Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akari ku mutima wa Miss Kalimpinya nyuma yo gusura umwana w’Ingagi yise Izina

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in MU RWANDA
0
Akari ku mutima wa Miss Kalimpinya nyuma yo gusura umwana w’Ingagi yise Izina
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Queen Kalimpinya wabaye Igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2017, yasuye umwana w’Ingagi yise izina umwaka ushize, agaragaza ibyishimo yatewe n’ibihe byiza yagiriye mu Birunga.

Miss Kalimpinya ni umwe mu byamamare byise amazina Abana b’Ingagi 23 biswe umwaka ushize, aho umwana yise, yamuhaye izina rya ‘Impundu’.

Uyu munyarwandakazi witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda muri 2017, ubu wamaze kwinjira mu mukino wo gusiganwa ku modoka, yasuye uyu mwana w’Ingagi yise umwaka ushize.

Yifashishije amafoto yafashwe ubwo yasuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagiye kureba umwana w’Ingagi yise, yagaragaje ibyishimo yatewe n’iki gikorwa.

Yagize ati “Mbega ibyishimo byo gusura umwana w’Ingagi Impundu muri Pariki y’Ibirunga!”

Miss Kalimpinya kandi yavuze ko nk’umuntu wise umwana w’Ingagi, yagombaga kumusura kugira ngo amenye uko amerewe mbere yuko barumuna be na bo bagiye kuzitwa amazina muri uku kwezi twatangiye.

Yagize ati “Numva ari ibintu buri wese yagira ibye byumwihariko abagiriwe ubuntu bwo kwita izina abana b’ingagi. Ku rundi ruhande ndanakangurira Abanyarwanda muri rusange gusura iyi parike kuko ari hamwe mu ho wagirira ibihe byiza aho kuhaharira abanyamahanga gusa.”

Umunyarwenya w’icyamamare ku Isi, Kevin Hart na we uri mu bise Abana b’Ingagi umwaka ushize, ubwo yakoraga iki gikorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, yakoresheje urwenya azwiho, avuga ko azagurira umwana yise telefone akanamufunguriza Email kugira ngo bazajye babasha kuvugana.

Miss Kalimpinya ubwo yasuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga
Yishimiye kumubona

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Bruce Melodie nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi ukomeye arakorana n’undi w’ikirangirire

Next Post

Abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Marburg mu Rwanda bageze mu 10

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Marburg mu Rwanda bageze mu 10

Abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Marburg mu Rwanda bageze mu 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.