Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhire Theophile, umwana w’Intwari Agathe Uwilingiyimana, avuga ko aterwa ishema n’ibyaranze umubyeyi we ndetse ko ahorana akanyamuneza aterwa no kumva bamuvuga ibigwi n’icyubahiro ahabwa mu Rwanda no mu mahanga.

Agathe Uwilingiyimana wabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, ni umwe mu banyapolitiki baranzwe no kurwanya akarengane kakorerwaga Abatutsi.

Uyu munyapolitiki yaje no kubizira, yicwa mu banyapolitiki ba mbere bishwe nyuma y’urupfu rw’uwari Perezida Juvenal Habyarimana, aho abasirikare barindaga uyu Mukuru w’Igihugu, baramukiye kwa Agathe Uwiringiliyimana, bakamwica nyuma yo kurasana n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zari zimurinze, aho yishwe mu gitondo cyo ku ya 07 Mata 1994.

Ibikorwa byaranze uyu munyapolitiki, biri mu byatumye ashyirwa mu Ntwari z’u Rwanda aho ari mu cyiciro cy’Imena gishyirwamo abantu bakoze ibikorwa bihebuje, bakarangwa no kwitangira Igihugu mu buzima bwabo bwuzuyemo ubunyangamugayo.

Ku ya 01 Gashyantare, ni umunsi wahariwe kuzirikana Intwari z’u Rwanda, ahakorwa ibikorwa binyuranye byo kuzirikana no kuzizihiza.

Agathe Uwilingiyimana, ni imwe mu Ntwari zazirikanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Gashyantare, aho umwana we witwa Umuhire Theophile ari mu bagiye ku gicumbi cy’Intwari z’u Rwanda, i Remera kuhashyira indabo no kunamira Intwari zitangiye u Rwanda.

Uyu muhungu wa Agathe Uwilingiyimana, ufite imyaka 32, yavuye mu Rwanda afite imyaka ine, akaba yagiye ku gicumbi cy’Intwari ari kumwe n’abo mu muryango we.

Umuhire wabuze umubyeyi we akiri muto, avuga ko yagiye amenya amakuru y’ibigwi byaranze umubyeyi we kandi ko bihora bimwubakira icyizere.

Ati “Ni iby’agaciro kuri njye kuba mfite umubyeyi waranzwe n’ibikorwa by’ubutwari nk’ibyo, ikindi kandi nishimira kuba abandi bamufatiraho urugero rwiza akaba anahabwa icyubahiro mu Rwanda no mu bindi Bihugu byo ku Isi.”

Agathe Uwilingiyimana wavutse tariki 23 Gicurasi 1953, akavukira mu cyahoze ari Perefegitura ya butare, ni umwe mu banyapolitiki bakunze kumvikana barwanya imigambi mibisha y’ubutegetsi bwa Habyarimana bwaranzwe n’ivangura ryakorerwaga Abatutsi.

Muri Nyakanga 1993, ubwo habaga inama yahuje Habyarimana n’amashyaka atavuga rumwe na Leta, Uwilingiyimana yagizwe Minisitiri w’Intebe.

Habyarimana yumvaga ko uyu munyapolitiki azajya ashyigikira imigambi ye, ahubwo arushaho kwamagana ibikorwa bibi by’ubu butegetsi, kandi akabikora ashize amanga, byanatumye ubutegetsi bwariho icyo gihe bumwijundika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Ibirambuye ku rubanza rudasanzwe rw’umwana muto rwavugishije bamwe

Next Post

DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa

Related Posts

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

IZIHERUKA

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

17/09/2025
Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa

DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Why do young people quit jobs after a few months?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.