Friday, May 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

radiotv10by radiotv10
15/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Edrisah Kenzo Musuuzah uzwi nka Eddy Kenzo yaherekeje umugore we Phiona Nyamutoro ubwo yari agiye kurahirira inshingano zo kuba Umudepite.

Phiona Nyamutoro asanzwe ari muri Guverinoma ya Uganda, aho ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ingufu n’Iterambere ry’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Uganda.

Nyuma y’amatora rusange yabaye muri Uganda, n’aya Perezida wa Repubulika, ubu hari gukorwa ibikorwa byo kurahirira inshingano nyuma yuko perezida Yoweri Kaguta Museveni arahiriye gukomeza kuyobora Abanya-Uganda.

Phiona Nyamutoro wari usanzwe ari n’Umudepite akaba no muri Guverinoma ya Uganda, uyu munsi yarahiriye inshingano z’Ubudepite nk’Umudepite uhagarariye abagore m Karere ka Nebbi, aho yarahiriye manda y’imyaka itanu yo kuva muri uyu mwaka wa 2026 kugeza muri 2031.

Ubwo uyu munyapolitiki yajyaga kurahira, yaherekejwe n’umugabo we Eddy Kenzo, wari wamuherekeje n’ubundi mu ntangiro z’iki cyumweru ubwo habaga ibirori by’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Uku kujyana kw’aba bombi, kwanakurikiwe n’amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, ko Eddy Kenzo yari agiye guhagurutswa mu byicaro yari yicaranyemo n’umugore we Phiona, ariko uyu muhanzi aza kunyomoza aya makuru, avuga ko ifoto yakwirakwije imugaragaza ari guhagurutswa, ari iyacuzwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano AI.

Photos © NBS TV

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − six =

Previous Post

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

Related Posts

Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

by radiotv10
15/05/2026
0

Umuhanzi w’Umurundi Kidum Kibido byari byavuzwe ko yakoreye impanuka ikomeye i Nairobi muri Kenya ndetse bamwe bakavuga ko yitabye Imana,...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

by radiotv10
13/05/2026
0

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashyikirijwe ubujurire bw’Ubushinjacyaha ku cyemezo cyafatiwe rwa Shema Arnaurd De Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk, wahamijwe...

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

by radiotv10
13/05/2026
0

Umuhanzi Edrisah Kenzo Musuuzah uzwi nka Eddy Kenzo yavuze ko ifoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, imugaragaza ahagurutswa mu myanya y’icyubahiro...

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

by radiotv10
13/05/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yashyize hanze ibaruwa ifunguye yageneye Abanyarwanda, asabira imbabazi abafunzwe bazira gushyira hanze amashusho y’urukozasoni...

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

by radiotv10
13/05/2026
0

MC Murenzi wakoze umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro wanabaye umushyushyarugamba (MC) usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

by radiotv10
15/05/2026
0

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

15/05/2026
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete mpuzamahanga yaguze Hoteli ebyiri zikomeye mu Rwanda zirimo Cleo Lake Kivu Hotel

15/05/2026
Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

15/05/2026
Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

15/05/2026
Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

15/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

Sosiyete mpuzamahanga yaguze Hoteli ebyiri zikomeye mu Rwanda zirimo Cleo Lake Kivu Hotel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.