Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amahirwe ku bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Amahirwe ku bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwamenyesheje Abanyarwanda bose bifuza kwinjira muri RDF ku rwego rw’Abofisiye, igihe kwiyandikisha bizatangirire, bunagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje.

Bikubuye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 06 Werurwe 2025 rivuga ko “Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buramenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u

Rwanda ku rwego rwa Ofisiye ko kwiyandikisha ku Turere no ku Mirenge bizatangira tariki ya 8 Werurwe kugeza ku ya 6 Mata 2025.”

Abarebwa n’iyi gahunda, ni abo ku rwego rwa Ofisiye baziga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare (Rwanda Military Academy-Gako), aho ubuyobozi bwa RDF buvuga ko “Abaziga mu mashami avugwa muri iri tangazo bazarangiza amasomo bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (AO) usibye abaziga mu ishami rya General nursing bazarangiza amasomo bafite impamyabumenyi ya Al.”

Ubuyobozi bwa RDF kandi bwagaragaje ibigomba kuba byujujwe n’abifuza kwiyandikisha, aho buvuga ko ari abasore n’inkumi bafite imyaka 18 kandi batarengeje 22, kuba bararangije amashuri 6 yisumbuye kandi bafite amanota abemerera kujya muri Kaminuza y’u

Rwanda.

Nanone kandi uwiyandikisha agomba kuba “afite ubuzima buzira umuze, kuba atarigeze ahamwa n’icyaha, kuba adakurikiranyweho icyaha, kuba atarirukanywe burundu mu kazi ko mu butegetsi bwa Leta keretse yarakorewe ihanagurwabusembwa, kuba atagaragara ku rutonde rw’ababujijwe kuba abakozi ba Leta, kuba ari indakemwa mu mico no mu myifatire.”

 

Ibisabwa kugira ngo wemererwe kwiga mu ishuri Rikuru rya Gisirikare ni ibi bikurikira:

Mu mashami ya General medecine, surgery na Pharmacy amanota asabwa, ni A-B mu mashami ya PCB, BCG na MCB. Mu ishami rya Mechanical Engineering; amanota asabwa ni A-B mu ishami ya MCE, MPG na MPCo.

Mu ishami rya Computer Science and Software Engeneering; amanota asabwa ni A-B mu ishami ya PCM, MPCo. Mu ishami rya Mathematics amanota asabwa ni A-C mu mashami ya MPG, PCM na MPCo. Mu ishami rya Physics, barasabwa kuba barabonye amanota A-C mu mashami ya MPG, PCM na MPCo. Mu ishami rya Chemistry bagomba kuba barabonye amanota A-C mu mashami ya PCB, BCG na MCB. Mu ishami rya Biology amanota asabwa ni A-C mu mashami ya PCB, BCG na MCB. Abifuza kwiga mu mashami ya General Nursing, Radiology Technologists, Laboratory sciences, Anaesthesia, elinical psychology, medical imaging sciences na Dental Therapy amanota asabwa ni A-C mu mashami ya PCB, BCG na MCB. Mu ishami rya Law amanota asabwa ni A-B mu mashami ya HEG, LFK, LKK, LKF, HEL, HGL na LEG. Mu ishami rya Social and Military Science barasabwa kuba barabonye amanota A-C mu mashami ya MEG, HEG, HGL, HEL, LEG hamwe n’abize TTC bafite amanota (A-B) 70% kujyana hejuru. Abize TVET amanota asabwa ni A-B.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Icyatumye abatoza b’ikipe imwe mu Rwanda begurira rimwe cyamenyekanye

Next Post

DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma

DRCongo: Umwana w’Umupolisi yishe umunyeshuri amuteye icyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.