Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC rukomeje guhindura isura

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC: Habaye gutungurana kwihuse kuri Masisi-Centre
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imirwano iremereye hagati ya M23 n’Igisirikare cya Repubulka Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’abasirikare barimo ab’u Burundi, uyu mutwe wafashe agace ka Minova, kari inzira y’izi ngabo z’u Burundi zakoreshaga zerecyeza muri Kivu ya Ruguru guha umusada FARDC.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025, imirwano yari yakomereje mu gace ka Kimoka ku gasozi ka Busakara, aho byavugwaga ko uyu mutwe ukomeje kwagura ibice ugenzura, werecyeza no muri Kivu y’Epfo.

Muri iyi mirwano yimukiye muri Kivu y’Epfo, umutwe wa M23 na ho ukomeje kwigaruria ibice binyuranye, birimo aha Minova yafashe, hari hasanzwe ari inzira y’Ingabo z’u Burundi n’indi mitwe nka Wazalendo, bakoreshaga berecyeza muri Kivu ya Ruguru, bajya guha ubufasha FARDC.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, imirwano ikomeje gukara muri Teritwari ya Kalehe, aho uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa, rugizwe n’abasirikare ba FARDC, ingabo z’u Burundi, abarwanyi bo mu mitwe nka Wazalendo na FDLR, rwagiye rusubizwa inyuma, runatakaza imbaraga cyane.

Gufata aka gace ka Minova, biri mu byafasha M23 guhangana n’ibitero bikomeye by’ingabo z’u Burundi, zimaze iminsi zihanganye n’uyu mutwe mu mirwano ikomeye.

Umutwe wa M23 wari uherutse gutangaza ko u Burundi bukomeje kongera abasirikare muri DRC, aho wavuze ko nyuma yuko Perezida Felix Tshisekedi agiriye uruzinduko mu Burundi, iki Gihugu cyongereye umubare w’abasirikare.

Mu kiganiro Umuvugizi wa M23, Balinda Oscar aherutse kugirana na BBC, yagize ati “Ejobundi Umukuru w’Igihugu cya Congo, Tshisekedi yagiye i Burundi gusaba izindi ngabo zo kugira ngo zize kuturangiza. Bohereje amakamyo makumyabiri n’abiri (22) ava i Bukavu aza ahitwa i Kalehe bashaka kudutera ahitwa i Ngungu ngo baturangize.”

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, Brigadier General Gaspard Baratuza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu cyumweru gishize, yemeye ko hari abasirikare b’iki Gihugu bakomeje kuburira ubuzima muri iyi ntambara barimo muri Congo, aho yavuze ko urugamba ari ko rumera, harimo abapfa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − three =

Previous Post

Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

Next Post

Uko Dj Brianne yari agiye kwisanga mu kirego cy’abarimo Emelyne ukurikiranyweho ibirimo ibiterasoni

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Dj Brianne yari agiye kwisanga mu kirego cy’abarimo Emelyne ukurikiranyweho ibirimo ibiterasoni

Uko Dj Brianne yari agiye kwisanga mu kirego cy’abarimo Emelyne ukurikiranyweho ibirimo ibiterasoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.