Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije

radiotv10by radiotv10
17/04/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Barbados mu ruzinduko rwa mbere ari kugirira muri iki Gihugu, yifatanyije n’abakinnyi ba Tennis yo mu muhanda mu mukino barimo, banamuha impano z’ibikoresho byifashishwa muri uyu mukino.

Perezida Kagame Paul wagiriye uruzinduko rwe muri Barbados avuye muri Jamaica, kuri uyu wa Gatandatu yanahuye n’abayobozi b’iki Gihugu cya Barbados barimo Minisitiri w’Intebe, Mia Amor Mottley na Perezida Sandra Mason.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, byatangaje kuri Twitter ko Perezida Kagame ubwo yari kumwe na Minisitiri w’Intebe Mia Amor Mottley bagiye ahari hari kubera umukino wa Tennis ikinirwa mu muhanda, bakifatanya n’abariho bakina.

Ubutumwa bwa Perezidansi y’u Rwanda buri kuri Twitter, bugira buti “Abakinnyi bahaye impano Perezida Paul Kagame z’inkoni (Tennis racquets) ebyiri zidasanzwe za Tennis ikinirwa mu muhanda.”

Perezida Paul Kagame usanzwe akunda siporo muri rusange, asanzwe anakina uyu mukino wa Tennis aho uri mu mikino akunda wo na Basketball.

Perezida Kagame kandi yanahuye n’abanyabigwi mu mukino wa Cricket bo muri iki Gihugu cya Barbados ari bo Sir Garry Sobers and Sir Wesley Hall na bo bamuha impano.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda byatangaje ko kandi Perezida Paul Kagame yanaganiriye n’aba banyabigwi uburyo bagira uruhare mu kuzamura uyu mukino mu Rwanda by’umwihariko mu byo gutoza.

Umukuru w’u Rwanda kandi ari kumwe na Minisitiri w’Intebe Mia Amor Mottley bateye ibiti mu busitani mpuzamahanga buzwi nka Barbados National Botanical Gardens burimo ibiti byatewe n’abayobozi banyuranye bo ku Isi.

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe bagiye kureba uyu mukino
Perezida Kagame na we yakinnye uyu mukinno wa Tennis
Bamuhaye impano

Perezida Kagame kandi yanahuye n’abanyabigwi mu mukino wa Cricket
Na bo bamuhaye impano

Yanateye igiti mu busitani mpuzamahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

Next Post

Ruhago nyarwanda yabuze umukinnyi ukiri muto wishwe n’impanuka ya moto

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhago nyarwanda yabuze umukinnyi ukiri muto wishwe n’impanuka ya moto

Ruhago nyarwanda yabuze umukinnyi ukiri muto wishwe n’impanuka ya moto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.