Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ahazaza ha rutahizamu ugera imbere y’abanyezamu bagatitira hakomeje kuba amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umubiligi Romelu Lukaku Bolingoli usanzwe ari mu barwanirwaga n’amakipe atandukanye ku Mugabane w’u Burayi, ahazaza he hakomeje kwibazwaho nyuma y’uko shampiyona yo muri iki Gihugu itangiye, ariko kugeza ubu akaba nta kipe igaragaza ko imukeneye.

Urugendo rwe mu kibuga rwatangiriye iwabo mu Bubiligi mu ikipe ya Anderlecht, yaje mu Bwongereza bwa mbere muri 2011 aguzwe na Chelsea FC aca muri West Bromwich Albion, Everton agurwa na Manchester united amafranga menshi cyane.

Yaje kugurwa na Inter Milan yo mu Butariyani, nyuma y’imyaka ibiri yongera gutangwaho miliyoni nyinshi, bigeze muri 2021 agurwa na Chelsea ku nshuro ya kabiri ariko birongera birananirana arongera atizwa muri Inter Milan ari na ho yakinaga umwaka ushize w’imikino.

Nyuma y’uko Inter yifuje ko yamugura burundu ikamugumana ariko we asa n’uwuyiteye umugongo yishakira kwerekeza muri Juventus.

Ibi byatumye ashwana n’abafana ba Inter Milan ari nako n’abafana ba Juventus bazanye ibyapa bimwamagana bavuga ko batamushaka.

Kugeza ubu ama Shampiyona yo ku Mugabane w’u Burayi hose yaratangiye ariko Lukaku ntarabona ikipe akinira, ndetse na Chelsea afitiye amasezerano kugeza ubu yamaze kwerekana ko itamukeneye.

Uyu mubiligi kera kabaye ngo ashobora kuba agiye kubona ikipe aho yifuzwa bikomeye n’ikipe ya Tottenham Hotspurs na yo yo mu Bwongereza ariko yifuza kumufata ku ntizanyo y’umwaka umwe, gusa mu gihe bagishakisha umusimbura wa Harry Kane.

Si Tottenham gusa yifuza uyu mugabo w’imyaka 30 dore ko bivugwa ko we ubwe yaba yarisabiye umutoza Jose Mourinho ko yamusanga muri As Roma dore ko aba bombi banabanye mu ikipe ya Manchester United.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + seventeen =

Previous Post

Hagaragajwe imibare iteye impungenge ishobora gutuma Bibiliya ibura mu Rwanda

Next Post

Amakuru agezweho ku nkongi imaze iminsi 3 yibasiye Pariki y’u Rwanda hakiyambazwa kajugujugu

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku nkongi imaze iminsi 3 yibasiye Pariki y’u Rwanda hakiyambazwa kajugujugu

Amakuru agezweho ku nkongi imaze iminsi 3 yibasiye Pariki y’u Rwanda hakiyambazwa kajugujugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.