Saturday, September 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

radiotv10by radiotv10
30/05/2025
in MU RWANDA
0
Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga
Share on FacebookShare on Twitter

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze kwibasirwa n’inkongi mu bihe bitandukanye.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko abatuye mu bice byegereye aka gakiriro n’abahanyuze mu gitondo cya kare, babonye inkongi y’umuriro ufite imbaraga yibasiye bimwe mu bice by’aka Gakiriro ka Gisozi.

Avuga ko iyi nkongi yatangiye mu masaha yo mu rukerera, kuko abahatuye babyutse babona umuriro mwinshi upfupfunuka mu nyubako zimwe z’aka Gakiriro ziri gukongoka.

Uyu waduhaye amakuru yagize ati “Urebye byatangiye nka saa kumi zishyira saa kumi n’imwe, kuko ubwo abantu basanzwe bazinduka babyukaga, batangiye kubona inkongi y’umuriro ufite imbaraga.”

Yavuze kandi ko igice cyibasiwe n’iyi nkongi, n’ubundi ari igikorerwamo ibikoresho byo mu mbaho, kikaba ari igice cyegereye igishanga.

Mu masaha y’igitondo cya kare kandi, imodoka z’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi, zari zamaze kugera aha hadutse inkongi ndetse zitangira kuyizimya nubwo umuriro wari wakwiriye ahantu hanini.

Si rimwe cyangwa kabiri aka Gakiriro kibasiwe n’inkongi y’umuriro, dore ko mu bihe binyuranye n’ubundi hagiye hadukamo inkongi ikangiza byinshi byiganjemo ibicuruzwa n’ibikoresho biba bibitse mu nzu zibasirwa.

Muri Gicurasi 2023 igice cyarimo inzu zikorerwamo ububaji muri aka Gakiriro, zibasiwe n’inkongi y’umuriro, aho iyi yadutse nyuma y’amezi atatu gusa n’ubundi muri aka gakiriro habaye inkongi y’umuriro yari yabaye muri Gashyantare uwo mwaka wa 2023.

Iyi nkongi yibasiye aka Gakiriro muri Gashyantare 2023, na yo yari yatangiye mu masaha yo mu ijoro ubwo abantu bari batashye, ndetse icyo gihe na bwo hari hibasiwe ibice bibikwamo imbaho.

Nanone kandi muri 2019, bimwe mu bikorwa byo muri aka Gakiriro, byibasiwe n’inkongi, aho icyo gihe hari hibasiwe igice kizwi nko kuri APARWA hakorerwaga ububaji bw’ibikoresho byo birimo intebe, ibitanda n’inzugi, ndetse ahibasiwe na ho hakaba hari habitse imbaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Next Post

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Related Posts

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

by radiotv10
20/09/2025
0

Umubyeyi w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, aravuga ko nyuma yo kubyara afite imyaka 16,...

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

by radiotv10
20/09/2025
0

Gen Z is known for being stylish, confident, and very active online. But one thing that never goes out of...

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

by radiotv10
20/09/2025
0

Ni mu gihe habura amasaha gusa ngo iri siganwa ry’isi ry’amagare rigatangire mu murwa Mukuru w’u Rwanda i Kigali. Ipyapa,...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
20/09/2025
0

Rwanda is rolling out a new digital ID system, launched by the National Identification Agency (NIDA) in August 2025, to...

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

by radiotv10
19/09/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje amabwiriza agenga ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu, birimo utubari, utubyiniro na resitora,...

IZIHERUKA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu
MU RWANDA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

by radiotv10
20/09/2025
0

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

20/09/2025
Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

20/09/2025
Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

20/09/2025
Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

19/09/2025
Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.