Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amadini yagaragarijwe aho agomba kwikubita agashyi kugira ngo atange umusanzu ushyitse mu Kwibuka29

radiotv10by radiotv10
07/04/2023
in MU RWANDA
0
Amadini yagaragarijwe aho agomba kwikubita agashyi kugira ngo atange umusanzu ushyitse mu Kwibuka29
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Rabagirana Ministries wasabye amadini n’amatorero kongera imbaraga mu nyigisho n’ibikorwa byo komora ibikomere ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko yakunze kubigaragazamo intege nke.

Uyu muryango Rabagirana Ministries ukora ibikorwa by’isanamitima yigisha ubumwe n’ubwiyunge, mu kiganiro ubuyobozi bw’uyu muryango bwagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 06 Mata, bwagaragaje icyo amadini n’amatorero akwiye gukora.

Rabagirana Minisitiries isanzwe ikora ibikorwa by’isanamitima n’ubwiyunge aho ihugura abarokotse Jenoside ku bijyanye n’isamamitima kugira ngo bibafashe gukira ibikomere batewe nayo bityo bere guheranwa n’agahinda, inahugura kandi abakoze Jenoside bafunguwe ikabigisha ndetse bagasaba imbabazi abo bayikoreye.

Uyu muryango kandi uvuga ko mu bikorwa by’isanamitima, bakoze umusozi w’ubumwe uherereye mu Kagari ka Rusheshe, mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro warahurijweho abantu batandukanye bagiye bava hirya no hino mu Gihugu ndetse no hanze yacyo kongeraho abaharokokeye Jenoside n’abayikoze bafunguwe abo bose bakaba barahawe amahugurwa ku bumwe n’ubwiyunge.

Dr Pasiteri Joseph Nyamutera, umuyobozi Mukuru wa Rabagirana Minisitries ashishikariza abanyamadini gukomeza gushyiramo imbaraga mu kwigisha abantu urukundo n’amahoro kandi bakabwira abantu ukuri uko kuri batabiciye hejuru, bakabihuza n’ijambo ry’Imana.

Yagize ati “Amadini n’amatorero bongere imbaraga mu nyigisho z’isanamitima. Haracyarimo ibintu abantu bakwiriye kuvugurura nko kuzamura ibikorwa by’isanamitima kuko biracyari bicye, cyane cyane mu gihe cy’icyunamo, turacyabona amatorero amwe abura icyo gukora.”

Yakomeje agira ati “Rimwe na Rimwe twashishikariza abakirisitu kujya mu biganiro mu bikorwa byo kwibuka, byo gushyingura ugasanga bamwe mu bayobozi b’Amatorero n’amadini ntibabyumva neza.”

Dr Pasiteri Joseph Nyamitera yasoje agenera abantu ubutumwa nyamukuru aho yavuze ko bifashishije amagambo agaragara mu gitabo cy’Umuhanuzi Ezekiyeri ibice 36:26 aho hagira hati ”Nzabaha n’umutima mushya, mbashyiremo umwuka mushya, nzabakuramo umutima ukomeye nk’ibuye, mbashyiremo umutima woroshye.”

Uyu muyobozi akomoza kuri ibi byanditswe yasabye abantu kwemerera Imana ikabaha imitima mishya yuzuye ubumwe ndetse n’urukundo kuko usanga ari byo bari babuze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byatangajwe mu kiganiro n’itangazamakuru

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − fourteen =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Next Post

S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.