Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abofisiye bo mu Bihugu 9 biga mu Rwanda bagiye kumara icyumweru muri Qatar

radiotv10by radiotv10
30/04/2024
in MU RWANDA
0
Abofisiye bo mu Bihugu 9 biga mu Rwanda bagiye kumara icyumweru muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Abofisuye bakuru 34 bo mu Bihugu icyenda (9) byo ku Mugabane wa Afurika, biga mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC), bari mu rugendo-shuri muri Qatar ruzamara icyumweru.

Aba Bofisiye biga mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze, batangiye uru rugendo shuri muri Qatar ku Cyumweru tariki 28 Mata 2024.

Ni muri gahunda y’amasomo y’umwaka umwe bamara biga muri iryo shuri, aho kuri iyi nshuro yayo ya 12, yitabiriwe na ba Ofisiye baturuka mu bihugu 9 by’Afurika ari byo; u Rwanda, Botswana, Somalia, Kenya, Lesotho, Malawi, Namibia, Sudani y’Epfo na Tanzania.

Ku nsanganyamatsiko igira iti “Iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza, ubutabera n’imiyoborere myiza nk’inkingi y’amahoro n’umutekano”, uru rugendo shuri rwateguwe mu rwego rwo kubafasha guhuza amasomo bigira mu ishuri n’akazi gakorerwa aho basura n’uruhare bigira mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza, imiyoborere n’ubutabera ndetse n’amahoro n’umutekano.

Ku munsi wa mbere w’urugendo-shuri, basuye ishuri rya Polisi rya Doha, bakirwa na Perezida w’iryo shuri, Brig. Gen Abdul Rahman Majid al-Sulaiti.

Batemberejwe muri iryo shuri, berekwa ibice bitandukanye birigize birimo ibyumba bitangirwamo amahugurwa atandukanye arimo ajyanye no gukumira ibyaha, ipererereza no gukurikirana ibyaha ndetse n’ahatangirwa imyitozo yo kurasa.

Biteganyijwe ko muri uru rugendo-shuri bazasura Ishami rishinzwe kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, Inzu ndangamurage ya Qatar n’ahandi hatandukanye.

Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi, Commissionner of Police (CP) Rafiki Mujiji, yavuze ko urugendo-shuri rukorwa n’abanyeshuri; haba urukorerwa imbere mu Gihugu n’urwo hanze, biba biri muri gahunda y’amasomo ahabwa ba Ofisiye bakuru bo mu nzego zishinzwe kubahiriza amategeko kugira ngo bibafashe kunguka ubumenyi ku bikorerwa mu kazi no kubihuza n’inyigisho bigiye mu ishuri.

Ba ofisiye bakuru mu nzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bamara igihe cy’umwaka mu Ishuri rikuru rya Polisi (NPC), bahabwa amasomo akubiye mu bice bitandukanye, arimo ay’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’amahoro no gukemura amakimbirane, ubumenyi ku miyoborere n’ajyanye n’ibikorwa byo kubungabunga amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 5 =

Previous Post

Basketball: Menya igisabwa ngo APR ihagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika-BAL izagere mu mikino ya nyuma

Next Post

Museveni yeruriye Ibihugu bikize ko ibikorerwa Afurika ngo itere imbere ari byo biyigwingiza

Related Posts

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'inzu mberabyombi biyubakiye ku bufatanye n'Ubuyobozi...

IZIHERUKA

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor
MU RWANDA

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni yeruriye Ibihugu bikize ko ibikorerwa Afurika ngo itere imbere ari byo biyigwingiza

Museveni yeruriye Ibihugu bikize ko ibikorerwa Afurika ngo itere imbere ari byo biyigwingiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.