Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
4
Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, wasenyewe inzu yari yazamuye yiyushye akuya, avuga ko hari umuntu ukomeye ubiri inyuma ushaka gutwara ubu butaka bwe kuko n’ubundi yazamuye iyi nzu hari abamubwira ko hatamukwiye.

Uyu muturage witwa Uwimaniragiye Emerance, yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge bwahengereye arwaje umwana mu Bitaro, bukaza kumusenyera nyamara yarubatse iyi nzu ye bureba ndetse bukanamufasha mu bikorwa byo kuyisoza, dore ko hari hashize imyaka itanu ayizamuye.

Avuga ko yazamuye iyi nzu ariko akaza kubura ubushobozi bwo kuyisakara kuko adafite amikoro, ariko abagiraneza bakaza kumugoboka bakamuha amabati.

Ati “Nasakaye ku manywa n’abandi barabibona. Nkigera ku Murenge Gitifu yarambwiye ngo ese ‘ngufashe kuvuza umwana cyangwa ngufashe gusakara?’ nanjye ndamubwira nti ‘kuva abakirisitu bampaye amabati, wareka ngasakara’. Arambwira ati ‘noneho ntakibazo’.”

Akomeza agaragaza ko atumva impamvu ubuyobozi bwafashe umwanzuro wo kumusenyera butamumenyesheje impamvu, agashimangira ko bushaka kumwirukana ku ngufu kugira ngo hegurirwe uwo avuga ko akomeye kuko yakomeje guhatirizwa n’inzego z’ubuyobozi ngo ahagurishe akababera ibamba.

Ati “Hari umuntu wahoraga aza kumbwira ngo nimpagurishe, nkanga. Afitanye isano n’ubuyobozi. Ubwa mbere baje kundeba barambwira ngo sinkwiranye no kuhatura bambwira ngo nimpagurishe ngo bandangire aha macye, n’ubwa kabiri baragaruka, n’ubwa gatatu.”

Abaturanyi b’uyu muturage babonye uburyo iyi nzu yasenywe, bavuga ko umuturanyi wabo yahohotewe kuko yubatse ku manywa y’ihangu inzego z’ibanze zireba.

Umwe ati “Twe nk’abaturage twabirebaga twaravugaga tuti ‘ese uriya muturage ari kuzira iki?’ kubera ko ibyo yakoraga yabikoraga ku manywa, kandi mu Mudugudu tuba dufitemo abanyamakuru, dufitemo abenyesibo, abakuru b’Imidugudu baba bahari, gato gusa karakopfora bakaba babimenye.”

Aba baturage bavuga ko na bo babona ikibazo atari ukuba iyi nzu yarubatswe mu buryo butemewe kuko uyu muturage yatangiye kubaka akarinda yuzuza ubuyobozi bubireba.

Undi ati “Ntabwo inzu yaturuka hano hasi ngo isakarwe, umuyobozi ahari ngo baze bayisenye. Gitifu w’Umurenge agomba kubiryozwa.”
Ikindi aba baturage bashingiraho bavuga ko hari ikibyihishe inyuma, bavuga ko uwagira ngo arabaza ku by’isenywa ry’iyi nzu, yahitaga ajyanwa n’ubuyobozi akajya gufungwa.

Undi muturage ati “Ngo ni abantu bahakeneye bashaka kuhagura noneho uyu mudamu akimuka akajya ruguru iriya mu ishyamba.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Uwizeyimana Josiane yavuze ko uyu muturage yasenyewe kuko yubatse atabifitiye icyangombwa.

Yavuze ko yatangiye kuyobora uyu Murenge iriya nyubako ihari itaruzura, uyu muturage ari bwo yahise asubukura imirimo yo kubaka iyi nzu, akamuhagarika ariko akinangira.

Ati “Yubatse ahantu nta cyangombwa cyo kubaka afite, turamubwira tuti ‘banza usabe ibyangombwa bikwemerera kubaka’, ntiyabyumva, wumve n’ukuntu agoye, tumuha ibaruwa akayakira ariko ntayisinye ko yayakiriye.”

Gitifu avuga ko uyu muturage yahagaritswe inshuro eshatu akinangira ndetse n’ushinzwe imiturire akamusura agasanga yubatse mu mbago z’umuhanda, akamusaba guhagarika kubaka ariko agakomeza gusuzugura, ku buryo ntakindi bagombaga gukora atari ukumusenyera.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 4

  1. Yvan says:
    2 years ago

    Ark natwe abaturage twisubireho twe gukomeza kunaniza (kwigomeka k’) Ubuyobozi.Mu nkuru humvikanamo ko yubatse ku ngufu nta cyangombwa, Ubuyobozi bumuhagaritse(inshuro 3) arabyanga yanga no gusinya; wumve ko hari icyo yari agamije.Kandi bamuhagaritse kubera ko babonaga asatira imbago z’umuhanda, yakabaye acibwa ikiguzi cyakoreshejwe mu gukuraho iriya nyubako akacibwa amande.

    Reply
    • Habimana gael says:
      2 years ago

      Nigute umuntu afata ibaruwa se ntasinye ibyo ntibibaho nikanuni zabayobozi gito baba bashaka gukandamiza abaturage

      Reply
  2. Danny Nkurikiyimfura says:
    2 years ago

    Ariko nkuyu munyabanga nshingwabokorwa uwajya iwe Agatha asanga bamusenyeye buriya ntiyakora umunsi mukuru raa cg yarira agahogora
    Bayobozi ayamarira muriza abaturage ntimwibwireko leta nitayabishyuza ntimugirengo Imana yo izaceceka izabibaryoza nimushaka mwitonde isi irazenguruka Namwe unsi umwe izabazengurukiraho

    Reply
    • Jean d'Amour says:
      2 years ago

      Aka Ni akarengane kabisa ubuse niwe wenyine utumva mu murenge?Ariko n’ubundi ibi nibya bibazo baba bateza leta ngo yubakire abatishoboye

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − one =

Previous Post

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

Next Post

DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

DRCongo mu itangazo ry’uburakari yongeye gutera ivanjiri idatagatifuje ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.