Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amadini yagaragarijwe aho agomba kwikubita agashyi kugira ngo atange umusanzu ushyitse mu Kwibuka29

radiotv10by radiotv10
07/04/2023
in MU RWANDA
0
Amadini yagaragarijwe aho agomba kwikubita agashyi kugira ngo atange umusanzu ushyitse mu Kwibuka29
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Rabagirana Ministries wasabye amadini n’amatorero kongera imbaraga mu nyigisho n’ibikorwa byo komora ibikomere ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko yakunze kubigaragazamo intege nke.

Uyu muryango Rabagirana Ministries ukora ibikorwa by’isanamitima yigisha ubumwe n’ubwiyunge, mu kiganiro ubuyobozi bw’uyu muryango bwagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 06 Mata, bwagaragaje icyo amadini n’amatorero akwiye gukora.

Rabagirana Minisitiries isanzwe ikora ibikorwa by’isanamitima n’ubwiyunge aho ihugura abarokotse Jenoside ku bijyanye n’isamamitima kugira ngo bibafashe gukira ibikomere batewe nayo bityo bere guheranwa n’agahinda, inahugura kandi abakoze Jenoside bafunguwe ikabigisha ndetse bagasaba imbabazi abo bayikoreye.

Uyu muryango kandi uvuga ko mu bikorwa by’isanamitima, bakoze umusozi w’ubumwe uherereye mu Kagari ka Rusheshe, mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro warahurijweho abantu batandukanye bagiye bava hirya no hino mu Gihugu ndetse no hanze yacyo kongeraho abaharokokeye Jenoside n’abayikoze bafunguwe abo bose bakaba barahawe amahugurwa ku bumwe n’ubwiyunge.

Dr Pasiteri Joseph Nyamutera, umuyobozi Mukuru wa Rabagirana Minisitries ashishikariza abanyamadini gukomeza gushyiramo imbaraga mu kwigisha abantu urukundo n’amahoro kandi bakabwira abantu ukuri uko kuri batabiciye hejuru, bakabihuza n’ijambo ry’Imana.

Yagize ati “Amadini n’amatorero bongere imbaraga mu nyigisho z’isanamitima. Haracyarimo ibintu abantu bakwiriye kuvugurura nko kuzamura ibikorwa by’isanamitima kuko biracyari bicye, cyane cyane mu gihe cy’icyunamo, turacyabona amatorero amwe abura icyo gukora.”

Yakomeje agira ati “Rimwe na Rimwe twashishikariza abakirisitu kujya mu biganiro mu bikorwa byo kwibuka, byo gushyingura ugasanga bamwe mu bayobozi b’Amatorero n’amadini ntibabyumva neza.”

Dr Pasiteri Joseph Nyamitera yasoje agenera abantu ubutumwa nyamukuru aho yavuze ko bifashishije amagambo agaragara mu gitabo cy’Umuhanuzi Ezekiyeri ibice 36:26 aho hagira hati ”Nzabaha n’umutima mushya, mbashyiremo umwuka mushya, nzabakuramo umutima ukomeye nk’ibuye, mbashyiremo umutima woroshye.”

Uyu muyobozi akomoza kuri ibi byanditswe yasabye abantu kwemerera Imana ikabaha imitima mishya yuzuye ubumwe ndetse n’urukundo kuko usanga ari byo bari babuze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byatangajwe mu kiganiro n’itangazamakuru

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + nine =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Next Post

S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.