Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze
Share on FacebookShare on Twitter

Imirimo yo kubaka ibikorwa byo ku butaka by’Ikibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Bugesera, igeze kuri 85%, aho hari gukorwa inzira zizajya zifashishwa n’indege mu guhaguruka no mu kururuka n’aho ziparika.

Kompanyi ya ATL (Aviation Travel Logistics) ishinzwe imirimo yo kuba iki Kibuga cy’Indege, itangaza ko icyiciro kigezweho mu kubaka iki Kibuga cy’Indege, ari icyo kubaka ibikorwa byo hasi ku Kibuga, birimo aho indege ziparika, aho zinyura zihaguruka zinururuka, ndetse n’imihanda y’imbere mu Kibuga.

Eva Nishimwe, usanzwe ari umwubatsi w’ibibuga by’indege ukorera iyi kompanyi, yabwiye Ikinyamakuru The New Times ko igice cya kabiri cy’iyi mirimo, biteganyijwe ko kizatangira muri uku kwezi kwa Nyakanga.

Iki gice, kigizwe n’inyubako z’abagenzi, inyubako zizajya zishyirwamo imizigo, iminara yo kugenzura ibyo ku kibuga cy’indege, inyubako z’umutekano, izizajya zikoreramo abakozi ndetse n’ibiro.

Mu gihe byari biteganyijwe ko igice cya mbere cyose cy’iki kibuga cy’indege kizaba cyaruzuye mu mwaka wa 2026, Nishimwe avuga ko imirimo yacyo izarangira muri 2027.

Ati “Icyiciro kizaba gikurikiyeho ni icyo guha amahugurwa itsinda ry’abakozi, gukora isuzuma ndetse no gutangiza ikibuga cy’indege, no gushaka icyangombwa cy’ikibuga cy’indege bishobora kuzafata igihe kigera ku mwaka. Uko byose bizagenda, bishobora kuzatuma Ikibuga cy’indege gitangira gukora muri 2028.”

Iki kibuga cy’indege cyahaye imirimo abantu bari hagati ya 1 800 na 2 000, barimo n’abakora mu bikorwa byo gucunga iki Kibuga cy’indege, ndetse n’abakorera kompanyi zikora mu buryo bw’amasezerano nk’izikora ibikorwa byihariye.

Uyu mushinga watangiye bivugwa ko uzatwara Miliyari 2 $, gusa Nishimwe avuga ko aya mafaranga ashobora guhindukaho gato akiyongera cyangwa akazaguma kungana uku, bitewe n’impamvu zinyuranye.

Iki kibuga cy’indege kizaba gifite metero kare ibihumbi 130, ubwo igice cya mbere cyacyo kizaba cyuzuye, kizajya kibasha kwakira abagenzi miliyoni 8 ku mwaka, ndetse bakaziyongera bakagera kuri miliyoni 14.

Inzira z’indege zatangiye kubakwa

Hatangiye no kubakwa imiyoboro y’amazi

Photos/The New Times

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + nine =

Previous Post

Byamenyekanye ko batatu bahitanywe n’impanuka muri Canada barimo Umunyarwanda wari umusirikare

Next Post

BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.