Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
30/11/2025
in SIPORO
0
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w’umwaka muri Afurika mu mukino w’amagare muri 2025, mu bihembo byatangiwe i Kigali muri Zaria Court kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Ugushyingo 2025.

Biniam yatsinze bagenzi be bo muri Eritrea ari bo Henok Mulubrhan na Milkias Maekele bari baje mu batatu ba nyuma bahatanira iki gihembo.
Biniam utagaragaye i Kigali yavuze ko ashimira abateguye ibi bihembo ndetse abasaba ko bakomeza kugira umutima wo guteza imbere umukino w’amagare muri Afurika.

Mu cyiciro cy’Abagore, Kimberley Le Court ukomoka mu birwa bya Maurice yatsinze Gerefiel Selam Amha na Kahsay Tsige Kiros bombi bo muri Ethiopia, bakaba ari bo bari basigaye mu batatu ba nyuma bahatanira iki gihembo.

Mu bihembo byatanzwe kandi, hahembwe Paul Daumont wo muri Burkina Faso nk’Umukinnyi mwiza w’Umunyafurika wahize abandi mu batarabigize umwuga. Umunya-Uganda Charles Kagimu n’Umurundikazi Odette Nsengiyumva bahembwe nk’abakinnyi bahize abandi mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba.

Mu Banyarwanda bahize abandi mu mwaka wa 2025, MASENGESHO Vainqueur waje imbere y’abandi Banyarwanda muri Tour du Rwanda 2025, ubu akaba akinira Benediction, ni we wahembwe mu cyiciro cy’abagabo, naho Xaverine Nirere ahembwa mu cyiciro cy’abagore.
Hahembwe kandi ikipe y’igihugu ya Eritrea nk’igihugu cyahize ibindi byose muri uyu mukino muri 2025.

Ni ku nshuro ya mbere ibi bihembo bitanzwe, bikaba byaraturutse ku gitekerezo cya Freddy Kamuzinzi wahoze ategura Tour du Rwanda, bigahabwa umugisha n’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare muri Afurika (CAC).
Ibihembo bisa n’ibi byajyaga bitegurwa ndetse bigatangwa n’abategura irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya La Tropicale Amissa Bongo, gusa kuva icyorezo cya Covid-19 cyaba, ibi bihembo ntibyongeye gutangwa.

Ibi bihembo bya Africa Cycling Excellence Awards byabaye ku nshuro ya mbere bikabera mu Rwanda, byanitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo Rwego Ngarambe wari umushyitsi mukuru. Mu bandi bitabiriye harimo Perezida wa CAC (The Confederation of African Cycling), Umunya-Côte d’Ivoire Dr. Yao Jean-Marie Allah-Kouamé.

Rwego Ngarambe yashimiye abateguye ibi birori
Perezida wa Federasiyo y’amagare muri Eritrea ni we wafashe igihembo cya Biniam Girmay
Rwego Ngarambe na Perezida wa Ferwacy bahemba Vainqueur wahize abandi banyarwanda

Charles Kagimu wabaye Umukinnyi mwiza muri EAC
Paul Daumont wahembwe mu batarabigize umwuga

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − thirteen =

Previous Post

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Next Post

What every girl should know before 25

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.