Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Hichilema muri Zambia batembereye ahantu nyaburanga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Zambia, we na mugenzi we w’iki Gihugu, Hakainde Hichilema batembereye ahantu hanogeye ijisho hazwi nka Victoria Falls hari amazi yisuka mu mugezi wa Zambezi uri mu ya minini muri Africa.

Perezida Paul Kagame wageze i Livingston kuri uyu wa Mbere tariki 04 Mata 2022 akakirwa na mugenzi we Hakainde Hichilema, babanje kugirana ibiganiro byihariye.

Nyuma y’ibi biganiro, Abakuru b’Ibihugu bombi bayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye bw’u Rwanda na Zambia.

Abakuru b’Ibihugu kandi banatembereye kuri Victoria Falls ahantu hanogeye ijisho kubera amazi yisuka ajya mu mugezi wa Zambezi ukaba uwa kane mu migezi minini muri Afurika ukaba kandi uri mu ya mbere inogeye ijisho.

Uyu mugezi unyura mu bihugu bitanu byo mu Mugabane wa Africa (Zambia, Zimbabwe, Mozambique, Namibia na Angola) ku ruhande rwa Zambia unyura i Livingston ifatwa nk’Umurwa mukuru w’Ubukerarugendo.

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema yagaragaje ko yishimiye gutemberana na Perezida Paul Kagame kuri Victoria Falls bagiyeyo bari kumwe na bamwe mu bayobozi bo mu bihugu byombi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Perezida Kagame yari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta ndetse n’uw’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Gerardine Mukeshimana.

Muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri, biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame na mugenzi we Hakainde Hichilema kuri uyu wa Kabiri baza no gutembera muri Pariki y’Igihugu ya Mosi-oa-Tunya na yo iri mu za mbere zinogeye ijisho muri Africa.

Photos© Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Zelensky arashinja Russia kubakorera Jenoside, Biden ati “ni intambara”-Muri Ukraine bikomeje kuba agatereranzamba

Next Post

Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Guverineri Habitegeko yakiriye Miss Muheto amugenera ubutumwa bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.