Saturday, February 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
4
Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, wasenyewe inzu yari yazamuye yiyushye akuya, avuga ko hari umuntu ukomeye ubiri inyuma ushaka gutwara ubu butaka bwe kuko n’ubundi yazamuye iyi nzu hari abamubwira ko hatamukwiye.

Uyu muturage witwa Uwimaniragiye Emerance, yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge bwahengereye arwaje umwana mu Bitaro, bukaza kumusenyera nyamara yarubatse iyi nzu ye bureba ndetse bukanamufasha mu bikorwa byo kuyisoza, dore ko hari hashize imyaka itanu ayizamuye.

Avuga ko yazamuye iyi nzu ariko akaza kubura ubushobozi bwo kuyisakara kuko adafite amikoro, ariko abagiraneza bakaza kumugoboka bakamuha amabati.

Ati “Nasakaye ku manywa n’abandi barabibona. Nkigera ku Murenge Gitifu yarambwiye ngo ese ‘ngufashe kuvuza umwana cyangwa ngufashe gusakara?’ nanjye ndamubwira nti ‘kuva abakirisitu bampaye amabati, wareka ngasakara’. Arambwira ati ‘noneho ntakibazo’.”

Akomeza agaragaza ko atumva impamvu ubuyobozi bwafashe umwanzuro wo kumusenyera butamumenyesheje impamvu, agashimangira ko bushaka kumwirukana ku ngufu kugira ngo hegurirwe uwo avuga ko akomeye kuko yakomeje guhatirizwa n’inzego z’ubuyobozi ngo ahagurishe akababera ibamba.

Ati “Hari umuntu wahoraga aza kumbwira ngo nimpagurishe, nkanga. Afitanye isano n’ubuyobozi. Ubwa mbere baje kundeba barambwira ngo sinkwiranye no kuhatura bambwira ngo nimpagurishe ngo bandangire aha macye, n’ubwa kabiri baragaruka, n’ubwa gatatu.”

Abaturanyi b’uyu muturage babonye uburyo iyi nzu yasenywe, bavuga ko umuturanyi wabo yahohotewe kuko yubatse ku manywa y’ihangu inzego z’ibanze zireba.

Umwe ati “Twe nk’abaturage twabirebaga twaravugaga tuti ‘ese uriya muturage ari kuzira iki?’ kubera ko ibyo yakoraga yabikoraga ku manywa, kandi mu Mudugudu tuba dufitemo abanyamakuru, dufitemo abenyesibo, abakuru b’Imidugudu baba bahari, gato gusa karakopfora bakaba babimenye.”

Aba baturage bavuga ko na bo babona ikibazo atari ukuba iyi nzu yarubatswe mu buryo butemewe kuko uyu muturage yatangiye kubaka akarinda yuzuza ubuyobozi bubireba.

Undi ati “Ntabwo inzu yaturuka hano hasi ngo isakarwe, umuyobozi ahari ngo baze bayisenye. Gitifu w’Umurenge agomba kubiryozwa.”
Ikindi aba baturage bashingiraho bavuga ko hari ikibyihishe inyuma, bavuga ko uwagira ngo arabaza ku by’isenywa ry’iyi nzu, yahitaga ajyanwa n’ubuyobozi akajya gufungwa.

Undi muturage ati “Ngo ni abantu bahakeneye bashaka kuhagura noneho uyu mudamu akimuka akajya ruguru iriya mu ishyamba.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Uwizeyimana Josiane yavuze ko uyu muturage yasenyewe kuko yubatse atabifitiye icyangombwa.

Yavuze ko yatangiye kuyobora uyu Murenge iriya nyubako ihari itaruzura, uyu muturage ari bwo yahise asubukura imirimo yo kubaka iyi nzu, akamuhagarika ariko akinangira.

Ati “Yubatse ahantu nta cyangombwa cyo kubaka afite, turamubwira tuti ‘banza usabe ibyangombwa bikwemerera kubaka’, ntiyabyumva, wumve n’ukuntu agoye, tumuha ibaruwa akayakira ariko ntayisinye ko yayakiriye.”

Gitifu avuga ko uyu muturage yahagaritswe inshuro eshatu akinangira ndetse n’ushinzwe imiturire akamusura agasanga yubatse mu mbago z’umuhanda, akamusaba guhagarika kubaka ariko agakomeza gusuzugura, ku buryo ntakindi bagombaga gukora atari ukumusenyera.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 4

  1. Yvan says:
    3 years ago

    Ark natwe abaturage twisubireho twe gukomeza kunaniza (kwigomeka k’) Ubuyobozi.Mu nkuru humvikanamo ko yubatse ku ngufu nta cyangombwa, Ubuyobozi bumuhagaritse(inshuro 3) arabyanga yanga no gusinya; wumve ko hari icyo yari agamije.Kandi bamuhagaritse kubera ko babonaga asatira imbago z’umuhanda, yakabaye acibwa ikiguzi cyakoreshejwe mu gukuraho iriya nyubako akacibwa amande.

    Reply
    • Habimana gael says:
      3 years ago

      Nigute umuntu afata ibaruwa se ntasinye ibyo ntibibaho nikanuni zabayobozi gito baba bashaka gukandamiza abaturage

      Reply
  2. Danny Nkurikiyimfura says:
    3 years ago

    Ariko nkuyu munyabanga nshingwabokorwa uwajya iwe Agatha asanga bamusenyeye buriya ntiyakora umunsi mukuru raa cg yarira agahogora
    Bayobozi ayamarira muriza abaturage ntimwibwireko leta nitayabishyuza ntimugirengo Imana yo izaceceka izabibaryoza nimushaka mwitonde isi irazenguruka Namwe unsi umwe izabazengurukiraho

    Reply
    • Jean d'Amour says:
      3 years ago

      Aka Ni akarengane kabisa ubuse niwe wenyine utumva mu murenge?Ariko n’ubundi ibi nibya bibazo baba bateza leta ngo yubakire abatishoboye

      Reply

Leave a Reply to Yvan Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 1 =

Previous Post

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

Next Post

DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

Related Posts

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

by radiotv10
07/02/2026
0

Walk into any home, bus, or school yard today and you will see it: children holding phones, scrolling, laughing, watching...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

by radiotv10
06/02/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we Ngabo Eric amugongeye ku kabari ko...

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

by radiotv10
06/02/2026
0

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph yagaragaje ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu rwego rw’uburezi nk'inkingi ya...

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

by radiotv10
06/02/2026
0

Banki Nkuru y'u Rwanda (BNR) irasaba abakoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa by’imitako n’imirimo mu birori, ko baba bakoze...

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

by radiotv10
06/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko nubwo hari ibyashatse guhungubanya umutekano w’u Rwanda, ariko iki Gihugu cyashyizeho...

IZIHERUKA

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?
MU RWANDA

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

by radiotv10
07/02/2026
0

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

06/02/2026
Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

06/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.