Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
30/11/2025
in SIPORO
0
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w’umwaka muri Afurika mu mukino w’amagare muri 2025, mu bihembo byatangiwe i Kigali muri Zaria Court kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Ugushyingo 2025.

Biniam yatsinze bagenzi be bo muri Eritrea ari bo Henok Mulubrhan na Milkias Maekele bari baje mu batatu ba nyuma bahatanira iki gihembo.
Biniam utagaragaye i Kigali yavuze ko ashimira abateguye ibi bihembo ndetse abasaba ko bakomeza kugira umutima wo guteza imbere umukino w’amagare muri Afurika.

Mu cyiciro cy’Abagore, Kimberley Le Court ukomoka mu birwa bya Maurice yatsinze Gerefiel Selam Amha na Kahsay Tsige Kiros bombi bo muri Ethiopia, bakaba ari bo bari basigaye mu batatu ba nyuma bahatanira iki gihembo.

Mu bihembo byatanzwe kandi, hahembwe Paul Daumont wo muri Burkina Faso nk’Umukinnyi mwiza w’Umunyafurika wahize abandi mu batarabigize umwuga. Umunya-Uganda Charles Kagimu n’Umurundikazi Odette Nsengiyumva bahembwe nk’abakinnyi bahize abandi mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba.

Mu Banyarwanda bahize abandi mu mwaka wa 2025, MASENGESHO Vainqueur waje imbere y’abandi Banyarwanda muri Tour du Rwanda 2025, ubu akaba akinira Benediction, ni we wahembwe mu cyiciro cy’abagabo, naho Xaverine Nirere ahembwa mu cyiciro cy’abagore.
Hahembwe kandi ikipe y’igihugu ya Eritrea nk’igihugu cyahize ibindi byose muri uyu mukino muri 2025.

Ni ku nshuro ya mbere ibi bihembo bitanzwe, bikaba byaraturutse ku gitekerezo cya Freddy Kamuzinzi wahoze ategura Tour du Rwanda, bigahabwa umugisha n’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare muri Afurika (CAC).
Ibihembo bisa n’ibi byajyaga bitegurwa ndetse bigatangwa n’abategura irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya La Tropicale Amissa Bongo, gusa kuva icyorezo cya Covid-19 cyaba, ibi bihembo ntibyongeye gutangwa.

Ibi bihembo bya Africa Cycling Excellence Awards byabaye ku nshuro ya mbere bikabera mu Rwanda, byanitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo Rwego Ngarambe wari umushyitsi mukuru. Mu bandi bitabiriye harimo Perezida wa CAC (The Confederation of African Cycling), Umunya-Côte d’Ivoire Dr. Yao Jean-Marie Allah-Kouamé.

Rwego Ngarambe yashimiye abateguye ibi birori
Perezida wa Federasiyo y’amagare muri Eritrea ni we wafashe igihembo cya Biniam Girmay
Rwego Ngarambe na Perezida wa Ferwacy bahemba Vainqueur wahize abandi banyarwanda

Charles Kagimu wabaye Umukinnyi mwiza muri EAC
Paul Daumont wahembwe mu batarabigize umwuga

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Next Post

What every girl should know before 25

Related Posts

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.