Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abigiye kuri Buruse ya Leta banze kwishyura basabwe kurya bari menge ko hari ikibategereje

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abigiye kuri Buruse ya Leta banze kwishyura basabwe kurya bari menge ko hari ikibategereje
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru na za Kaminuza, ivuga ko hari abize ku nguzanyo ya Leta, ubu bakaba bari no mu myanya myiza ariko banze kwishyura, gusa ikavuga ko bitinde bitebuke bose bagomba kuzishyura ndetse ko hari n’ibyo bashobora kuzakomwaho mu gihe batarishyura.

Byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 30 Mutarama 2023 ubwo hamenyekanishwaga itegeko rishya rijyanye no kwishyuza abantu bose bize bahawe inguzanyo y’inkunga ya Leta.

Imyaka itandatu irashize Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere DRB ihawe umukoro wo kwishyuza amafaranga Leta yatanze ku banyeshuri bize muri kaminuza ku nguzanyo ya Leta kuva mu myaka 37 ishize.

Ni amafaranga yatanzwe ku banyeshuri aherekejwe n’amabwiriza y’uburyo butatu butandukanye bijyanye n’igihe bigiye.

Ariko icyo bahuriraho ni uko batishyura nubwo hatagaragazwa umubare w’abari mu mpapuro z’abo basabwa kwishyura.

BRD ivuga ko kuva muri 2016 ihawe izi nshingano zo kwishyuza izi nguzanyo, imaze kwishyuza abantu ibihumbi 29, bishyuye miliyari 21 Frw.

Iyi banki itangaza ko abatari bishyura ari bo benshi, kandi ko hari gukorwa igikorwa cyo kubamenya, kandi ko nibamara kuboneka, hari itegeko ryamaze kwemezwa ribaha imbaraga zo kwishyura ku ngufu ndetse bigaherekezwa n’ibihano.

Umuyobozi Mukuru w’ Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru na za Kaminuza, Dr. Rose Mukankomeje avuga ko hari n’abanze kwishyura kandi bari mu myanya myiza bahembwa agatubutse.

Avuga ko abantu banze kwishyura ari benshi kandi ko mu gihe bakwishyura byatanga umusanzu mu gutanga inguzanyo zafasha barumuna babo cyangwa abana babo na bo kuba bakomeza amasomo.

Ati “Abantu bose bishyuriwe, ni benshi kandi, bari mu myanya myiza hari n’abari mu rwego bita informal, hari abacururiza mu kirere na ba bandi ba mituyu. Buri muntu wese niyo twashyiramo rimwe buri wese agenda yishyura, rwose dushobora kuba twabona amafaranga menshi tukaba twafasha abana bacu.”

Dr Mukankomeje avuga ko hari n’abagaruka bagasaba inguzanyo yo kujya kwiga mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza, kandi batarishyura n’ayo bishyuriwe mu bindi byiciro.

Ati “Tukamubaza tuti ‘none se wishyuriwe nande?’ ati ‘nishyuriwe na Leta’ tuti ‘warishyuye se?’ ati ‘Oya, nta mafaranga ndabona’. None se hari umuntu uguhera ideni ku rindi?”

Uyu muyobozi w’Inama Nkuru y’amashuri makuru na za Kaminuza, akomeza aburira abanze kwishyura ko igihe kizagera bakishyuzwa.

Ati “Ntacyo bitwaye, ideni ntirisaza, cyakora ntabwo tuzaryishyuza umwana kubera ko se yananiwe kwishyura, tuzaryishyuza wa wundi wabonye umurimo. Ariko hari n’igihe hazagera wajya gusaba ideni muri BRD cyangwa mu yindi banki y’ubucuruzi, basanga ufite ideni ryo kuba warize na byo bikaba byagukanda.”

BRD igira inama umuntu wese uzi ko yize ku nguzanyo ya Leta, yaba ufite akazi n’utagafite, bose bakwiye kwimenyekanisha mu gihe bamaze imyaka ibiri bararangije kwiga.

Iyi Banki ivuga ko uburyo bushya bwashyizweho, buzayifasha gukurikirana abantu bose barebwa no kwishyura izi nguzanyo, ku buryo mu minsi iri imbere bazajya babimenyeshwa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − one =

Previous Post

DRC: Podium yagombaga kuzifashishwa na Papa yahanutse bitunguranye

Next Post

Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.