Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Akari ku mutima w’umwana w’imwe mu Ntwari z’u Rwanda umaze imyaka 28 aba hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhire Theophile, umwana w’Intwari Agathe Uwilingiyimana, avuga ko aterwa ishema n’ibyaranze umubyeyi we ndetse ko ahorana akanyamuneza aterwa no kumva bamuvuga ibigwi n’icyubahiro ahabwa mu Rwanda no mu mahanga.

Agathe Uwilingiyimana wabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, ni umwe mu banyapolitiki baranzwe no kurwanya akarengane kakorerwaga Abatutsi.

Uyu munyapolitiki yaje no kubizira, yicwa mu banyapolitiki ba mbere bishwe nyuma y’urupfu rw’uwari Perezida Juvenal Habyarimana, aho abasirikare barindaga uyu Mukuru w’Igihugu, baramukiye kwa Agathe Uwiringiliyimana, bakamwica nyuma yo kurasana n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zari zimurinze, aho yishwe mu gitondo cyo ku ya 07 Mata 1994.

Ibikorwa byaranze uyu munyapolitiki, biri mu byatumye ashyirwa mu Ntwari z’u Rwanda aho ari mu cyiciro cy’Imena gishyirwamo abantu bakoze ibikorwa bihebuje, bakarangwa no kwitangira Igihugu mu buzima bwabo bwuzuyemo ubunyangamugayo.

Ku ya 01 Gashyantare, ni umunsi wahariwe kuzirikana Intwari z’u Rwanda, ahakorwa ibikorwa binyuranye byo kuzirikana no kuzizihiza.

Agathe Uwilingiyimana, ni imwe mu Ntwari zazirikanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Gashyantare, aho umwana we witwa Umuhire Theophile ari mu bagiye ku gicumbi cy’Intwari z’u Rwanda, i Remera kuhashyira indabo no kunamira Intwari zitangiye u Rwanda.

Uyu muhungu wa Agathe Uwilingiyimana, ufite imyaka 32, yavuye mu Rwanda afite imyaka ine, akaba yagiye ku gicumbi cy’Intwari ari kumwe n’abo mu muryango we.

Umuhire wabuze umubyeyi we akiri muto, avuga ko yagiye amenya amakuru y’ibigwi byaranze umubyeyi we kandi ko bihora bimwubakira icyizere.

Ati “Ni iby’agaciro kuri njye kuba mfite umubyeyi waranzwe n’ibikorwa by’ubutwari nk’ibyo, ikindi kandi nishimira kuba abandi bamufatiraho urugero rwiza akaba anahabwa icyubahiro mu Rwanda no mu bindi Bihugu byo ku Isi.”

Agathe Uwilingiyimana wavutse tariki 23 Gicurasi 1953, akavukira mu cyahoze ari Perefegitura ya butare, ni umwe mu banyapolitiki bakunze kumvikana barwanya imigambi mibisha y’ubutegetsi bwa Habyarimana bwaranzwe n’ivangura ryakorerwaga Abatutsi.

Muri Nyakanga 1993, ubwo habaga inama yahuje Habyarimana n’amashyaka atavuga rumwe na Leta, Uwilingiyimana yagizwe Minisitiri w’Intebe.

Habyarimana yumvaga ko uyu munyapolitiki azajya ashyigikira imigambi ye, ahubwo arushaho kwamagana ibikorwa bibi by’ubu butegetsi, kandi akabikora ashize amanga, byanatumye ubutegetsi bwariho icyo gihe bumwijundika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + nineteen =

Previous Post

Ibirambuye ku rubanza rudasanzwe rw’umwana muto rwavugishije bamwe

Next Post

DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa

DRCongo ibyo kwirukana abasirikare b’u Rwanda byatangiye kuyibyarira amazi n’ibisusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.