Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
4
Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, wasenyewe inzu yari yazamuye yiyushye akuya, avuga ko hari umuntu ukomeye ubiri inyuma ushaka gutwara ubu butaka bwe kuko n’ubundi yazamuye iyi nzu hari abamubwira ko hatamukwiye.

Uyu muturage witwa Uwimaniragiye Emerance, yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge bwahengereye arwaje umwana mu Bitaro, bukaza kumusenyera nyamara yarubatse iyi nzu ye bureba ndetse bukanamufasha mu bikorwa byo kuyisoza, dore ko hari hashize imyaka itanu ayizamuye.

Avuga ko yazamuye iyi nzu ariko akaza kubura ubushobozi bwo kuyisakara kuko adafite amikoro, ariko abagiraneza bakaza kumugoboka bakamuha amabati.

Ati “Nasakaye ku manywa n’abandi barabibona. Nkigera ku Murenge Gitifu yarambwiye ngo ese ‘ngufashe kuvuza umwana cyangwa ngufashe gusakara?’ nanjye ndamubwira nti ‘kuva abakirisitu bampaye amabati, wareka ngasakara’. Arambwira ati ‘noneho ntakibazo’.”

Akomeza agaragaza ko atumva impamvu ubuyobozi bwafashe umwanzuro wo kumusenyera butamumenyesheje impamvu, agashimangira ko bushaka kumwirukana ku ngufu kugira ngo hegurirwe uwo avuga ko akomeye kuko yakomeje guhatirizwa n’inzego z’ubuyobozi ngo ahagurishe akababera ibamba.

Ati “Hari umuntu wahoraga aza kumbwira ngo nimpagurishe, nkanga. Afitanye isano n’ubuyobozi. Ubwa mbere baje kundeba barambwira ngo sinkwiranye no kuhatura bambwira ngo nimpagurishe ngo bandangire aha macye, n’ubwa kabiri baragaruka, n’ubwa gatatu.”

Abaturanyi b’uyu muturage babonye uburyo iyi nzu yasenywe, bavuga ko umuturanyi wabo yahohotewe kuko yubatse ku manywa y’ihangu inzego z’ibanze zireba.

Umwe ati “Twe nk’abaturage twabirebaga twaravugaga tuti ‘ese uriya muturage ari kuzira iki?’ kubera ko ibyo yakoraga yabikoraga ku manywa, kandi mu Mudugudu tuba dufitemo abanyamakuru, dufitemo abenyesibo, abakuru b’Imidugudu baba bahari, gato gusa karakopfora bakaba babimenye.”

Aba baturage bavuga ko na bo babona ikibazo atari ukuba iyi nzu yarubatswe mu buryo butemewe kuko uyu muturage yatangiye kubaka akarinda yuzuza ubuyobozi bubireba.

Undi ati “Ntabwo inzu yaturuka hano hasi ngo isakarwe, umuyobozi ahari ngo baze bayisenye. Gitifu w’Umurenge agomba kubiryozwa.”
Ikindi aba baturage bashingiraho bavuga ko hari ikibyihishe inyuma, bavuga ko uwagira ngo arabaza ku by’isenywa ry’iyi nzu, yahitaga ajyanwa n’ubuyobozi akajya gufungwa.

Undi muturage ati “Ngo ni abantu bahakeneye bashaka kuhagura noneho uyu mudamu akimuka akajya ruguru iriya mu ishyamba.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Uwizeyimana Josiane yavuze ko uyu muturage yasenyewe kuko yubatse atabifitiye icyangombwa.

Yavuze ko yatangiye kuyobora uyu Murenge iriya nyubako ihari itaruzura, uyu muturage ari bwo yahise asubukura imirimo yo kubaka iyi nzu, akamuhagarika ariko akinangira.

Ati “Yubatse ahantu nta cyangombwa cyo kubaka afite, turamubwira tuti ‘banza usabe ibyangombwa bikwemerera kubaka’, ntiyabyumva, wumve n’ukuntu agoye, tumuha ibaruwa akayakira ariko ntayisinye ko yayakiriye.”

Gitifu avuga ko uyu muturage yahagaritswe inshuro eshatu akinangira ndetse n’ushinzwe imiturire akamusura agasanga yubatse mu mbago z’umuhanda, akamusaba guhagarika kubaka ariko agakomeza gusuzugura, ku buryo ntakindi bagombaga gukora atari ukumusenyera.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 4

  1. Yvan says:
    3 years ago

    Ark natwe abaturage twisubireho twe gukomeza kunaniza (kwigomeka k’) Ubuyobozi.Mu nkuru humvikanamo ko yubatse ku ngufu nta cyangombwa, Ubuyobozi bumuhagaritse(inshuro 3) arabyanga yanga no gusinya; wumve ko hari icyo yari agamije.Kandi bamuhagaritse kubera ko babonaga asatira imbago z’umuhanda, yakabaye acibwa ikiguzi cyakoreshejwe mu gukuraho iriya nyubako akacibwa amande.

    Reply
    • Habimana gael says:
      3 years ago

      Nigute umuntu afata ibaruwa se ntasinye ibyo ntibibaho nikanuni zabayobozi gito baba bashaka gukandamiza abaturage

      Reply
  2. Danny Nkurikiyimfura says:
    3 years ago

    Ariko nkuyu munyabanga nshingwabokorwa uwajya iwe Agatha asanga bamusenyeye buriya ntiyakora umunsi mukuru raa cg yarira agahogora
    Bayobozi ayamarira muriza abaturage ntimwibwireko leta nitayabishyuza ntimugirengo Imana yo izaceceka izabibaryoza nimushaka mwitonde isi irazenguruka Namwe unsi umwe izabazengurukiraho

    Reply
    • Jean d'Amour says:
      3 years ago

      Aka Ni akarengane kabisa ubuse niwe wenyine utumva mu murenge?Ariko n’ubundi ibi nibya bibazo baba bateza leta ngo yubakire abatishoboye

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

Next Post

DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

Related Posts

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

by radiotv10
13/08/2025
0

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

13/08/2025
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.