Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC rukomeje guhindura isura

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC: Habaye gutungurana kwihuse kuri Masisi-Centre
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imirwano iremereye hagati ya M23 n’Igisirikare cya Repubulka Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’abasirikare barimo ab’u Burundi, uyu mutwe wafashe agace ka Minova, kari inzira y’izi ngabo z’u Burundi zakoreshaga zerecyeza muri Kivu ya Ruguru guha umusada FARDC.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025, imirwano yari yakomereje mu gace ka Kimoka ku gasozi ka Busakara, aho byavugwaga ko uyu mutwe ukomeje kwagura ibice ugenzura, werecyeza no muri Kivu y’Epfo.

Muri iyi mirwano yimukiye muri Kivu y’Epfo, umutwe wa M23 na ho ukomeje kwigaruria ibice binyuranye, birimo aha Minova yafashe, hari hasanzwe ari inzira y’Ingabo z’u Burundi n’indi mitwe nka Wazalendo, bakoreshaga berecyeza muri Kivu ya Ruguru, bajya guha ubufasha FARDC.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, imirwano ikomeje gukara muri Teritwari ya Kalehe, aho uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa, rugizwe n’abasirikare ba FARDC, ingabo z’u Burundi, abarwanyi bo mu mitwe nka Wazalendo na FDLR, rwagiye rusubizwa inyuma, runatakaza imbaraga cyane.

Gufata aka gace ka Minova, biri mu byafasha M23 guhangana n’ibitero bikomeye by’ingabo z’u Burundi, zimaze iminsi zihanganye n’uyu mutwe mu mirwano ikomeye.

Umutwe wa M23 wari uherutse gutangaza ko u Burundi bukomeje kongera abasirikare muri DRC, aho wavuze ko nyuma yuko Perezida Felix Tshisekedi agiriye uruzinduko mu Burundi, iki Gihugu cyongereye umubare w’abasirikare.

Mu kiganiro Umuvugizi wa M23, Balinda Oscar aherutse kugirana na BBC, yagize ati “Ejobundi Umukuru w’Igihugu cya Congo, Tshisekedi yagiye i Burundi gusaba izindi ngabo zo kugira ngo zize kuturangiza. Bohereje amakamyo makumyabiri n’abiri (22) ava i Bukavu aza ahitwa i Kalehe bashaka kudutera ahitwa i Ngungu ngo baturangize.”

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, Brigadier General Gaspard Baratuza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu cyumweru gishize, yemeye ko hari abasirikare b’iki Gihugu bakomeje kuburira ubuzima muri iyi ntambara barimo muri Congo, aho yavuze ko urugamba ari ko rumera, harimo abapfa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eighteen =

Previous Post

Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Next Post

Uko Dj Brianne yari agiye kwisanga mu kirego cy’abarimo Emelyne ukurikiranyweho ibirimo ibiterasoni

Related Posts

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Dj Brianne yari agiye kwisanga mu kirego cy’abarimo Emelyne ukurikiranyweho ibirimo ibiterasoni

Uko Dj Brianne yari agiye kwisanga mu kirego cy’abarimo Emelyne ukurikiranyweho ibirimo ibiterasoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.