Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akari ku mutima wa Miss Kalimpinya nyuma yo gusura umwana w’Ingagi yise Izina

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in MU RWANDA
0
Akari ku mutima wa Miss Kalimpinya nyuma yo gusura umwana w’Ingagi yise Izina
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Queen Kalimpinya wabaye Igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2017, yasuye umwana w’Ingagi yise izina umwaka ushize, agaragaza ibyishimo yatewe n’ibihe byiza yagiriye mu Birunga.

Miss Kalimpinya ni umwe mu byamamare byise amazina Abana b’Ingagi 23 biswe umwaka ushize, aho umwana yise, yamuhaye izina rya ‘Impundu’.

Uyu munyarwandakazi witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda muri 2017, ubu wamaze kwinjira mu mukino wo gusiganwa ku modoka, yasuye uyu mwana w’Ingagi yise umwaka ushize.

Yifashishije amafoto yafashwe ubwo yasuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagiye kureba umwana w’Ingagi yise, yagaragaje ibyishimo yatewe n’iki gikorwa.

Yagize ati “Mbega ibyishimo byo gusura umwana w’Ingagi Impundu muri Pariki y’Ibirunga!”

Miss Kalimpinya kandi yavuze ko nk’umuntu wise umwana w’Ingagi, yagombaga kumusura kugira ngo amenye uko amerewe mbere yuko barumuna be na bo bagiye kuzitwa amazina muri uku kwezi twatangiye.

Yagize ati “Numva ari ibintu buri wese yagira ibye byumwihariko abagiriwe ubuntu bwo kwita izina abana b’ingagi. Ku rundi ruhande ndanakangurira Abanyarwanda muri rusange gusura iyi parike kuko ari hamwe mu ho wagirira ibihe byiza aho kuhaharira abanyamahanga gusa.”

Umunyarwenya w’icyamamare ku Isi, Kevin Hart na we uri mu bise Abana b’Ingagi umwaka ushize, ubwo yakoraga iki gikorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, yakoresheje urwenya azwiho, avuga ko azagurira umwana yise telefone akanamufunguriza Email kugira ngo bazajye babasha kuvugana.

Miss Kalimpinya ubwo yasuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga
Yishimiye kumubona

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 17 =

Previous Post

Bruce Melodie nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi ukomeye arakorana n’undi w’ikirangirire

Next Post

Abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Marburg mu Rwanda bageze mu 10

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Marburg mu Rwanda bageze mu 10

Abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Marburg mu Rwanda bageze mu 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.