Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahaturutse amakuru yatumye hatahurwa ubujura bukekwa muri IPRC-Kigali bwafungishije umuyobozi wayo

radiotv10by radiotv10
25/10/2022
in MU RWANDA
0
Ahaturutse amakuru yatumye hatahurwa ubujura bukekwa muri IPRC-Kigali bwafungishije umuyobozi wayo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ishuri Rikuru ry’Imyuga y’Ubumenyi-ngiro ishami rya Kigali, Engineer Mulindahabi Diogene, ndetse na bamwe mu bakozi b’iri shuri, batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ubujura bw’ibikoresho byibwe muri iri shuri, aho amakuru yamenyekanye atanzwe n’abaturage.

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, Minisiteri y’Uburezi, yashyize hanze itangazo, rimenyesha abanyeshuri, abakozi ba RP-IPRC-Kigali ndetse n’abaturarwanda; ko iri rishuri ribaye rifunzwe mu gihe cy’ibyumweru bibiri.

Iri tangazo rivuga ko iki cyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Rwanda “kugira ngo iperereza rijyanye n’ubujura n’imyitwarire mibi yo kwiha umutungo rusange wa Leta ririmo gukorwa rikomeze nta nkomyi.”

Minisiteri y’Uburezi yakomeje ivuga ko “Nta muntu wemerewe kwinjira mu kigo muri iki gihe.” Yanasabye “umuntu wese waba afite amakuru y’ingenzi yagirira akamaro iperereza riri gukorwa ko yabimenyesha ibiro bya RIB bimwegereye.”

Nyuma y’iri tangazo, hamenyekanye amakuru ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi, umuyobozi w’iri shuri, Engineer Mulindahabi Diogene.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko iperereza riri gukorwa muri iri shuri, ryari rimaze iminsi rikorwa rishingiye ku bujura bw’ibikoresho byibwe muri iri shuri.

Yagize ati “Muri iryo perereza rero harimo bamwe mu bakozi b’iri shuri bamaze gufatwa barimo n’umuyobozi w’iri shuri ari we Mulindahabi Diogene, hakaba hari n’ibikoresho bimaze kugaruzwa, byagiye bifatanwa bamwe muri abo bakozi na bo bafunze.”

Dr Murangira avuga ko iperereza rikomeje kugira ngo n’ibindi bikoresho byibwe bitaraboneka, bibe byagaruzwa ndetse n’undi uwo ari we wese wagize uruhare muri ubwo bujura, agezwe imbere y’ubutabera.

Yavuze ko amakuru y’ubu bujura bukekwa kuri aba bakozi ba RP-IPRC Kigali, yamenyekanye hashingiwe ku kazi ka RIB.

Ati “Ariko noneho ku buryo bw’umwihariko hano twafatanyije n’abaturage, ni bo baduhaye n’amakuru ndetse akaba ari n’umwanya mwiza wo kubashimira, tunabasaba kugira uruhare rwo gutanga amakuru kugira ngo ibyaha nk’ibi bikurikiranwe ntibyihanganirwe.”

Mu kwezi gushize ubwo Ibigo bya Leta byitabaga Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC) kugira ngo byisobanure ku bibazo byagaragajwe muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2021-2022, ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro (RP/Rwanda Polytechnic), bwagaragarijwe ameza bivugwa ko yaguzwe 1 234 638 Frw mu gihe atari agombye kurenza 30 000Frw.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira avuga ko ibyaha biri gukekwa ku bayobozi ba IPRC-Kigali bidafitanye isano na biriya byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, ati “Ariko ni n’umwanya mwiza wo kugira ngo n’ibindi byose bikurikiranwe, mu iperereza buriya hari n’ibindi byaha bishobora kugaragaramo bigakurikiranwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 10 =

Previous Post

Kigali: Impanuka yahitanye abantu batandatu yakangaranyije abayibonye

Next Post

Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.