Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abigiye kuri Buruse ya Leta banze kwishyura basabwe kurya bari menge ko hari ikibategereje

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abigiye kuri Buruse ya Leta banze kwishyura basabwe kurya bari menge ko hari ikibategereje
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru na za Kaminuza, ivuga ko hari abize ku nguzanyo ya Leta, ubu bakaba bari no mu myanya myiza ariko banze kwishyura, gusa ikavuga ko bitinde bitebuke bose bagomba kuzishyura ndetse ko hari n’ibyo bashobora kuzakomwaho mu gihe batarishyura.

Byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 30 Mutarama 2023 ubwo hamenyekanishwaga itegeko rishya rijyanye no kwishyuza abantu bose bize bahawe inguzanyo y’inkunga ya Leta.

Imyaka itandatu irashize Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere DRB ihawe umukoro wo kwishyuza amafaranga Leta yatanze ku banyeshuri bize muri kaminuza ku nguzanyo ya Leta kuva mu myaka 37 ishize.

Ni amafaranga yatanzwe ku banyeshuri aherekejwe n’amabwiriza y’uburyo butatu butandukanye bijyanye n’igihe bigiye.

Ariko icyo bahuriraho ni uko batishyura nubwo hatagaragazwa umubare w’abari mu mpapuro z’abo basabwa kwishyura.

BRD ivuga ko kuva muri 2016 ihawe izi nshingano zo kwishyuza izi nguzanyo, imaze kwishyuza abantu ibihumbi 29, bishyuye miliyari 21 Frw.

Iyi banki itangaza ko abatari bishyura ari bo benshi, kandi ko hari gukorwa igikorwa cyo kubamenya, kandi ko nibamara kuboneka, hari itegeko ryamaze kwemezwa ribaha imbaraga zo kwishyura ku ngufu ndetse bigaherekezwa n’ibihano.

Umuyobozi Mukuru w’ Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru na za Kaminuza, Dr. Rose Mukankomeje avuga ko hari n’abanze kwishyura kandi bari mu myanya myiza bahembwa agatubutse.

Avuga ko abantu banze kwishyura ari benshi kandi ko mu gihe bakwishyura byatanga umusanzu mu gutanga inguzanyo zafasha barumuna babo cyangwa abana babo na bo kuba bakomeza amasomo.

Ati “Abantu bose bishyuriwe, ni benshi kandi, bari mu myanya myiza hari n’abari mu rwego bita informal, hari abacururiza mu kirere na ba bandi ba mituyu. Buri muntu wese niyo twashyiramo rimwe buri wese agenda yishyura, rwose dushobora kuba twabona amafaranga menshi tukaba twafasha abana bacu.”

Dr Mukankomeje avuga ko hari n’abagaruka bagasaba inguzanyo yo kujya kwiga mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza, kandi batarishyura n’ayo bishyuriwe mu bindi byiciro.

Ati “Tukamubaza tuti ‘none se wishyuriwe nande?’ ati ‘nishyuriwe na Leta’ tuti ‘warishyuye se?’ ati ‘Oya, nta mafaranga ndabona’. None se hari umuntu uguhera ideni ku rindi?”

Uyu muyobozi w’Inama Nkuru y’amashuri makuru na za Kaminuza, akomeza aburira abanze kwishyura ko igihe kizagera bakishyuzwa.

Ati “Ntacyo bitwaye, ideni ntirisaza, cyakora ntabwo tuzaryishyuza umwana kubera ko se yananiwe kwishyura, tuzaryishyuza wa wundi wabonye umurimo. Ariko hari n’igihe hazagera wajya gusaba ideni muri BRD cyangwa mu yindi banki y’ubucuruzi, basanga ufite ideni ryo kuba warize na byo bikaba byagukanda.”

BRD igira inama umuntu wese uzi ko yize ku nguzanyo ya Leta, yaba ufite akazi n’utagafite, bose bakwiye kwimenyekanisha mu gihe bamaze imyaka ibiri bararangije kwiga.

Iyi Banki ivuga ko uburyo bushya bwashyizweho, buzayifasha gukurikirana abantu bose barebwa no kwishyura izi nguzanyo, ku buryo mu minsi iri imbere bazajya babimenyeshwa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − two =

Previous Post

DRC: Podium yagombaga kuzifashishwa na Papa yahanutse bitunguranye

Next Post

Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.