Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije

radiotv10by radiotv10
17/04/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Barbados mu ruzinduko rwa mbere ari kugirira muri iki Gihugu, yifatanyije n’abakinnyi ba Tennis yo mu muhanda mu mukino barimo, banamuha impano z’ibikoresho byifashishwa muri uyu mukino.

Perezida Kagame Paul wagiriye uruzinduko rwe muri Barbados avuye muri Jamaica, kuri uyu wa Gatandatu yanahuye n’abayobozi b’iki Gihugu cya Barbados barimo Minisitiri w’Intebe, Mia Amor Mottley na Perezida Sandra Mason.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, byatangaje kuri Twitter ko Perezida Kagame ubwo yari kumwe na Minisitiri w’Intebe Mia Amor Mottley bagiye ahari hari kubera umukino wa Tennis ikinirwa mu muhanda, bakifatanya n’abariho bakina.

Ubutumwa bwa Perezidansi y’u Rwanda buri kuri Twitter, bugira buti “Abakinnyi bahaye impano Perezida Paul Kagame z’inkoni (Tennis racquets) ebyiri zidasanzwe za Tennis ikinirwa mu muhanda.”

Perezida Paul Kagame usanzwe akunda siporo muri rusange, asanzwe anakina uyu mukino wa Tennis aho uri mu mikino akunda wo na Basketball.

Perezida Kagame kandi yanahuye n’abanyabigwi mu mukino wa Cricket bo muri iki Gihugu cya Barbados ari bo Sir Garry Sobers and Sir Wesley Hall na bo bamuha impano.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda byatangaje ko kandi Perezida Paul Kagame yanaganiriye n’aba banyabigwi uburyo bagira uruhare mu kuzamura uyu mukino mu Rwanda by’umwihariko mu byo gutoza.

Umukuru w’u Rwanda kandi ari kumwe na Minisitiri w’Intebe Mia Amor Mottley bateye ibiti mu busitani mpuzamahanga buzwi nka Barbados National Botanical Gardens burimo ibiti byatewe n’abayobozi banyuranye bo ku Isi.

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe bagiye kureba uyu mukino
Perezida Kagame na we yakinnye uyu mukinno wa Tennis
Bamuhaye impano

Perezida Kagame kandi yanahuye n’abanyabigwi mu mukino wa Cricket
Na bo bamuhaye impano

Yanateye igiti mu busitani mpuzamahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

Next Post

Ruhago nyarwanda yabuze umukinnyi ukiri muto wishwe n’impanuka ya moto

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhago nyarwanda yabuze umukinnyi ukiri muto wishwe n’impanuka ya moto

Ruhago nyarwanda yabuze umukinnyi ukiri muto wishwe n’impanuka ya moto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.