Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri gukorwa n’uruhande bahanganye, nyuma yuko rukomeje kurenga ku gahenge kemejwe ahubwo rugakoresha intwaro zikomeye zihitana inzirakarengane nyinshi.

Byatangajwe n’iri Huriro rigizwe n’Abanyekongo biyemeje guhagarika ibikorwa bibi bikorwa n’ubutegetsi bwa DRC bufatanyije n’imitwe irimo FDLR, Ingabo z’u Burundi ndetse n’abacancuro.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka ryagiye hanze kuri uyu wa 28 Ukwakira 2025, yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kwenyegeza no ibikorwa bibi birenga ku gahenge kemejwe ko guhagarika imirwano.

Kanyuka avuga ko kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukwakira mu rucyerera ahagana saa cyenda (03:00’) “Abahuzamugambi b’abanyabyaha barwanirira ubutegetsi bwa Kinshasa bagabye ibitero bikomeye ku birindiro byacu byose by’ingenzi.”

Yakomeje avuga ko muri ibi bitero, uruhande bahanganye rwakoresheje “intwaro ziremerewe na drone z’intambara mu kurasa mu bice bituwemo n’abaturage benshi muri Kibati, Bibwe, Nyabiondo, Bukombo no mu nkengero zaho.”

Yavuze ko ibi bitero byahitanye ubuzima bw’inzirakarengane, zirimo abana n’abagore, abandi benshi bagakomereka, ndetse benshi bakava mu byabo, ku buryo ibi byose biri kuzamuka ku kigero giteye impungenge.

Kanyuka wavuze ko bigaragara ko uruhande bahanganye rwakajije umurego mu kuburizamo no kurenga ku nzira z’amahoro ziriho zikoreshwa, yatangaje badashobora kubyihanganira.

Ati “Bitewe n’ubu bugome ndengakamere buhitana ubuzima bwa benshi, byatumye Alliance Fleuve Congo/Mouvement du 23 Mars (AFC/M23) yiyemeza gukoresha uburenganzira yemererwa n’amategeko bwo kwirwanaho. Tuzakoresha uburyo bwose bwa ngombwa mu kurinda abaturage b’abasivile no guhagarika ibikorwa by’ubutegetsi bw’inkozi z’ibibi.”

AFC/M23 iratangaza ibi mu gihe ibiganiro by’i Doha hagati yayo na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje, ndetse impande zombi zikaba zaremeranyijwe ko hashyirwaho urwego rushinzwe kugenzura no gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 9 =

Previous Post

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Next Post

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Related Posts

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w'umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.