Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

radiotv10by radiotv10
11/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana ku rugamba, rigaragaza bamwe mu bana ryafashe.

Amashusho yashyizwe hanze n’iri huriro AFC/M23, agaragaza umwe mu bagize iri huriro yereka abaturage bamwe mu barwanaga ku ruhande bahanganye baherutse gufatirwa mpiri muri Kalehe, barimo abana bigaragara ko ari bato cyane.

Uyu wo muri AFC/M23 agira ati “Leta nzima igafata umwana nk’uyu ikamuha imbunda…ari kuvuga ngo afite imyaka 16, ariko ntayo.”

Akomeza avuga ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kugaragaza ko budaha agaciro abaturage b’iki Gihugu, ati “Niba koko Leta ya Kinshasa ari umubyeyi atari umwicanyi, umwana w’undi wamufata koko ukamujyana muri ririya shyamba? Wafata uru ruhinja ukaruhereza imbunda?”

Akomeza avuga ko abana nk’aba bari bakwiye kuba bari kwiga aho kubinjiza mu gisirikare, ariko ko ubutegetsi bwa Congo bwiyemeje kurangwa n’amarorerwa, butagira isoni zo kubakoresha mu bikorwa bya gisirikare.

AFC/M23 yagaragaje abana bato bafatiwe ku rugamba

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka na we yifashishije ubu butumwa bw’amashusho bwatanzwe n’umwe mu bagize iri huriro wagaragaje aba bana bafatiwe ku rugamba, yamaganye yivuye inyuma ibi bikorwa by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu butumwa yanditse kuri iki Cyumweru tariki 10 Kanama 2025, Lawrence Kanyuka yagize ati “AFC/M23 yababajwe kandi yamaganye yivuye inyuma ishyirwa mu gisirikare ry’abana rikorwa n’abahuzamugambi b’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Yavuze ko aba barwanyi bafashwe tariki 28 Nyakanga 2025 ubwo umutwe wa Nyatura ufasha Leta bagabaga ibitero kuri M23 mu gace ka Nyamugali mu misozi miremire ya Kalehe, ahafatiwe abarwanyi benshi barimo abana bataruzuza imyaka y’ubukure.

Ati “Ibi bikorwa byo kudahana birakomeje, nyamara hari Imiryango ivuga ko irengera uburenganzira bwa muntu muri rusange kimwe n’ivuga ko byumwihariko irwanya kwinjiza abana mu bikorwa bya gisirikare.”

Lawrence Kanyuka akomeza avuga ko bibabaje kubona ubutegetsi bwa Congo bukomeje gukora ibikorwa nk’ibi, ntibyamaganwe n’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu BCNUDH, ahubwo bigashinja Ihuriro AFC/M23 ibirego bidafite ishingiro.

Ati “Uku kuruca bakarumira kwabo bitera kwibaza ku kutabogama kwabo ndetse no kugirwa ibikoresho bya politiki.”

Ni nyuma yuko hasohowe raporo ebyiri zishinja iri Huriro rya AFC/M23 kwica abaturage benshi b’abasivile, mu gihe ryo ryabyamaganiye kure rivuga ko ibikubiye muri ziriya raporo, ari ibihimbano kandi ko abazishyize hanze batigeze bakora ubucukumbuzi ku makuru batangaje.

Lawrence Kanyuka yamaganye ibi biriho bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

Next Post

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.