Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze
Share on FacebookShare on Twitter

Imirimo yo kubaka ibikorwa byo ku butaka by’Ikibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Bugesera, igeze kuri 85%, aho hari gukorwa inzira zizajya zifashishwa n’indege mu guhaguruka no mu kururuka n’aho ziparika.

Kompanyi ya ATL (Aviation Travel Logistics) ishinzwe imirimo yo kuba iki Kibuga cy’Indege, itangaza ko icyiciro kigezweho mu kubaka iki Kibuga cy’Indege, ari icyo kubaka ibikorwa byo hasi ku Kibuga, birimo aho indege ziparika, aho zinyura zihaguruka zinururuka, ndetse n’imihanda y’imbere mu Kibuga.

Eva Nishimwe, usanzwe ari umwubatsi w’ibibuga by’indege ukorera iyi kompanyi, yabwiye Ikinyamakuru The New Times ko igice cya kabiri cy’iyi mirimo, biteganyijwe ko kizatangira muri uku kwezi kwa Nyakanga.

Iki gice, kigizwe n’inyubako z’abagenzi, inyubako zizajya zishyirwamo imizigo, iminara yo kugenzura ibyo ku kibuga cy’indege, inyubako z’umutekano, izizajya zikoreramo abakozi ndetse n’ibiro.

Mu gihe byari biteganyijwe ko igice cya mbere cyose cy’iki kibuga cy’indege kizaba cyaruzuye mu mwaka wa 2026, Nishimwe avuga ko imirimo yacyo izarangira muri 2027.

Ati “Icyiciro kizaba gikurikiyeho ni icyo guha amahugurwa itsinda ry’abakozi, gukora isuzuma ndetse no gutangiza ikibuga cy’indege, no gushaka icyangombwa cy’ikibuga cy’indege bishobora kuzafata igihe kigera ku mwaka. Uko byose bizagenda, bishobora kuzatuma Ikibuga cy’indege gitangira gukora muri 2028.”

Iki kibuga cy’indege cyahaye imirimo abantu bari hagati ya 1 800 na 2 000, barimo n’abakora mu bikorwa byo gucunga iki Kibuga cy’indege, ndetse n’abakorera kompanyi zikora mu buryo bw’amasezerano nk’izikora ibikorwa byihariye.

Uyu mushinga watangiye bivugwa ko uzatwara Miliyari 2 $, gusa Nishimwe avuga ko aya mafaranga ashobora guhindukaho gato akiyongera cyangwa akazaguma kungana uku, bitewe n’impamvu zinyuranye.

Iki kibuga cy’indege kizaba gifite metero kare ibihumbi 130, ubwo igice cya mbere cyacyo kizaba cyuzuye, kizajya kibasha kwakira abagenzi miliyoni 8 ku mwaka, ndetse bakaziyongera bakagera kuri miliyoni 14.

Inzira z’indege zatangiye kubakwa

Hatangiye no kubakwa imiyoboro y’amazi

Photos/The New Times

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − one =

Previous Post

Byamenyekanye ko batatu bahitanywe n’impanuka muri Canada barimo Umunyarwanda wari umusirikare

Next Post

BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa
AMAHANGA

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

BREAKING: Amajwi mashya yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame…Menya impinduka zabayeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.