Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ko ishobora kuba yiteguye urugamba rukomeye

radiotv10by radiotv10
03/06/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro rya AFC/M23 riravugwaho gukaza imbaraga mu bice byinshi bisanzwe birimo ibirindiro by’abarwanyi baryo birimo ibyo muri Masisi na Walikale, bivugwa ko bigamije kujya gufata umujyi wa Pinga.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko abagihaye amakuru benshi bemeza ko uku gukaza ibirindiro bya AFC/M23 byatangiye mu mpera z’icyumweru gihshize aho ku wa Gatanu tariki 30 Gicurasi hagaragaye imodoka zitwaye abasirikare n’ibikoresho mu bice bya Masisi-Nyabiondo-Kasopo ndetse na za Nyabiondo-Kinyumba muri Teritwari ya Masisi.

Amakuru ava mu gace ka Nyabiondo, avuga ko amakamyo arindwi yo mu bwoko bwa Kamaz yageze muri uyu mujyi mu ijoro ryo ku wa Gatanu, bucyeye bwaho ku wa Gatandatu haza andi ane.

Nanone kandi abasirikare ndetse n’ibikoresho byinshi, byoherejwe mu gace ka Kinyumba ku ruzitiro rwa Nyabiondo-Mutongo, ndetse no mu gace ka Kasopo ku ruzitiro rwa Kaandja-Buhimba, muri Teritwari ya Masisi kimwe no mu gace ka Kashebere n’aka Kibati, muri Teritwari ya Walikale.

Iki kinyamakuru kivuga ko aya makuru cyayahamirijwe na bamwe mu bayobozi mu nzego bwite za Leta n’iz’umutekano muri ibi bice bikomeje kongerwamo imbaraga n’ihuriro rya AFC/M23.

Nanone kandi ku bice bishyira Kalembe-Kalonge-Pinga, kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, hagaragaye n’ubundi urujya n’uruza rw’abasirikare n’ibikoresho bigamije kongerera imbaraga ibirindiro by’abarwanyi b’iri Huriro.

Uwo muri Gurupoma ya Kisimba wahaye amakuru iki kinyamakuru, avuga ko AFC/M23 yakoresheje inama abaturage ba Kalembe, ndetse ko muri iyo nama iri Huriro ryemeje ko rigiye kurwana rishaka kubohoza umujyi wa Pinga. Nanone kandi undi watanze amakuru avuga ko mu gace ka Mpety hoherekwe intwaro za rutura zigamije gutangiza ibi bitero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + five =

Previous Post

Uko ijambo Fayulu yahereyemo ubutumwa Kabila rishobora kumuhuza na Tshisekedi batavuga rumwe

Next Post

Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Asia yasuye Algeria yo mu Majyaruguru ya Afurika

Related Posts

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Asia yasuye Algeria yo mu Majyaruguru ya Afurika

Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Asia yasuye Algeria yo mu Majyaruguru ya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.