Wednesday, May 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafaranga Polisi y’u Rwanda yarangishaga yabonye nyirayo

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in MU RWANDA
0
Amafaranga Polisi y’u Rwanda yarangishaga yabonye nyirayo
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yashyikirije amafaranga ibihumbi 500 Frw nyirayo nyuma yuko yari yayataye mu muhanda Remera-Giporoso mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ikayarangisha.

Aya mafaranga yasubijwe uwitwa Hatangimana Jean de Dieu wari wayataye mu kwezi gushize, mu muhanda wa Remera-Giporoso mu Mujyi wa Kigali.

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Gicurasi 2026, bwatangaje ko “Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yashyikirije HATANGIMANA Jean de Dieu amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atanu (500,000 Frw) yari yataye ku wa 23 Mata 2026 mu muhanda wa Remera-Giporoso, mu Karere ka Gasabo.”

Aya mafaranga asubijwe nyirayo, nyuma yuko mu kwezi gushize uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, rutangaje ko hari amafaranga yatawe, rurangisha ko uwakumva ari aye yajya kuyafata.

Itangazo rya Polisi y’u Rwanda ryari ryagiye hanze mu kwezi gushize, ryavugaga ko “Imenyesha umuntu waba warataye amafaranga ku wa Kane, tariki ya 23 Mata 2026, mu Karere ka Gasabo, mu muhanda Remera-Giporoso, ko ayo mafaranga yatoraguwe agashyikirizwa Polisi.”

Muri iryo tangazo Polisi yavugaga ko “Nyirayo arasabwa kuza kuyafata ku ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda ku Muhima, yitwaje indangamuntu kandi yiteguye gusubiza ibibazo bizafasha kwemeza ko ari aye.”

Hatangimana Jean de Dieu yishimiye gusubizwa amafaranga yari yataye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + eight =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

by radiotv10
13/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yemeje ko umusore w’imyaka 22 wavugwagaho ibikorwa bigayitse birimo gufata ku ngufu abagore...

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa avuga ko Igihugu cye kitari kugendera ku byakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America byo...

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

by radiotv10
13/05/2026
0

Ikigo cy’Igihigu cy’Ibarurishamibare NISR, kigaragaza ko mu mwaka wa 2025 abantu bandikishijwe mu irangamimerere ko bapfuye ari ibihumbi 39 bangana...

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Mamadi Doumbouya wa Guinea, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo muri Afurika (Africa CEO Forum),...

Here are the major projects set to receive Rwf 7.7 trillion in Rwanda’s 2026/27 budget

Here are the major projects set to receive Rwf 7.7 trillion in Rwanda’s 2026/27 budget

by radiotv10
13/05/2026
0

Rwanda has revealed how it plans to spend more than Rwf7.7 trillion in the 2026/2027 budget, with billions expected to...

IZIHERUKA

Amafaranga Polisi y’u Rwanda yarangishaga yabonye nyirayo
MU RWANDA

Amafaranga Polisi y’u Rwanda yarangishaga yabonye nyirayo

by radiotv10
13/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

13/05/2026
Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

13/05/2026
Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

13/05/2026
Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

13/05/2026
Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

13/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafaranga Polisi y’u Rwanda yarangishaga yabonye nyirayo

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’uwavugwagaho ibikorwa bigayitse

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.