Umuhanzi Edrisah Kenzo Musuuzah uzwi nka Eddy Kenzo yaherekeje umugore we Phiona Nyamutoro ubwo yari agiye kurahirira inshingano zo kuba Umudepite.
Phiona Nyamutoro asanzwe ari muri Guverinoma ya Uganda, aho ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ingufu n’Iterambere ry’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Uganda.
Nyuma y’amatora rusange yabaye muri Uganda, n’aya Perezida wa Repubulika, ubu hari gukorwa ibikorwa byo kurahirira inshingano nyuma yuko perezida Yoweri Kaguta Museveni arahiriye gukomeza kuyobora Abanya-Uganda.
Phiona Nyamutoro wari usanzwe ari n’Umudepite akaba no muri Guverinoma ya Uganda, uyu munsi yarahiriye inshingano z’Ubudepite nk’Umudepite uhagarariye abagore m Karere ka Nebbi, aho yarahiriye manda y’imyaka itanu yo kuva muri uyu mwaka wa 2026 kugeza muri 2031.
Ubwo uyu munyapolitiki yajyaga kurahira, yaherekejwe n’umugabo we Eddy Kenzo, wari wamuherekeje n’ubundi mu ntangiro z’iki cyumweru ubwo habaga ibirori by’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Uku kujyana kw’aba bombi, kwanakurikiwe n’amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, ko Eddy Kenzo yari agiye guhagurutswa mu byicaro yari yicaranyemo n’umugore we Phiona, ariko uyu muhanzi aza kunyomoza aya makuru, avuga ko ifoto yakwirakwije imugaragaza ari guhagurutswa, ari iyacuzwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano AI.

Photos © NBS TV
RADIOTV10









