Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze
Share on FacebookShare on Twitter

Imirimo yo kubaka ibikorwa byo ku butaka by’Ikibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Bugesera, igeze kuri 85%, aho hari gukorwa inzira zizajya zifashishwa n’indege mu guhaguruka no mu kururuka n’aho ziparika.

Kompanyi ya ATL (Aviation Travel Logistics) ishinzwe imirimo yo kuba iki Kibuga cy’Indege, itangaza ko icyiciro kigezweho mu kubaka iki Kibuga cy’Indege, ari icyo kubaka ibikorwa byo hasi ku Kibuga, birimo aho indege ziparika, aho zinyura zihaguruka zinururuka, ndetse n’imihanda y’imbere mu Kibuga.

Eva Nishimwe, usanzwe ari umwubatsi w’ibibuga by’indege ukorera iyi kompanyi, yabwiye Ikinyamakuru The New Times ko igice cya kabiri cy’iyi mirimo, biteganyijwe ko kizatangira muri uku kwezi kwa Nyakanga.

Iki gice, kigizwe n’inyubako z’abagenzi, inyubako zizajya zishyirwamo imizigo, iminara yo kugenzura ibyo ku kibuga cy’indege, inyubako z’umutekano, izizajya zikoreramo abakozi ndetse n’ibiro.

Mu gihe byari biteganyijwe ko igice cya mbere cyose cy’iki kibuga cy’indege kizaba cyaruzuye mu mwaka wa 2026, Nishimwe avuga ko imirimo yacyo izarangira muri 2027.

Ati “Icyiciro kizaba gikurikiyeho ni icyo guha amahugurwa itsinda ry’abakozi, gukora isuzuma ndetse no gutangiza ikibuga cy’indege, no gushaka icyangombwa cy’ikibuga cy’indege bishobora kuzafata igihe kigera ku mwaka. Uko byose bizagenda, bishobora kuzatuma Ikibuga cy’indege gitangira gukora muri 2028.”

Iki kibuga cy’indege cyahaye imirimo abantu bari hagati ya 1 800 na 2 000, barimo n’abakora mu bikorwa byo gucunga iki Kibuga cy’indege, ndetse n’abakorera kompanyi zikora mu buryo bw’amasezerano nk’izikora ibikorwa byihariye.

Uyu mushinga watangiye bivugwa ko uzatwara Miliyari 2 $, gusa Nishimwe avuga ko aya mafaranga ashobora guhindukaho gato akiyongera cyangwa akazaguma kungana uku, bitewe n’impamvu zinyuranye.

Iki kibuga cy’indege kizaba gifite metero kare ibihumbi 130, ubwo igice cya mbere cyacyo kizaba cyuzuye, kizajya kibasha kwakira abagenzi miliyoni 8 ku mwaka, ndetse bakaziyongera bakagera kuri miliyoni 14.

Inzira z’indege zatangiye kubakwa

Hatangiye no kubakwa imiyoboro y’amazi

Photos/The New Times

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − six =

Previous Post

Byamenyekanye ko batatu bahitanywe n’impanuka muri Canada barimo Umunyarwanda wari umusirikare

Next Post

BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.