Abaturage bo mu Kagari ka Arusha, Umurenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu baravuga ko bashenguwe n’impfu z’abantu batandatu bikekwa ko bazize inzoga itujuje ubuziranenge, bagiye bapfa inkurikirane.
Ni impfu bikekwa ko zatewe n’inzoga y’inkorano ikorwa mu birimo alukolo, tineur na kanyanga banyoye mu Mudugudu wa Bukinanyana mu Kagari ka Arusha.
Uwa mbere mu bapfuye, yitabye Imana ku wa Gatandatu mu gihe uwa gatandatu ari umushumba bamusanze mu kiraro kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kamena 2026.
Abaturage bo muri aka gace bavuga ko amakuru y’impfu z’aba bantu, yababereye ishyano ryabagwiriye kuko aba baturanyi babo bitabye Imana mu buryo butunguranye.
Duhimbaze Fiston agira ati “Wumvaga umwe ngo yapfuye, mu wundi mwanya ngo hapfuye undi, ariko urupfu rwabo rwatubababaje, gusa niba bari kumwe ntabwo natwe tubizi.”
Ntezirindi Theogene na we yagize ati “Ni kwa kundi umuntu ayinywa ukumva ngo umuntu yapfuye mu gitondo, ukabaza aho yanywereye ukahamenya, undi ukurikiyeho arapfa umenye ahantu yanywereye.”
Aba baturage bavuga ko uwa mbere witabye Imana azize iyi nzoga, ari umukecuru, wakurikiwe n’undi washizemo umwuka ku Cyumweru, bakemeza kandi ko bose bari banyoye iyo nzoga.
Turikubwayo Bernard avuga ko aba bantu bose bagiye bapfa mu buryo bw’amarabira, kuko bamwe bari babaherukaga ari bazima, bakajya kumva bakumva ngo bitabye Imana.
Ati “Mbese ni agahinda mbega birababaje cyane ntawamenya uko abibara, kugira ngo ube uri kumwe n’umuntu nimugoroba, mu kandi kanya wumve ngo agiye kwa muganga, mu kandi kanya ngo ahise agwa mu Bitaro.”
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette wanagiranye ikiganiro n’abaturage kuri uyu wa Mbere, yavuze ko bakurikije amakuru y’ibanze yakusanyijwe n’inzego, agaragaza ko bariya bantu bazize ibyo bariye cyangwa banyoye bitujuje ubuziranenge, kuko babanje gutaka ko baribwa ibice binyuranye nko mu nda n’umutwe.
Yaboneyeho kugira inama abaturage kutajya barya cyangwa banywa ibyo batazi aho byaturutse cyangwa batakoreye ubushishozi buhagije byumwihariko inzoga z’inkorano.
RADIOTV10




