Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije

radiotv10by radiotv10
17/04/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Barbados mu ruzinduko rwa mbere ari kugirira muri iki Gihugu, yifatanyije n’abakinnyi ba Tennis yo mu muhanda mu mukino barimo, banamuha impano z’ibikoresho byifashishwa muri uyu mukino.

Perezida Kagame Paul wagiriye uruzinduko rwe muri Barbados avuye muri Jamaica, kuri uyu wa Gatandatu yanahuye n’abayobozi b’iki Gihugu cya Barbados barimo Minisitiri w’Intebe, Mia Amor Mottley na Perezida Sandra Mason.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, byatangaje kuri Twitter ko Perezida Kagame ubwo yari kumwe na Minisitiri w’Intebe Mia Amor Mottley bagiye ahari hari kubera umukino wa Tennis ikinirwa mu muhanda, bakifatanya n’abariho bakina.

Ubutumwa bwa Perezidansi y’u Rwanda buri kuri Twitter, bugira buti “Abakinnyi bahaye impano Perezida Paul Kagame z’inkoni (Tennis racquets) ebyiri zidasanzwe za Tennis ikinirwa mu muhanda.”

Perezida Paul Kagame usanzwe akunda siporo muri rusange, asanzwe anakina uyu mukino wa Tennis aho uri mu mikino akunda wo na Basketball.

Perezida Kagame kandi yanahuye n’abanyabigwi mu mukino wa Cricket bo muri iki Gihugu cya Barbados ari bo Sir Garry Sobers and Sir Wesley Hall na bo bamuha impano.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda byatangaje ko kandi Perezida Paul Kagame yanaganiriye n’aba banyabigwi uburyo bagira uruhare mu kuzamura uyu mukino mu Rwanda by’umwihariko mu byo gutoza.

Umukuru w’u Rwanda kandi ari kumwe na Minisitiri w’Intebe Mia Amor Mottley bateye ibiti mu busitani mpuzamahanga buzwi nka Barbados National Botanical Gardens burimo ibiti byatewe n’abayobozi banyuranye bo ku Isi.

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe bagiye kureba uyu mukino
Perezida Kagame na we yakinnye uyu mukinno wa Tennis
Bamuhaye impano

Perezida Kagame kandi yanahuye n’abanyabigwi mu mukino wa Cricket
Na bo bamuhaye impano

Yanateye igiti mu busitani mpuzamahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

Next Post

Ruhago nyarwanda yabuze umukinnyi ukiri muto wishwe n’impanuka ya moto

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhago nyarwanda yabuze umukinnyi ukiri muto wishwe n’impanuka ya moto

Ruhago nyarwanda yabuze umukinnyi ukiri muto wishwe n’impanuka ya moto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.