Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Airtel Rwanda yazanye agashya gashyira igorora abakiliya bayo kanabazaniye impano zizabanogera

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Airtel Money Revamps Interoperability: Launches new campaign WAMENYE WAGUAN?! To promote Seamless Cross-Network Transfers with Free Bundles
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya Airtel Rwanda yamuritse uburyo bushya bwo kwakira no kohereza amafaranga kuri Airtel Money ku mirongo yose bidasabye kunyura mu nzira nyinshi nk’uko byari bisanzwe, bwanazanye na Poromosiyo y’ubwasisi bwo kubaha inyongezo ya inite za interineti n’izo guhamagara.

Ubu buryo bushya bwo kohereza no kwakira amafaranga ku yindi mirongo, bwitezweho korohereza abakoresha umurongo wa Airtel Rwanda kwakira no kohereza amafaranga bitabagoye.

Umuyobozi Mukuru wa Airtel Money mu Rwanda, Jean Claude Gaga avuga ko iyi serivisi imaze igihe itangijwe, ariko ko uburyo yakoreshwaga hari harimo imbogamizi, ubu zikaba zavuyeho.

Ati “Wasangaga umufatabuguzi asabwa kugira ngo yemeze amabwiriza bigasa n’aho asubiyemo gahunda yo kwemeza amabwiriza aba yarakoze ajya ku murongo. Ubu guhera none umukiliya yaba undi murongo uwo ari wo wose cyangwa Airtel Money iyo agiye kohereza amafranga ntabwo bimusaba ko uriya muntu wundi aba yaremeje amabwiriza mbere yuko abona amafaranga.”

Yavuze ko ubu kohereza amafaranga ku yindi mirongo, byoroshye, ari ugukanda *182*1*2# ubundi uwohereza agakurikiza amabwiriza.

Usibye korohereza abakiliya, Airtel Money ivuga ko uburyo bushya bwo kohereza no kwakira amafaranga ku yindi mirongo, ubu byazanye n’impano ku mukiliya buri uko yohereje amafaranga, muri poromosiyo yiswe Wamenye WAGUAN!.

Jean Claude Gaga ati “Nukoresha tuzajya tuguha bundle yo gukoresha interinete cyangwa iyo guhamagara. Iyo ufite telefone ya tashi (smart phone) uzajya ubona hagati ya megabayiti 300 na gigabayiti imwe buri uko wohereje ariko nibura wohereje kuva ku maaranga ari hejuru y’igihumbi y’Igihumbi.”

N’abafite telefone zisanzwe, ntibirengagijwe ko na bo nibakoresha ubu buryo, bazajya bahabwa bundlre zo guhamagara ku mirongo yose ingana n’iminota 40 ikoreshwa mu masaha 24.

N’ababikuza amafaranga na bo, bagenewe iyi mpano, nabwo bikazajya bisaba kubikuza guhera ku mafaranga 1 000 ku mu agent wa Airtel Money.

Airtel Money ivuga ko ku bantu bohereje amafranga arenze 1 000 Frw bazajya bahabwa Megabytes 300 buri uko bohereje, naho abohereje arenga ibihumbi 7000 Frw bahabwe impano ya Gigabit 1.

Ubu buryo bwatangijwe kuri uyu wa Kane

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 2 =

Previous Post

Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke

Next Post

Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.