Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwasabiye Akaliza Sophie igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari zirenga 5 Frw ku cyaha akurikiranyweho cyo gutanga sheki itazigamiwe kuri Muyango Deo Rutayisire uri mu bantu barenga 500 barega umugabo we Manzi Davis kubariganya amafaranga arenga miliyari 13 Frw binyuze mu kigo gitanga serivisi z’ivunjisha rikorerwa kuri internet cya ’Billion Traders FX.

Manzi n’umugore we Sophie bakurikiranyweho kuba barakaga abaturage amafaranga babizeza inyungu z’umurengera ariko birangira ibyo babasezeranyaga bidashyizwe mu bikorwa ndetse n’amafaranga yabo ntibayabasubiza.

Taliki 08 Mata 2024 Umugore wa Manzi Davis witwa Akaliza Sophie yari yahaye Muyango Deo Rutayisire sheki ya Miliyoni 532 Frw yo kumwishyura, igihe kigeze basanga amafaranga ntayariho.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe 2025 Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu Kagarama nibwo rwaburanishije uru rubanza Muyango Deo aregamo Akaliza Sophie.

Akaliza Sophie ntiyagaragaye mu rukiko, nubwo yari yaramenyeshejwe ariko urubanza rwaburanishijwe adahari.

Umushinjacyaha yasabye ko Urukiko rwakwakira ikirego cy’Ubushinjacyaha rugahamya Akaliza Sophie icyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe, bityo rukamukatira igifungo cy’imyaka itanu 5 n’ihazabu y’amafaranga Miliyari 5 na Miyoni 320, yikubye inshuro 10 nk’uko amategeko abiteganya.

Hagati aho umwuganizi wa Muyango Deo Rutayisire mu mategeko yasabye indishyi za Miliyari zisaga 10 Frw nyuma y’igihe gishize ahaye amafaranga uyu muryango binyuze kuri Sophie Akariza nyiri Kigo cya Billion Traders FX kugira ngo bajye bamucururiza, kikamwungukira inyungu.

Muyango Deo Rutayisire, mu Rukiko yavuze ko mu mwaka wa 2023-2024 yagiye aha Sophie Akariza ibihumbi by’amadorari amwizeza ko ari umuhanga mu gucuruza amafaranga ndetse afite n’ikoranabuhanga rimufasha mu gucuruza amafaranga. Kandi yamwizezaga ko ibyo bakora byemewe n’amategeko kuko bari bafite icyemezo gitangwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB.

Umucamanza yapfundikiye urubanza yanzura ko umwanzuro kuri uru rubanza uzatangazwa Taliki 10 Mata 2025 saa munani z’amanywa.

NTAMBARA Garleon

RADIOTV10

 

Comments 1

  1. coin thumbler says:
    4 months ago

    Hi і am kavin, іts my fіrst time to commenting anywheгe, when i read this piece of writing i thought i couⅼd alѕo make comment due to this sensiblе
    article.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 9 =

Previous Post

M23 yamaganiye kure ibyatangajwe ku mibare ihanitse y’abantu bahitanywe n’imirwano y’i Goma

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.