Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ahavuye amakuru yatumye abavandimwe bane bakekwaho kwica se bafatanyije na nyina
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa umugore n’abana be bane bakekwaho kwica umugabo w’uyu mugore akaba se w’aba bana bakamuta mu musarani, batawe muri yombi nyuma y’ukwezi bibaye aho byamenyekanye biturutse ku makuru yatanzwe n’umwe muri bo wari uremerewe no kubihisha.

Abatawe muri yombi, ni umugore w’imyaka 44 y’amavuko n’abana be bane bakekwaho ubufatanyacyaha bari hagati y’imyaka 11 na 21, bakekwaho iki gikorwa, ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kaniga.

Batawe muri yombi ejo hashize tariki 01 Gashyantare 2023 nyuma yuko umwe muri aba abana, atanze amakuru.

Nyakwigendera bikekwa ko yishwe tariki 24 Ukuboza 2022, abakekwaho kumwica bagata umurambo we mu musarani, aho batuye mu Mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Bugomba mu Murenge wa Kaniga.

Vestine Tuzekuramya uyobora Akagari ka Bugomba, yatangaje ko amakuru yatumye bariya bavandimwe na nyina bakekwaho iki cyaha, yatanzwe n’umwe muri aba bana akaba ari we mukuru muri aba bana.

Yavuze ko nyuma yuko uyu mwana atanze amakuru “ntakindi cyari gukorwa uretse kujyanwa mu nzego z’ubutabera.”

Yavuze kandi ko umwana watanze amakuru, yavuze ko umusarani batayemo umurambo, wendaga kuzura ndetse ukaza guhagarikwa kuwukoresha, ku buryo n’aho wari uri baje kuhatera intsina.

Uyu muyobozi yavuze kandi ko aba bakekwaho kwivugana nyakwigendera berekanye n’umusarani batayemo umurambo we ariko ko batarawukuramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + six =

Previous Post

DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa

Next Post

Ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa cyatumye benshi bumva bafite ikimwaro

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa cyatumye benshi bumva bafite ikimwaro

Ufite uburwayi bwo mu mutwe yakoze igikorwa cyatumye benshi bumva bafite ikimwaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.