Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abijanditse mu butekamutwe bwijujutirwa na benshi mu Rwanda akabo kashobotse

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in MU RWANDA
0
Abijanditse mu butekamutwe bwijujutirwa na benshi mu Rwanda akabo kashobotse
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize hanze amabwiriza yo gukumira no kurwanya ubujura bukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya Telefone, arimo ko Sim Card izajya igaragara ko ibukoreshwamo izajya ikurwa ku murongo ndetse n’izindi zose zihuriye irangamuntu zibaruyeho.

Hamaze iminsi humvikana abatekamutwe bahamagara abantu bababwira ko batsindiye amafaranga kandi ko kugira ngo bayabone bagomba kubabwira ijambo ry’ibanga rya Mobile Money yabo, ndetse n’abohereza abantu ubutumwa bababwira ngo “ya mafaranga uyohereze kuri iyi nimero…”

Bamwe mu badashishoje bohererezwa ubu butumwa kimwe n’abahamagarwa n’abo batekamutwe, babiba amafaranga yabo, ntibabone n’aho babariza.

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize hanze amabwiriza ruvuga ko agamije “gukumira no kurwanya ubujura n’ibindi byaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, by’umwihariko ibikorerwa kuri telefone.”

Muri aya mabwiriza, RURA ivuga ko “Serivisi zo kwibaruzaho simukadi cyangwa gukora “SIM swap” zizajya zitangirwa gusa mu nyubako zagenwe n’ibigo by’itumanaho; ahandi nko ku mihanda, kuri za kiyosike no mu ngo ntibyemewe.”

Amabwiriza ya RURA akomeza agira ati “Simukadi izajya igaragara mu bikora by’ubujura, cyangwa mu bindi byaha, izajya ivanwa ku murongo, hamwe n’izindi simukadi zose zibaruye ku ndangamuntu ya nyirayo.”

RURA kandi yaboneyeho kwibutsa ko abakozi bose b’ibigo by’itumanaho cyangwa ababihagarariye bazwi nka Agent, bazajya bagaragarwaho ibikorwa by’ubujura cyangwa bindi byaha bikorerwa kuri telefone, bazajya babihanirwa.

RURA ikomeza inagira inama abantu kwirinda kuba batiza simukadi zibabaruyeho “mu rwego rwo kwirinda ko ishobora gukoreshwa mu bikorwa by’ubujura, cyangwa ibindi byaha bikorwa hifashishijwe simukadi”

Igakomeza igira iti “Gushishoza mu gihe muhamagawe cyangwa mwakiriye ubutumwa bubasaba amafaranga ndetse n’ubundi bushukanyi bwiyitirira ibigo byitumanaho n’izindi nzego zitandukanye.”

Nanone kandi abantu basabwe kujya bagenzura simukadi zibabaruyeho cyangwa no kuziyandukuzaho bakoresheje uburyo bwagenwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Hashyinzwe hanze ukuri ku byavugishije benshi byagaragaye kuri The Ben n’umukobwa w’ikimero

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Urwunguko rwa Banki Nkuru y’u Rwanda rwagabanyijwe hagaragazwa n’ibyashingiweho

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Urwunguko rwa Banki Nkuru y’u Rwanda rwagabanyijwe hagaragazwa n’ibyashingiweho

AMAKURU AGEZWEHO: Urwunguko rwa Banki Nkuru y’u Rwanda rwagabanyijwe hagaragazwa n’ibyashingiweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.