Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Zambia, we na mugenzi we w’iki Gihugu, Hakainde Hichilema batembereye ahantu hanogeye ijisho hazwi nka Victoria Falls hari amazi yisuka mu mugezi wa Zambezi uri mu ya minini muri Africa.

Perezida Paul Kagame wageze i Livingston kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022 akakirwa na mugenzi we Hakainde Hichilema, babanje kugirana ibiganiro byihariye.

Nyuma y’ibi biganiro, Abakuru b’Ibihugu bombi bayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye bw’u Rwanda na Zambia.

Abakuru b’Ibihugu kandi banatembereye kuri Victoria Falls ahantu hanogeye ijisho kubera amazi yisuka ajya mu mugezi wa Zambezi ukaba uwa kane mu migezi minini muri Afurika ukaba kandi uri mu ya mbere inogeye ijisho.

Uyu mugezi unyura mu bihugu bitanu byo mu Mugabane wa Africa (Zambia, Zimbabwe, Mozambique, Namibia na Angola) ku ruhande rwa Zambia unyura i Livingston ifatwa nk’Umurwa mukuru w’Ubukerarugendo.

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema yagaragaje ko yishimiye gutemberana na Perezida Paul Kagame kuri Victoria Falls bagiyeyo bari kumwe na bamwe mu bayobozi bo mu bihugu byombi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Perezida Kagame yari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta ndetse n’uw’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Gerardine Mukeshimana.

Muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri, biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame na mugenzi we Hakainde Hichilema kuri uyu wa Kabiri baza no gutembera muri Pariki y’Igihugu ya Mosi-oa-Tunya na yo iri mu za mbere zinogeye ijisho muri Africa.

Photos© Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Zelensky arashinja Russia kubakorera Jenoside, Biden ati “ni intambara”-Muri Ukraine bikomeje kuba agatereranzamba

Next Post

Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.