Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
4
Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, wasenyewe inzu yari yazamuye yiyushye akuya, avuga ko hari umuntu ukomeye ubiri inyuma ushaka gutwara ubu butaka bwe kuko n’ubundi yazamuye iyi nzu hari abamubwira ko hatamukwiye.

Uyu muturage witwa Uwimaniragiye Emerance, yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge bwahengereye arwaje umwana mu Bitaro, bukaza kumusenyera nyamara yarubatse iyi nzu ye bureba ndetse bukanamufasha mu bikorwa byo kuyisoza, dore ko hari hashize imyaka itanu ayizamuye.

Avuga ko yazamuye iyi nzu ariko akaza kubura ubushobozi bwo kuyisakara kuko adafite amikoro, ariko abagiraneza bakaza kumugoboka bakamuha amabati.

Ati “Nasakaye ku manywa n’abandi barabibona. Nkigera ku Murenge Gitifu yarambwiye ngo ese ‘ngufashe kuvuza umwana cyangwa ngufashe gusakara?’ nanjye ndamubwira nti ‘kuva abakirisitu bampaye amabati, wareka ngasakara’. Arambwira ati ‘noneho ntakibazo’.”

Akomeza agaragaza ko atumva impamvu ubuyobozi bwafashe umwanzuro wo kumusenyera butamumenyesheje impamvu, agashimangira ko bushaka kumwirukana ku ngufu kugira ngo hegurirwe uwo avuga ko akomeye kuko yakomeje guhatirizwa n’inzego z’ubuyobozi ngo ahagurishe akababera ibamba.

Ati “Hari umuntu wahoraga aza kumbwira ngo nimpagurishe, nkanga. Afitanye isano n’ubuyobozi. Ubwa mbere baje kundeba barambwira ngo sinkwiranye no kuhatura bambwira ngo nimpagurishe ngo bandangire aha macye, n’ubwa kabiri baragaruka, n’ubwa gatatu.”

Abaturanyi b’uyu muturage babonye uburyo iyi nzu yasenywe, bavuga ko umuturanyi wabo yahohotewe kuko yubatse ku manywa y’ihangu inzego z’ibanze zireba.

Umwe ati “Twe nk’abaturage twabirebaga twaravugaga tuti ‘ese uriya muturage ari kuzira iki?’ kubera ko ibyo yakoraga yabikoraga ku manywa, kandi mu Mudugudu tuba dufitemo abanyamakuru, dufitemo abenyesibo, abakuru b’Imidugudu baba bahari, gato gusa karakopfora bakaba babimenye.”

Aba baturage bavuga ko na bo babona ikibazo atari ukuba iyi nzu yarubatswe mu buryo butemewe kuko uyu muturage yatangiye kubaka akarinda yuzuza ubuyobozi bubireba.

Undi ati “Ntabwo inzu yaturuka hano hasi ngo isakarwe, umuyobozi ahari ngo baze bayisenye. Gitifu w’Umurenge agomba kubiryozwa.”
Ikindi aba baturage bashingiraho bavuga ko hari ikibyihishe inyuma, bavuga ko uwagira ngo arabaza ku by’isenywa ry’iyi nzu, yahitaga ajyanwa n’ubuyobozi akajya gufungwa.

Undi muturage ati “Ngo ni abantu bahakeneye bashaka kuhagura noneho uyu mudamu akimuka akajya ruguru iriya mu ishyamba.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Uwizeyimana Josiane yavuze ko uyu muturage yasenyewe kuko yubatse atabifitiye icyangombwa.

Yavuze ko yatangiye kuyobora uyu Murenge iriya nyubako ihari itaruzura, uyu muturage ari bwo yahise asubukura imirimo yo kubaka iyi nzu, akamuhagarika ariko akinangira.

Ati “Yubatse ahantu nta cyangombwa cyo kubaka afite, turamubwira tuti ‘banza usabe ibyangombwa bikwemerera kubaka’, ntiyabyumva, wumve n’ukuntu agoye, tumuha ibaruwa akayakira ariko ntayisinye ko yayakiriye.”

Gitifu avuga ko uyu muturage yahagaritswe inshuro eshatu akinangira ndetse n’ushinzwe imiturire akamusura agasanga yubatse mu mbago z’umuhanda, akamusaba guhagarika kubaka ariko agakomeza gusuzugura, ku buryo ntakindi bagombaga gukora atari ukumusenyera.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 4

  1. Yvan says:
    3 years ago

    Ark natwe abaturage twisubireho twe gukomeza kunaniza (kwigomeka k’) Ubuyobozi.Mu nkuru humvikanamo ko yubatse ku ngufu nta cyangombwa, Ubuyobozi bumuhagaritse(inshuro 3) arabyanga yanga no gusinya; wumve ko hari icyo yari agamije.Kandi bamuhagaritse kubera ko babonaga asatira imbago z’umuhanda, yakabaye acibwa ikiguzi cyakoreshejwe mu gukuraho iriya nyubako akacibwa amande.

    Reply
    • Habimana gael says:
      3 years ago

      Nigute umuntu afata ibaruwa se ntasinye ibyo ntibibaho nikanuni zabayobozi gito baba bashaka gukandamiza abaturage

      Reply
  2. Danny Nkurikiyimfura says:
    3 years ago

    Ariko nkuyu munyabanga nshingwabokorwa uwajya iwe Agatha asanga bamusenyeye buriya ntiyakora umunsi mukuru raa cg yarira agahogora
    Bayobozi ayamarira muriza abaturage ntimwibwireko leta nitayabishyuza ntimugirengo Imana yo izaceceka izabibaryoza nimushaka mwitonde isi irazenguruka Namwe unsi umwe izabazengurukiraho

    Reply
    • Jean d'Amour says:
      3 years ago

      Aka Ni akarengane kabisa ubuse niwe wenyine utumva mu murenge?Ariko n’ubundi ibi nibya bibazo baba bateza leta ngo yubakire abatishoboye

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + seventeen =

Previous Post

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

Next Post

DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

Related Posts

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

by radiotv10
31/12/2025
0

We often think being busy means being productive. But working non-stop can make us tired, stressed, and less creative. The...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.