Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

radiotv10by radiotv10
19/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura abarwanyi baryo mu Mujyi wa Uvira, ariko ko icyazabashimisha kurushaho, ari ukuzabona abatuye uyu mujyi barindwa inkozi z’ibibi z’uruhande bahanganye.

Byatangajwe n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Betrand Bisimwa mu butumwa yatanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukuboza 2025, nyuma y’umunsi umwe iri Huriro ritangiye gukura abarwanyi baryo muri uyu Mujyi ryari riherutse kubohoza.

Yagize ati “Ni byiza cyane kubona ingabo za M23 ziva muri Uvira, ariko byazaba byiza kurushaho kubona Uvira n’abaturage bayo bafite umutekano, bakarindwa abarwanyi b’inkozi z’ibibi ndetse n’ingengabitekerezo yabo.”

AFC/M23 yari yafashe Umujyi wa Uvira mu cyumweru gishize, aho yabyemeje tariki 10 Ukuboza 2025, ariko nyuma y’iminsi itanu, tariki 16 Ukuboza itangaza ko yemeye kurekura uyu mujyi nyuma yo kubisabwa n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Mu itangazo ry’iri Huriro ryo kurekura uyu mujyi, ryavuze ko ryifuza ko uzasigaramo ingabo zidafite uruhande zibogamiyeho, kugira ngo ryizere ko nta bindi bikorwa bibi bizongera kuwubamo nk’ibyakorwaga n’uruhande bahangaye rugizwe na FARDC, igisirikare cy’u Burundi n’imitwe nka FDLR na Wazalendo.

Ubwo iri Huriro ryatangaza ko rigiye gukura abarwanyi baryo muri uyu Mujyi, abawutuyemo baramukiye mu mihanda bagaragaza ko batishimiye iki cyemezo, kuko bari bamaze kabiri basinzira batabuzwa umutekano n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa.

AFC/M23 yavuze ko gufata kiriya cyemezo cyo kurekura uriya mujyi, bigamije guha amahirwe inzira z’ibiganiro biri kubera i Doha bihuza iri Huriro na Leta ya Congo Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 6 =

Previous Post

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

19/12/2025
Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

19/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

19/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.