Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amadini yagaragarijwe aho agomba kwikubita agashyi kugira ngo atange umusanzu ushyitse mu Kwibuka29

radiotv10by radiotv10
07/04/2023
in MU RWANDA
0
Amadini yagaragarijwe aho agomba kwikubita agashyi kugira ngo atange umusanzu ushyitse mu Kwibuka29
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Rabagirana Ministries wasabye amadini n’amatorero kongera imbaraga mu nyigisho n’ibikorwa byo komora ibikomere ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko yakunze kubigaragazamo intege nke.

Uyu muryango Rabagirana Ministries ukora ibikorwa by’isanamitima yigisha ubumwe n’ubwiyunge, mu kiganiro ubuyobozi bw’uyu muryango bwagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 06 Mata, bwagaragaje icyo amadini n’amatorero akwiye gukora.

Rabagirana Minisitiries isanzwe ikora ibikorwa by’isanamitima n’ubwiyunge aho ihugura abarokotse Jenoside ku bijyanye n’isamamitima kugira ngo bibafashe gukira ibikomere batewe nayo bityo bere guheranwa n’agahinda, inahugura kandi abakoze Jenoside bafunguwe ikabigisha ndetse bagasaba imbabazi abo bayikoreye.

Uyu muryango kandi uvuga ko mu bikorwa by’isanamitima, bakoze umusozi w’ubumwe uherereye mu Kagari ka Rusheshe, mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro warahurijweho abantu batandukanye bagiye bava hirya no hino mu Gihugu ndetse no hanze yacyo kongeraho abaharokokeye Jenoside n’abayikoze bafunguwe abo bose bakaba barahawe amahugurwa ku bumwe n’ubwiyunge.

Dr Pasiteri Joseph Nyamutera, umuyobozi Mukuru wa Rabagirana Minisitries ashishikariza abanyamadini gukomeza gushyiramo imbaraga mu kwigisha abantu urukundo n’amahoro kandi bakabwira abantu ukuri uko kuri batabiciye hejuru, bakabihuza n’ijambo ry’Imana.

Yagize ati “Amadini n’amatorero bongere imbaraga mu nyigisho z’isanamitima. Haracyarimo ibintu abantu bakwiriye kuvugurura nko kuzamura ibikorwa by’isanamitima kuko biracyari bicye, cyane cyane mu gihe cy’icyunamo, turacyabona amatorero amwe abura icyo gukora.”

Yakomeje agira ati “Rimwe na Rimwe twashishikariza abakirisitu kujya mu biganiro mu bikorwa byo kwibuka, byo gushyingura ugasanga bamwe mu bayobozi b’Amatorero n’amadini ntibabyumva neza.”

Dr Pasiteri Joseph Nyamitera yasoje agenera abantu ubutumwa nyamukuru aho yavuze ko bifashishije amagambo agaragara mu gitabo cy’Umuhanuzi Ezekiyeri ibice 36:26 aho hagira hati ”Nzabaha n’umutima mushya, mbashyiremo umwuka mushya, nzabakuramo umutima ukomeye nk’ibuye, mbashyiremo umutima woroshye.”

Uyu muyobozi akomoza kuri ibi byanditswe yasabye abantu kwemerera Imana ikabaha imitima mishya yuzuye ubumwe ndetse n’urukundo kuko usanga ari byo bari babuze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byatangajwe mu kiganiro n’itangazamakuru

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 16 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

Next Post

S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.