Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amahirwe ku bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Amahirwe ku bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwamenyesheje Abanyarwanda bose bifuza kwinjira muri RDF ku rwego rw’Abofisiye, igihe kwiyandikisha bizatangirire, bunagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje.

Bikubuye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 06 Werurwe 2025 rivuga ko “Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buramenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u

Rwanda ku rwego rwa Ofisiye ko kwiyandikisha ku Turere no ku Mirenge bizatangira tariki ya 8 Werurwe kugeza ku ya 6 Mata 2025.”

Abarebwa n’iyi gahunda, ni abo ku rwego rwa Ofisiye baziga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare (Rwanda Military Academy-Gako), aho ubuyobozi bwa RDF buvuga ko “Abaziga mu mashami avugwa muri iri tangazo bazarangiza amasomo bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (AO) usibye abaziga mu ishami rya General nursing bazarangiza amasomo bafite impamyabumenyi ya Al.”

Ubuyobozi bwa RDF kandi bwagaragaje ibigomba kuba byujujwe n’abifuza kwiyandikisha, aho buvuga ko ari abasore n’inkumi bafite imyaka 18 kandi batarengeje 22, kuba bararangije amashuri 6 yisumbuye kandi bafite amanota abemerera kujya muri Kaminuza y’u

Rwanda.

Nanone kandi uwiyandikisha agomba kuba “afite ubuzima buzira umuze, kuba atarigeze ahamwa n’icyaha, kuba adakurikiranyweho icyaha, kuba atarirukanywe burundu mu kazi ko mu butegetsi bwa Leta keretse yarakorewe ihanagurwabusembwa, kuba atagaragara ku rutonde rw’ababujijwe kuba abakozi ba Leta, kuba ari indakemwa mu mico no mu myifatire.”

 

Ibisabwa kugira ngo wemererwe kwiga mu ishuri Rikuru rya Gisirikare ni ibi bikurikira:

Mu mashami ya General medecine, surgery na Pharmacy amanota asabwa, ni A-B mu mashami ya PCB, BCG na MCB. Mu ishami rya Mechanical Engineering; amanota asabwa ni A-B mu ishami ya MCE, MPG na MPCo.

Mu ishami rya Computer Science and Software Engeneering; amanota asabwa ni A-B mu ishami ya PCM, MPCo. Mu ishami rya Mathematics amanota asabwa ni A-C mu mashami ya MPG, PCM na MPCo. Mu ishami rya Physics, barasabwa kuba barabonye amanota A-C mu mashami ya MPG, PCM na MPCo. Mu ishami rya Chemistry bagomba kuba barabonye amanota A-C mu mashami ya PCB, BCG na MCB. Mu ishami rya Biology amanota asabwa ni A-C mu mashami ya PCB, BCG na MCB. Abifuza kwiga mu mashami ya General Nursing, Radiology Technologists, Laboratory sciences, Anaesthesia, elinical psychology, medical imaging sciences na Dental Therapy amanota asabwa ni A-C mu mashami ya PCB, BCG na MCB. Mu ishami rya Law amanota asabwa ni A-B mu mashami ya HEG, LFK, LKK, LKF, HEL, HGL na LEG. Mu ishami rya Social and Military Science barasabwa kuba barabonye amanota A-C mu mashami ya MEG, HEG, HGL, HEL, LEG hamwe n’abize TTC bafite amanota (A-B) 70% kujyana hejuru. Abize TVET amanota asabwa ni A-B.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 17 =

Previous Post

Icyatumye abatoza b’ikipe imwe mu Rwanda begurira rimwe cyamenyekanye

Next Post

DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma

DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.