Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangaje ko witeguye guherekeza mu rugendo rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’Amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Byatangajwe na Perezida wa Komisiyo y’uyu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Mamoud Ali Youssouf kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Kanama 2025 ubwo yahuraga na Minisitiri w’Intebe wa DRC, Judith Suminwa i Yokohama mu Buyapani.

Yagize ati “Afurika Yunze Ubumwe yiteguye gushyiraho ubunyamabanga i Addis-Abeba buzafasha gukurikirana ishyirwa mu bikorwa, nk’uko byafashweho icyemezo mu nama iheruka y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba na Afurika y’Amajyepfo (SADC-EAC).”

Yakomeje agira ati “Abahuza kandi batoranyijwe bazatanga uruhare rwabo mu gufasha Umuhuza wa Afurika Yunze Ubumwe, Perezida Faure Gnassingbé.”

Na ho ku biganiro by’i Doha bihuza Ihuriro AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida wa Komisiyo ya AU, yavuze ko hari komite zinyuranye z’uyu Muryango zagiye zitumirwamo kuva mu ntangiro ya biriya biganiro.

Yavuze ko kugira ngo hagerwe ku muti urambye w’ibibazo, hagomba gukomeza kubaho ubufatanye bukenewe, ndetse n’umusanzu w’imiryango nk’iyi.

Ati “Ni ngombwa ko hashyirwaho guhuza imbaraga kugira ngo hazamurwe icyizere ku bari mu biganiro, bizatuma hanabaho guhagarika imirwamo, ubundi hakabaho n’amasezerano yumvikanyweho. Tuzakomeza kuhaba kugira ngo dutange umusanzu mu gushyira mu bikorwa ayo masezerano.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Next Post

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Related Posts

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

by radiotv10
13/10/2025
0

Guverinoma y’u Bubiligi n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zagaragaje ko zishimiye itangaro ry’igisirikare cya DRC (FARDC) rihamagarira abarwanyi b’umutwe...

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

by radiotv10
11/10/2025
0

Abatunze imbwa mu Bwongereza bibukijwe ko kutagaragaza imyirondo yuzuye ku karango kambikwa iri tungo, bishoboka kubacisha amande y’ibuhumbi bitanu by’Ama-Pounds...

Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

by radiotv10
10/10/2025
0

Mu gace ka Kibati muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruhuru, haramutse imirwano...

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuyobozi w’abatavuga rumwe na Leta muri Venezuela, Maria Corina Machado, ni we watsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel aho kuba Perezida...

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

by radiotv10
10/10/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Kenya yafashe icyemezo cyo guhindura divayi yakoreshwaga mu gutura igitambo cy’Ukarisitiya kuri Alitari, nyuma yuko iyakoreshwaga yari...

IZIHERUKA

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze
IBYAMAMARE

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze

by radiotv10
13/10/2025
0

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

13/10/2025
Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

11/10/2025
Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

11/10/2025
‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

11/10/2025
Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

11/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.