Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

radiotv10by radiotv10
17/04/2022
in MU RWANDA
0
Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, yatangaje ko yakiriye Inka z’inyambo yagabiwe na Perezida Paul Kagame mu kwezi gushize.

Hari hashize ukwezi Perezida Paul Kagame agabiye Muhoozi Inka z’Inyambo ubwo yari mu Rwanda mu kwezi gushize mu ruzinduko yahagiriye akanakirwa n’Umukuru w’u Rwanda mu rwuri rwe.

Tariki 15 Werurwe 2022, ni bwo Perezida Kagame ari kumwe na bamwe mu bana be, bakiriye Muhoozi mu rwuri, amugabira Inka z’inyambo.

  • Muhoozi yavuze umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Kagame
  • Perezida Kagame ari kumwe na Brian na Cyomoro bakiriye Muhoozi mu rwuri

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Mata 2022, Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko yakiriye izi Nka yagabiwe na Perezida Paul Kagame akunze kwita “My uncle”.

Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Muhoozi Kainerugaba yagize ati “Umunsi ubanziriza Ejobundi hashize nakiriye Inka zanjye nahawe na Nyakubahwa Paul Kagame. Ubu guhera uyu munsi ndi Inkotanye.”

Ubwo Muhoozi yashyikaga mu rugo asoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda, yahishuye ko Perezida Kagame yamugabiye Inka 10 z’Inyambo.

Icyo gihe yavuze ko mu muco uhuriweho muri aka karere by’umwihariko mu basanzwe ari aborozi “nka Banyankore, Banyarwanda, Karimojong, Dinka na Masai, nta kintu gihebuje kigaragaza ubucuti nko kuba umuntu yakugabira Inka. Afande Kagame yampaye Inyana icumi mu nka ze z’Inyambo.”

Icyo gihe kandi Muhoozi wari ugiriye uruzinduko rwa kabiri mu Rwanda muri uyu mwaka, yaboneyeho gushimira Perezida Paul Kagame ku mahirwe yamuhaye yo kugira uruhare mu kubura umubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi cyatumaga Ibihugu bitagenderana mu gihe ubu urujya n’uruza rwongeye kubyuka.

Ubwo Perezida Kagame yagabiraga Inka Muhoozi mu kwezi gushize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − seven =

Previous Post

Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Barbados yakinnye Tennis anahabwa impano zishimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.