Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

radiotv10by radiotv10
08/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga ko ibizikubiyemo ari ibinyoma byambaye ubusa.

Uku kwamagana izi raporo zirimo iy’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu UNJHRO (UN Joint Human Rights Office) ndetse n’iya Komisiyo y’uyu Muryango ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR), bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Lawrence Kanyuka, Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki kuri uyu wa Kane tariki 07 Kanama 2025.

Izi Raporo zasohotse tariki 28 Nyakanga n’iya 06 Kanama 2025 zivuga ko AFC/M23 yagize uruhare mu mpfu z’abantu 488 barimo 169 bo muri Raporo ya mbere n’abandi 319 mu yindi, Kanyuka avuga iri Huriro “ryamaganye ryivuye inyuma ibi birego by’ibinyoma” ibizikubiyemo.

Kanyuma akomeza avuga ko ibikubiye muri izi raporo, biri mu murongo wamaze gufatwa na zimwe mu nzego z’Umuryango w’Abibumbye ziyemeje kubogama no gutangaza ibinyoma bidafitiwe ibimenyetso.

Agaragaza iburabimenyetso ry’ibi byatangajwe muri izi raporo, Kanyuka yagize ati “Ibice byavuzwe muri raporo (Kanyakiri, Kigaligali, Dubai, Katanga, Lubumbashi, kasave, Kakoro na Busesa) biri muri Pariki ya Virunga, igice gikumiriwe, ahabujijwe gukorerwa ibikorwa by’ubuhinzi. Ni gute abahinzi biciwe mu bice bidakorerwamo ubuhinzi?”

Kanyuka uvuga ko UNJHRO yatangaje amakuru itakoreye ubugororangingo itanabanje kureba ukuri kwayo, yavuze ko ubuyobozi bw’uyu muryango bufite icyicaro i Kinshasa, butangaza amakuru bwahawe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, aho kugira ngo bwikorere ubugenzuzi ku giti cyabo.

Kuri Raporo ya OHCHR, Kanyuka avuga ko abatangabuhamya b’ibanze bayo muri iriya raporo yabo, ari Wazalendo, FDLR, RUD Urunana ndetse na Raporo y’Inama y’Urubyiruko rwo muri Teritwari ya Rutshuru, akavuga ko ari “igisebo” kubona bashingira ku makuru bahawe n’aba bantu barimo imitwe yitwaje intwaro ihora yica abantu.

Ati “Ni gute Imiryango itari no mu bice byabohojwe yatanga amakuru yizewe? Turasaba ko hakorwa iperereza ryigenga kandi hagatumirwa imiryango yatanze raporo ikarigiramo uruhare.”

Umuvugizi wa AFC/M23 kandi yagaragaje ko izi raporo ziba zifite icyizihishe inyuma n’abaziri inyuma, kuko zirengagiza ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abanyamulenge muri kivu y’Epfo ndetse n’Aba-Hema mu Ntara ya Ituri, bukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa n’abambari babwo.

Kanyuma yasabye ko iyi miryango yakoze izi raporo izitesha agaciro kandi igasaba imbabazi abantu bose, ndetse hakanakorwa iperereza ryigenga muri biriya bice byavuzwemo ibi birego by’ibinyoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 14 =

Previous Post

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Next Post

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Related Posts

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Moïse Nyarugabo, a former DRC Minister and advocate for Kinyarwanda-speaking Congolese, has condemned recent attacks on the Banyamulenge by a...

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Me Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa DRC, yamaganye ibitero bikomeje kugabwa n’abahuzamugambi bahuriyemo FARDC, FDLR na...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.