Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara
Share on FacebookShare on Twitter

Révérien Ndikuriyo, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, wari umaze igihe atagaragara mu ruhame kubera uburwayi bukomeye yari afite, yongeye kugaragara.

Uburwayi bwa Ndikuriyo bwavuzwe cyane mu kwezi gushize, aho amakuru yavaga mu Burundi, yavugaga ko uyu munyapolitiki yoherejwe igitaraganya i Nairobi muri Kenya kuvurirwayo.

Uburwayi bwe kandi bwateye impungenge mu bo mu ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, bavugaga ko amakuru y’ubwo burwayi yari yagizwe ibanga, bigatuma hari n’abakeka ko yaba agiye kwitaba Imana.

Umwe mu bo mu muryango we, aganira n’Ikinyamakuru SOS Medias Burundi, mu mpera z’ukwezi gushize, yari yavuze ko yari yasubiye muri Coma, nyuma yuko yari yabanje kuyivamo agatora ka mitende ariko akaza kongera kuremba.

Icyo gihe uyu wo mu muryango wa Révérien Ndikuriyo, yari yagize ati “Dutegereje icyo imbaraga z’Imana zakora, kuko twe twamaze kwiheba.”

Iki kinyamakuru SOS Medias Burundi, kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, cyatangaje ko “Révérien Ndikuriyo, Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD yongeye kugaragara, nyuma yo kugaruka mu Gihugu avuye mu mahanga kwivuza nyuma yuko habayeho kugerageza kumwivugana hakoreshejwe uburozi.”

Iki kinyamakuru kivuga ko Révérien Ndikuriyo, yongeye kugaragara mu ruhame mu isengesho ryabaye kuri uyu wa Kane, risanzwe ari ngarukakwezi ritegurwa n’ishyaka ayoboye.

SOS Medias Burundi ivuga ko ubwo Ndikuriyo yagaragaraga muri iri sengesho, byagaragaraga ko afite intege nke aho yari kumwe n’umugore we.

Iki kinyamakuru kigira kiti “Perezida wa Repubulika, Évariste Ndayishimiye, akaba n’Umuyobozi w’Akanama k’inararibonye ziyoboye ishyaka, na we yari muri iri sengesho.”

Bivugwa kandi ko Ndikuriyo yagaragaye mu ruhame nyuma y’ibindi birori byateguwe inshuro zirenze imwe, byo kumwakira, ariko ntibikorwe.

Perezida Ndayishimiye yaramukije Ndikuriyo bataherukanaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + fifteen =

Previous Post

U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

Next Post

Hamenyekanye ubusabe bwatanzwe mbere y’umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

Related Posts

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi ya Uganda yatangiye iperereza ku rupfu rw'umusore w’imyaka 34 usanzwe ari umumotari akaba ari n’umufana wa Arsenal FC bikekwa...

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

by radiotv10
25/05/2026
0

Umuyobozi wa Polisi ya Kenya yategetse ko itsinda rishinzwe umutekano wa Perezida William Ruto rihindurwa vuba na bwangu nyuma yuko...

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

by radiotv10
25/05/2026
0

Igitero cy’indege zitagira abapilote cyageragejwe ku Kibuga cy’Indege cya Bangboka i Kisangani mu Ntara ya Tshopo muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

by radiotv10
25/05/2026
0

Igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyagabanutse kigera munsi y’amadolari 100 ku kagunguru nyuma yuko habonetse icyizere ko hashobora kuboneka amahoro mu...

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

by radiotv10
25/05/2026
0

Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ubusabe bwatanzwe mbere y’umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

Hamenyekanye ubusabe bwatanzwe mbere y'umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.