Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri bagize icyiciro cya 13 cy’amasomo y’abasirikare bakuru, batangiye urugendo shuri mu bice binyuranye bizwi mu rugamba rwo Kwibohora rw’Ingabo zahoze ari RPA, aho batangiriye ku Mupaka wa Kagitumba.

Uru rugendo shuri rw’abanyeshuri bari kwiga amasomo y’abasirikare bakuru- Rwanda Defence Force Senior Command and Staff Course (RDFSCSC) rwatangiye tariki 15 rukazasoza ku ya 19 Mata 2025.

Uru rugendo shuri rwatangiriye ku Mupaka wa Kagitumba ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora, ubwo Ingabo zahoze ari RPA zatangiraga urugendo rwo kurandura akarengane n’imitegekere mibi yari yarazonze u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Aha ku Mupaka wa Kagituma, aba banyeshuri baganirijwe na bamwe mu Bajenerali mu Ngabo z’u Rwanda n’abandi Basirikare bakuru muri RDF bagize uruhare mu rugamba rwo Kwibohora.

Mu biganiro babahaye, babanyuriyemo muri macye bumwe mu buryo bwa gihanga mu bikorwa ndetse no mu mayeri y’urugamba byakoreshwaga, burimo imitegurire y’urugamba ndetse n’imirwanire y’ingabo za RPA.

Ubuyobozi bwa RDF, buvuga ko intego y’uru rugendo shuri, ari uguha ubumenyi aba banyeshuri ku gusesengura ndetse n’ubushakashatsi ku rugamba rwo Kwibohora rwa RPA, hibandwa cyane cyane ku mitegurire y’ingamba ndetse n’uburyo abasirikare bitwara bashyira mu bikorwa amabwiriza bahawe ku rugamba, bityo aba banyeshuri bakagira ubumenyi bunyuranye.

Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda kandi buvuga ko uru rugendo shuri ruzanagera mu bindi bice, birimo Umutara, Byumba, Ruhengeri, Kigali, ndetse no mu Ntara y’Amajyepfo.

Baganirijwe na bamwe mu basirikare bakuru muri RDF bagize uruhare mu rugamba rwo Kwibohora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

Next Post

Mu Rwanda hategerejwe umukino w’ishiraniro muri Handball

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hategerejwe umukino w’ishiraniro muri Handball

Mu Rwanda hategerejwe umukino w’ishiraniro muri Handball

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.