Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Akadomo ku byishimo by’igare2023: Umunya-Eritrea kabuhariwe yegukanye TdRda imbere ya Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
26/02/2023
in SIPORO
0
Akadomo ku byishimo by’igare2023: Umunya-Eritrea kabuhariwe yegukanye TdRda imbere ya Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi icumi batangiye agace ka nyuma buri wese abona ko bishoboka yo yakwegukana irushanwa rya Tour du Rwanda rya 2023, ariko Umunya-Eritrea, Henok Mulueberhan wari wambaye umwambaro w’umuhondo, yegukana iri rushanwa imbere ya Perezida Paul Kagame wakurikiye agace ka nyuma karyo.

Ibyishimo byari byose kuva muri Kigali kugera mu Ntara zose z’u Rwanda, byashyizweho akadomo n’Umunya-Eritrea, Henok Mulueberhan w’ikipe ya Green Project wegukanye irushanwa rya Tour du Rwanda rimaze kuba ikimenyabose.

Henok Mulueberhan yegukanye Tour du Rwanda ya 2023 anatwaye agace ka nyuma k’iri siganwa, kagaragayemo guhangana kudasanzwe kuko abakinnyi 10 ba mbere batangiye aka gace barushanwa ibihe bito.

Ubwo bari bagiye kugera ku murongo w’umweru wo gusorezaho iri siganwa, Henok Mulueberhan yakoze ibisa nk’igitangaza kuko yakose atake ku bakinnyi bari bamuri bubi bashaka gukuramo amasegonda, ahagurukira igare ararinyukira abatanga gukandagiza ipine kuri uyu murongo.

Uyu Munya-Eritrea Henok Mulueberhan wegukanye Tour du Rwanda ya 2023, yari yanatwaye agace kayo ka gatatu katurutse i Huye kerecyeza i Musanze.

Ni agace yegukanye nyuma yo kugaragaza ubuhanga budasanzwe mu kuzamuka ari na byo azwiho ndetse akaba yabishimangiye ubwo yegukanaga iri siganwa ryasorejwe ahantu hari agaterera, ubwo yahagurukiraga igare agatanga abandi akanegukana agace ka nyuma.

Ku isaga ya saa saba na mirongo itatu n’ine (13:34′), Perezida Paul Kagame yuriye podium yambika umwambaro w’umuhondo uyu Munya-Eritrea Henok Mulueberhan, anamushimira uburyo yitwaye akegukana iri rushanwa.

Perezida Kagame yari ari i Rebero ahasorejwe iri rushanwa

Perezida Paul Kagame yari ahari
Henok Mulueberhan yegukanye Tour du Rwanda 2023

Mu muhanda n’ubundi Henok yakomeje kurinda ibihe bye

Abanyakigali baryohewe n’igare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 11 =

Previous Post

IFOTO: U Rwanda ni rwiza kuva i Nyarugenge kugeza i Bweyeye…TourDuRwanda irabyerekana

Next Post

Aho yageze ibababaza niho igeze ibashimisha: Abafana ba ManUnited baraye bamwenyura

Related Posts

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Perezida w'ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo...

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisiteri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, bamaganye amakuru y’Ibuhuha yavugaga ko amatora ya Komite Nyobozi y’iri Shyirahamwe...

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aho yageze ibababaza niho igeze ibashimisha: Abafana ba ManUnited baraye bamwenyura

Aho yageze ibababaza niho igeze ibashimisha: Abafana ba ManUnited baraye bamwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.