Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Nshuti Muheto Divine wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2022, yahishuye byinshi kuri we, avuga ko asanzwe ari umukunzi wa Rayon na Manchester United, akaba akunda film ziteye ubwoba ndetse ngo iyo agiye ku meza agasangaho ifiriti ahita amwenyura.

Nshuti Muheto Divine wegukanye irushanwa rya Miss Rwanda 2022 ryasojwe mu mpera z’icyumweru gishize, yahishuye bimwe mu biteye amatsiko kuri we birimo ibyo akunda kurya, amakipe akunda ndetse n’uburyo yiyumvaga akimara gutangazwa ko yegukanye ikamba.

Miss Nshuti Muheto Divine yavuzweho cyane ubwo yinjiraga muri iri rushanwa, bamwe bavuga ko ari we ukwiye ikamba mu gihe abandi babirwanyaga bavuga ko batangiye kumukorera ubukangurambaga muri iri rushanwa ryanavuzweho uburiganya.

Avuga ko ibyamuvugwaho bimwe byamuteraga imbaraga zo gukora cyane kugira ngo aryegukane koko.

Ati “Ibitekerezo byazaga bimwe ari bibi ibindi ari byiza, ikintu nakoze nibanze ku byiza bimpa imbaraga zo kuba nakomeza gukora.”

Mu kiganiro yagarutse kuri byinshi birimo ibihe bidasanzwe yagiriye mu mwiherero, icyakomeje kumuha imbaraga zo gukora cyane, yanagarutse kuri bimwe mu biteye amatsiko kuri we.

Abahanzi nyarwanda akunda, barimo Mike Kayihura, Bruce Melodie ndetse n’abanyamahanga nk’umuraperi mpuzamahanga, Drake n’umunyamerika Kendrick Lamar, na Beyonce.

Naho ku bijyanye n’umupira, avuga ko ajya awukurikira ndetse ko asanzwe afana Rayon mu Rwanda na Manchester United mu mahanga.

Uyu munyarwandakazi uvuga ko akunda guseka, avuga ko iyo agiye ku meza agasangaho ifiriti, amwenyura kuko asanzwe ayikunda, agakunda kubyino imbyino zigezweho ubundi no kureba film ngo ni ibintu bye by’umwihariko akaba akunda film ziteye ubwoba [Horror].

Ati “impamvu nkunda film ziteye ubwoba, ziba zifite inkuru utazi uko izarangira, akenshi film zisanzwe [adventure, drama, romantic] uba ukekeranya ngo zishobora kuzarangira wenda bariya babanye ishobora kurangira uriya agiye mu kindi Gihugu ariko ikiza cya horror movie uhora utegerezanyije amatsiko ikintu cyose kigiye kuba…ni byo byiza kurenza ibintu ushobora gutekereza uko bizarangira.”

Nshuti Divine Muheto

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 12 =

Previous Post

Uganda: Perezida w’Inteko wapfuye habura iminsi micye ngo agire isabukuru yayizihirijwe n’umuryango we

Next Post

U Bwongereza bwahaye Ukraine Misile 6.000 na Miliyoni 25£ byo guhangana n’u Burusiya

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bwongereza bwahaye Ukraine Misile 6.000 na Miliyoni 25£ byo guhangana n’u Burusiya

U Bwongereza bwahaye Ukraine Misile 6.000 na Miliyoni 25£ byo guhangana n’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.