Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

radiotv10by radiotv10
08/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga ko ibizikubiyemo ari ibinyoma byambaye ubusa.

Uku kwamagana izi raporo zirimo iy’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu UNJHRO (UN Joint Human Rights Office) ndetse n’iya Komisiyo y’uyu Muryango ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR), bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Lawrence Kanyuka, Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki kuri uyu wa Kane tariki 07 Kanama 2025.

Izi Raporo zasohotse tariki 28 Nyakanga n’iya 06 Kanama 2025 zivuga ko AFC/M23 yagize uruhare mu mpfu z’abantu 488 barimo 169 bo muri Raporo ya mbere n’abandi 319 mu yindi, Kanyuka avuga iri Huriro “ryamaganye ryivuye inyuma ibi birego by’ibinyoma” ibizikubiyemo.

Kanyuma akomeza avuga ko ibikubiye muri izi raporo, biri mu murongo wamaze gufatwa na zimwe mu nzego z’Umuryango w’Abibumbye ziyemeje kubogama no gutangaza ibinyoma bidafitiwe ibimenyetso.

Agaragaza iburabimenyetso ry’ibi byatangajwe muri izi raporo, Kanyuka yagize ati “Ibice byavuzwe muri raporo (Kanyakiri, Kigaligali, Dubai, Katanga, Lubumbashi, kasave, Kakoro na Busesa) biri muri Pariki ya Virunga, igice gikumiriwe, ahabujijwe gukorerwa ibikorwa by’ubuhinzi. Ni gute abahinzi biciwe mu bice bidakorerwamo ubuhinzi?”

Kanyuka uvuga ko UNJHRO yatangaje amakuru itakoreye ubugororangingo itanabanje kureba ukuri kwayo, yavuze ko ubuyobozi bw’uyu muryango bufite icyicaro i Kinshasa, butangaza amakuru bwahawe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, aho kugira ngo bwikorere ubugenzuzi ku giti cyabo.

Kuri Raporo ya OHCHR, Kanyuka avuga ko abatangabuhamya b’ibanze bayo muri iriya raporo yabo, ari Wazalendo, FDLR, RUD Urunana ndetse na Raporo y’Inama y’Urubyiruko rwo muri Teritwari ya Rutshuru, akavuga ko ari “igisebo” kubona bashingira ku makuru bahawe n’aba bantu barimo imitwe yitwaje intwaro ihora yica abantu.

Ati “Ni gute Imiryango itari no mu bice byabohojwe yatanga amakuru yizewe? Turasaba ko hakorwa iperereza ryigenga kandi hagatumirwa imiryango yatanze raporo ikarigiramo uruhare.”

Umuvugizi wa AFC/M23 kandi yagaragaje ko izi raporo ziba zifite icyizihishe inyuma n’abaziri inyuma, kuko zirengagiza ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abanyamulenge muri kivu y’Epfo ndetse n’Aba-Hema mu Ntara ya Ituri, bukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa n’abambari babwo.

Kanyuma yasabye ko iyi miryango yakoze izi raporo izitesha agaciro kandi igasaba imbabazi abantu bose, ndetse hakanakorwa iperereza ryigenga muri biriya bice byavuzwemo ibi birego by’ibinyoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + ten =

Previous Post

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Next Post

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.