Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agezweho ku mugabo ukekwaho kwica umugore we agatoroka akaza gufatirwa ku nshoreke ye

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Karere ka Muhanga ukurikiranyweho kwica umugore we agafatwa nyuma y’ibyumweru bitatu ubwo yari agiye ku wo bikekwa ko ari inshoreke ye, dosiye ye yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha, aho iperereza ryagaragaje ko yamuhoye kuba nyakwigendera yari yamwatse amafaranga yo kugura imyenda bakabishwanira.

Uyu mugabo w’imyaka 50 y’amavuko, ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, yafashwe tariki 12 Ugushyingo 2024, mu gihe icyaha yakoze cyabaye tariki 16 Ukwakira 2024 mu Mudugudu wa Rugarama, Akagari ka Gifumba mu Murenge wa Nyamabuye.

Akekwaho kwica umugore we w’imyaka 35 y’amavuko babanaga batarasezeranye, aho nyuma yo kumwivugana yahise ajyana abana babo kwa mwishywa we utuye mu Karere ka Nyanza.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugabo yishe nyakwigendera amunize ubwo “yamwakaga amafaranga yo kugura imyenda. Ibyo byatumye havuka intonganya bararwana, umugabo umufata mu ijosi aramuniga kugeza apfuye.”

Uyu mugabo wafashwe nyuma y’ibyumweru bitatu yihishahisha, yafatiwe ahitwa i Remera mu Kagari ka Gifumba mu Murenge wa Nyamabuye muri aka Karere ka Muhanga.

Ifatwa rye, ryagizwemo uruhare n’abaturage batuye muri aka gace, ubwo bamubonaga yinjira mu rugo rw’umugore utuye muri aka gace, bikekwa ko yari inshoreke ye.

Ubwo yafatwaga mu gicukuru yari aje kuri moto yinjira mu rugo rw’uwo mugore, ndetse aza gusanganwa udukingirizo tubiri.

Abaturage bamubonye yinjira mu rugo rw’uyu mugore, bahise bamenyesha inzego z’umutekano zari zimaze igihe zimuhigisha uruhindu, zihita zimuta muri yombi.

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Icyaha akurikiranyweho giteganywa kandi kigahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu nk’uko biteganywa n’ingingo ya 107 y’itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange nk’uko ryavuguruwe kugeza ubu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Humvikanye kunyuranya ibyifuzo mu Bapolisi baregwa gukubitira abantu muri ‘Transit Center’

Next Post

Umugore w’umunyapolitiki Kizza Besigye yavuze kuri kimwe mu byaha biregwa umugabo we

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore w’umunyapolitiki Kizza Besigye yavuze kuri kimwe mu byaha biregwa umugabo we

Umugore w’umunyapolitiki Kizza Besigye yavuze kuri kimwe mu byaha biregwa umugabo we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.