyura ari bo benshi, kandi ko hari gukorwa igikorwa cyo kubamenya, kandi ko nibamara kuboneka, hari itegeko ryamaze kwemezwa ribaha imbaraga zo kwishyura ku ngufu ndetse bigaherekezwa n’ibihano.

Umuyobozi Mukuru w’ Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru na za Kaminuza, Dr. Rose Mukankomeje avuga ko hari n’abanze kwishyura kandi bari mu myanya myiza bahembwa agatubutse.

Avuga ko abantu banze kwishyura ari benshi kandi ko mu gihe bakwishyura byatanga umusanzu mu gutanga inguzanyo zafasha barumuna babo cyangwa abana babo na bo kuba bakomeza amasomo.

Ati “Abantu bose bishyuriwe, ni benshi kandi, bari mu myanya myiza hari n’abari mu rwego bita informal, hari abacururiza mu kirere na ba bandi ba mituyu. Buri muntu wese niyo twashyiramo rimwe buri wese agenda yishyura, rwose dushobora kuba twabona amafaranga menshi tukaba twafasha abana bacu.”

Dr Mukankomeje avuga ko hari n’abagaruka bagasaba inguzanyo yo kujya kwiga mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza, kandi batarishyura n’ayo bishyuriwe mu bindi byiciro.

Ati “Tukamubaza tuti ‘none se wishyuriwe nande?’ ati ‘nishyuriwe na Leta’ tuti ‘warishyuye se?’ ati ‘Oya, nta mafaranga ndabona’. None se hari umuntu uguhera ideni ku rindi?”

Uyu muyobozi w’Inama Nkuru y’amashuri makuru na za Kaminuza, akomeza aburira abanze kwishyura ko igihe kizagera bakishyuzwa.

Ati “Ntacyo bitwaye, ideni ntirisaza, cyakora ntabwo tuzaryishyuza umwana kubera ko se yananiwe kwishyura, tuzaryishyuza wa wundi wabonye umurimo. Ariko hari n’igihe hazagera wajya gusaba ideni muri BRD cyangwa mu yindi banki y’ubucuruzi, basanga ufite ideni ryo kuba warize na byo bikaba byagukanda.”

BRD igira inama umuntu wese uzi ko yize ku nguzanyo ya Leta, yaba ufite akazi n’utagafite, bose bakwiye kwimenyekanisha mu gihe bamaze imyaka ibiri bararangije kwiga.

Iyi Banki ivuga ko uburyo bushya bwashyizweho, buzayifasha gukurikirana abantu bose barebwa no kwishyura izi nguzanyo, ku buryo mu minsi iri imbere bazajya babimenyeshwa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

DRC: Podium yagombaga kuzifashishwa na Papa yahanutse bitunguranye

Next Post

Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.