Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahavuye amakuru yatumye Polisi ifatana urumogi abarimo umugore

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in MU RWANDA
0
Ahavuye amakuru yatumye Polisi ifatana urumogi abarimo umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri bafatiwe mu Murenge wa Gatebe mu Karere ka Burera, bafite ibilo 16 by’urumogi, nyuma yuko Polisi ihawe amakuru n’abaturage bari bababonye bafite umufuka urimo ibyo batazi.

Aba bantu bafashwe ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi, barimo umugore w’imyaka 28 n’umugabo w’imyaka 26 y’amavuko.

Bafatiwe mu Mudugudu wa Kajerijeri mu Kagari ka Rwasa mu Murenge wa Gatebe, ahagana ku isaha ya saa tanu n’igice z’amanywa.

Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, Superintendent of Police (SP) Alex Ndayisenga, yavuze ko aba bantu bafashwe nyuma yuko Polisi ihawe amakuru n’abaturage bo mu Kagari ka Rwasa, bavugaga ko hari abantu babonanye umufuka bakeka ko urimo ibiyobyabwenge.

Yagize ati “Mu gikorwa cyo kubafata cyahise gitegurwa, abapolisi bakihagera barabasatse basanga muri uwo mufuka harimo ibilo 16 by’urumogi.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko aba bantu bakimara gufatwa biyemereye ko ibi biyobyabwenge babibukuye muri Uganda, bakaba bari babigurishije mu Karere ka Musanze.

Abafashwe n’ibiyobyabwenge bafatanywe, bahise bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Bungwe kugira ngo bakorerwe dosiye.

SP Alex Ndayisenga yaboneyeho guha ubutumwa abijandika mu ngeso mbi zo gutunda no gukwirakwiza ibiyobyabwenge, avuga ko badateze kwihanganirwa kuko bari kwangiza ubuzima bw’abiganjemo urubyiruko rubikoresha.

Yagize ati “Ibikorwa byo kubafata bizakomeza ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage.”

Abafashwe bahise bashyikirizwa RIB

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + one =

Previous Post

Igihugu cy’igihangange kivugwaho kwinjirira inzego za Kenya zirimo na Perezidansi cyabitanzeho umucyo

Next Post

Umunyarwenya wa mbere mu Rwanda akomeje kugeza abakizamuka ku rwego ruhanitse

Related Posts

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

IZIHERUKA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World
IMIBEREHO MYIZA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya wa mbere mu Rwanda akomeje kugeza abakizamuka ku rwego ruhanitse

Umunyarwenya wa mbere mu Rwanda akomeje kugeza abakizamuka ku rwego ruhanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.