Friday, February 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

AMAFOTO: Irebere ubwiza bw’imyenda ikorwa n’inzu yambika ibyamamare inafitiye abakiliya agashya k’Ubunani

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
AMAFOTO: Irebere ubwiza bw’imyenda ikorwa n’inzu yambika ibyamamare inafitiye abakiliya agashya k’Ubunani
Share on FacebookShare on Twitter

Odileira Design, imwe mu nzu z’imideri zo mu Rwanda, ikaba izwiho umwihariko wo kwambika abifuza kujya mu birori bakahacana umucyo, ifitiye agashya abakiliya bazakodesha imyenda mu bihe by’iminsi mikuru. Twaganiriye n’uwashinze iyi nzu y’imideri.

Iyi nzu y’imideri ya Odileira Design izwiho no kwambika ibyamamare bifite amazina azwi mu Rwanda iyo byitabiriye ibirori, nk’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool uherutse guserukana ikanzu yarangaje benshi ubwo yitabiraga itangwa ry’ibihembo bya Trace Awards.

Iyi nzu y’imideri iherereye mu Mujyi rwagati haruguru y’ahazwi nko ku Nkuru Nziza, imaze kuba ikimenyabose mu bifuza imyambaro yo gutahana ibirori nk’ubukwe, iby’isabukuru y’amavuko, ibya Bridal shower, ndetse n’ibitaramo.

Iradukunda Odille washinze iyi nzu y’imideri, avuga ko igitekerezo cyo gutangiza igikorwa nk’iki yakigize akiri muto, kuko yakuze abona umubyeyi we adoda imyenda akoresheje icyarahani, bituma akurana inyota yo kuzakora ishoramari nk’iri.

Ikindi kandi avuga ko yakundaga ibijyanye n’imyambarire, ku buryo ari ikintu yitaho cyane, ari na byo byatumye na we yifuza kujya afasha abifuza kwambara neza.

Ati “Nabonaga mama abikora, nkura mbikunda, kwa kundi umwana akina na byo, aho ndangirije kwiga nza kubona ko nabikora mu buryo bwiza kuko nari maze kubona ko abantu bantera akanyabugabo, bambwira ko mbikora neza, bati ‘jya ukomeza utudodere’, bituma nanjye mvuga ngo reka mbikore mu buryo bwagutse.”

Iradukunda Odille avuga ko nubwo uru ruganda rwo guhanga imideri mu Rwanda rukirimo imbogamizi, ariko ruri gukura ku kugero gishimishije, kuko uko rwari ruhagaze mu myaka itanu ishize atari ko rumeze ubu,

Ati “Nk’ibikoresho bimwe na bimwe ntitubasha kubibona hano, ugasanga biratugora tujya kubishaka hanze, ariko urwego turiho rurashimishije mu Rwanda, kuko navuga ko Made in Rwanda [ibikorerwa mu Rwanda] iramamazwa cyane, ko abantu bagomba kwambara imyambaro yakorewe mu Rwanda.”

Yatanze ingero z’ibikorwa bikomeye bibera mu Rwanda, bigaragaramo abambaye imyambaro yakorewe mu Rwanda, nk’ibirori biherutse gutangirwamo ibihembo bya Trace Awards, ndetse n’umuhango wo Kwita Izina Abana b’Ingagi.

Ati “Warabibonye ko imyambaro myinshi yari yambawe, yari Made in Rwanda. Nanjye nari mfitemo abo nari nambitse kandi bagaragaye neza cyane.”

Agashya k’iminsi mikuru

Iyi nzu y’Imideri ya Odileira Design iherutse kumanura ibiciro ku munsi uzwi nka ‘Black Friday’ aho yari yashyizeho igabanyirizwa rya 20%, itangaza ko inafitiye abakiliya agashya k’iminsi mikuru isoza umwaka.

Mu cyumweru cya nyuma cy’uku kwezi gusoza umwaka, abazakodesha imyenda y’ibirori muri Odileira Design, bazagabanyirizwaho 25%, mu rwego rwo guha abantu iminsi mikuru.

Iri gabanyirizwa rizaba rireba gusa abazakodesha imyenda yo kujyana mu birori, mu gihe abazadodesha; bo batarebwa n’iri gabanyirizwa.

Itsinda rya Kigali Boss Babe riherutse gutanga igihembo muri Trace Awards ryambistwe na Odileira Design

N’umunyamakurukazi Cyuzuzo na we yari yaserukanye umuderi wo muri Odileira Design
Umunyamideri Keza Terisky na we yambikwa na Odileira Design

N’abakinnyi ba Filimi barabagana
Imyambaro y’ubukwe muri Odileira Design irakorwa

Abifuza imyambaro yo mu birori bashyizwe igorora

Imideri muri Odileira Design ni uburo buhuye

RADIOTV10

Comments 1

  1. Sabagirirwa Anastasie says:
    2 years ago

    I am interested

    Reply

Leave a Reply to Sabagirirwa Anastasie Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + nineteen =

Previous Post

Icyifuzo cy’umukozi w’Imana Yongwe wifuzaga gufungurwa cyateshejwe agaciro

Next Post

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Related Posts

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

Weekend of events in Rwanda: Here are the events to expect

by radiotv10
06/02/2026
0

This weekend across Rwanda is packed with a mix of adventure, nature, music, and social events. Whether you love the...

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

by radiotv10
04/02/2026
0

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakazwa amashusho agaragaza umuhanzikazi Celine Dion atitira anarira kubera ububabare bw’indwara ya SPS (Stiff-Person Syndrome) amaranye...

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

by radiotv10
04/02/2026
0

“Ugende ukore ibyawe natwe dukore ibyacu, ntahantu tuzongera guhurira.” Ayo ni amagambo Killaman yabwiye Mitsutsu nyuma y’uko amwise indyarya, mu...

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo,...

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

by radiotv10
04/02/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye nka 5k Etienne wari uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazashyingiranwa, arabimwemerera. Iki gikorwa...

IZIHERUKA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi
AMAHANGA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

by radiotv10
06/02/2026
0

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

06/02/2026
Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

06/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Uwa Guverinoma y’u Bwongereza uje gusinya amasezerano mashya yahageze: Ibyo yavuze mbere yo kuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.