Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwasabiye Akaliza Sophie igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari zirenga 5 Frw ku cyaha akurikiranyweho cyo gutanga sheki itazigamiwe kuri Muyango Deo Rutayisire uri mu bantu barenga 500 barega umugabo we Manzi Davis kubariganya amafaranga arenga miliyari 13 Frw binyuze mu kigo gitanga serivisi z’ivunjisha rikorerwa kuri internet cya ’Billion Traders FX.

Manzi n’umugore we Sophie bakurikiranyweho kuba barakaga abaturage amafaranga babizeza inyungu z’umurengera ariko birangira ibyo babasezeranyaga bidashyizwe mu bikorwa ndetse n’amafaranga yabo ntibayabasubiza.

Taliki 08 Mata 2024 Umugore wa Manzi Davis witwa Akaliza Sophie yari yahaye Muyango Deo Rutayisire sheki ya Miliyoni 532 Frw yo kumwishyura, igihe kigeze basanga amafaranga ntayariho.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe 2025 Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu Kagarama nibwo rwaburanishije uru rubanza Muyango Deo aregamo Akaliza Sophie.

Akaliza Sophie ntiyagaragaye mu rukiko, nubwo yari yaramenyeshejwe ariko urubanza rwaburanishijwe adahari.

Umushinjacyaha yasabye ko Urukiko rwakwakira ikirego cy’Ubushinjacyaha rugahamya Akaliza Sophie icyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe, bityo rukamukatira igifungo cy’imyaka itanu 5 n’ihazabu y’amafaranga Miliyari 5 na Miyoni 320, yikubye inshuro 10 nk’uko amategeko abiteganya.

Hagati aho umwuganizi wa Muyango Deo Rutayisire mu mategeko yasabye indishyi za Miliyari zisaga 10 Frw nyuma y’igihe gishize ahaye amafaranga uyu muryango binyuze kuri Sophie Akariza nyiri Kigo cya Billion Traders FX kugira ngo bajye bamucururiza, kikamwungukira inyungu.

Muyango Deo Rutayisire, mu Rukiko yavuze ko mu mwaka wa 2023-2024 yagiye aha Sophie Akariza ibihumbi by’amadorari amwizeza ko ari umuhanga mu gucuruza amafaranga ndetse afite n’ikoranabuhanga rimufasha mu gucuruza amafaranga. Kandi yamwizezaga ko ibyo bakora byemewe n’amategeko kuko bari bafite icyemezo gitangwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB.

Umucamanza yapfundikiye urubanza yanzura ko umwanzuro kuri uru rubanza uzatangazwa Taliki 10 Mata 2025 saa munani z’amanywa.

NTAMBARA Garleon

RADIOTV10

 

Comments 1

  1. coin thumbler says:
    4 months ago

    Hi і am kavin, іts my fіrst time to commenting anywheгe, when i read this piece of writing i thought i couⅼd alѕo make comment due to this sensiblе
    article.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

M23 yamaganiye kure ibyatangajwe ku mibare ihanitse y’abantu bahitanywe n’imirwano y’i Goma

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.