Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Zambia, we na mugenzi we w’iki Gihugu, Hakainde Hichilema batembereye ahantu hanogeye ijisho hazwi nka Victoria Falls hari amazi yisuka mu mugezi wa Zambezi uri mu ya minini muri Africa.

Perezida Paul Kagame wageze i Livingston kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022 akakirwa na mugenzi we Hakainde Hichilema, babanje kugirana ibiganiro byihariye.

Nyuma y’ibi biganiro, Abakuru b’Ibihugu bombi bayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye bw’u Rwanda na Zambia.

Abakuru b’Ibihugu kandi banatembereye kuri Victoria Falls ahantu hanogeye ijisho kubera amazi yisuka ajya mu mugezi wa Zambezi ukaba uwa kane mu migezi minini muri Afurika ukaba kandi uri mu ya mbere inogeye ijisho.

Uyu mugezi unyura mu bihugu bitanu byo mu Mugabane wa Africa (Zambia, Zimbabwe, Mozambique, Namibia na Angola) ku ruhande rwa Zambia unyura i Livingston ifatwa nk’Umurwa mukuru w’Ubukerarugendo.

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema yagaragaje ko yishimiye gutemberana na Perezida Paul Kagame kuri Victoria Falls bagiyeyo bari kumwe na bamwe mu bayobozi bo mu bihugu byombi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Perezida Kagame yari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta ndetse n’uw’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Gerardine Mukeshimana.

Muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri, biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame na mugenzi we Hakainde Hichilema kuri uyu wa Kabiri baza no gutembera muri Pariki y’Igihugu ya Mosi-oa-Tunya na yo iri mu za mbere zinogeye ijisho muri Africa.

Photos© Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Zelensky arashinja Russia kubakorera Jenoside, Biden ati “ni intambara”-Muri Ukraine bikomeje kuba agatereranzamba

Next Post

Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.