Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwasabiye Akaliza Sophie igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari zirenga 5 Frw ku cyaha akurikiranyweho cyo gutanga sheki itazigamiwe kuri Muyango Deo Rutayisire uri mu bantu barenga 500 barega umugabo we Manzi Davis kubariganya amafaranga arenga miliyari 13 Frw binyuze mu kigo gitanga serivisi z’ivunjisha rikorerwa kuri internet cya ’Billion Traders FX.

Manzi n’umugore we Sophie bakurikiranyweho kuba barakaga abaturage amafaranga babizeza inyungu z’umurengera ariko birangira ibyo babasezeranyaga bidashyizwe mu bikorwa ndetse n’amafaranga yabo ntibayabasubiza.

Taliki 08 Mata 2024 Umugore wa Manzi Davis witwa Akaliza Sophie yari yahaye Muyango Deo Rutayisire sheki ya Miliyoni 532 Frw yo kumwishyura, igihe kigeze basanga amafaranga ntayariho.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe 2025 Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu Kagarama nibwo rwaburanishije uru rubanza Muyango Deo aregamo Akaliza Sophie.

Akaliza Sophie ntiyagaragaye mu rukiko, nubwo yari yaramenyeshejwe ariko urubanza rwaburanishijwe adahari.

Umushinjacyaha yasabye ko Urukiko rwakwakira ikirego cy’Ubushinjacyaha rugahamya Akaliza Sophie icyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe, bityo rukamukatira igifungo cy’imyaka itanu 5 n’ihazabu y’amafaranga Miliyari 5 na Miyoni 320, yikubye inshuro 10 nk’uko amategeko abiteganya.

Hagati aho umwuganizi wa Muyango Deo Rutayisire mu mategeko yasabye indishyi za Miliyari zisaga 10 Frw nyuma y’igihe gishize ahaye amafaranga uyu muryango binyuze kuri Sophie Akariza nyiri Kigo cya Billion Traders FX kugira ngo bajye bamucururiza, kikamwungukira inyungu.

Muyango Deo Rutayisire, mu Rukiko yavuze ko mu mwaka wa 2023-2024 yagiye aha Sophie Akariza ibihumbi by’amadorari amwizeza ko ari umuhanga mu gucuruza amafaranga ndetse afite n’ikoranabuhanga rimufasha mu gucuruza amafaranga. Kandi yamwizezaga ko ibyo bakora byemewe n’amategeko kuko bari bafite icyemezo gitangwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB.

Umucamanza yapfundikiye urubanza yanzura ko umwanzuro kuri uru rubanza uzatangazwa Taliki 10 Mata 2025 saa munani z’amanywa.

NTAMBARA Garleon

RADIOTV10

 

Comments 1

  1. coin thumbler says:
    3 months ago

    Hi і am kavin, іts my fіrst time to commenting anywheгe, when i read this piece of writing i thought i couⅼd alѕo make comment due to this sensiblе
    article.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 16 =

Previous Post

M23 yamaganiye kure ibyatangajwe ku mibare ihanitse y’abantu bahitanywe n’imirwano y’i Goma

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.