Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”

radiotv10by radiotv10
26/08/2022
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Abatujuje imyaka 18 ntibemererwa kwinjira mu tubari, bati “None se twe ntitwemerewe kwidagadura?”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rutujuje imyaka 18 y’amavuko rwo mu Ntara y’Amajyepfo, baravuga ko amabwiriza yashyizweho yo kubakumira mu tubari, ababangamiye kuko na bo bakeneye kwidagadura.

Hamaze iminsi havugwa imyitwarire idahwitse ya rumwe mu rubyiruko rwishora mu bikorwa bigayitse nko kunywa inzoga rugasinda ndetse n’abambara imyambaro iteye isoni.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera aherutse kubwira abategura ibitaramo ko badakwiye gufungurira abantu bose bifuza kubijyamo, ahubwo ko bakwiye no kureba ku marangamuntu yabo niba abifuza kubijyamo bujuje imyaka y’ubukure.

Yavuze kandi ko abafite utubari na bo badakwiye kugurisha ibisindisha abatajuje imyaka y’ubukure, ndetse abibutsa bihanwa n’amategeko.

Mu Ntara y’Amajyepfo hahise hashyirwaho amabwiriza yo gukumira abana batujuje imyaka 18 kujya mu tubari.

Bamwe mu rubyiruko bavuganye na RADIOTV10, bavuga ko aya mabwiriza ababangamiye kuko bumva ababuza uburenganzira bwabo.

Umwe yagize ati “Njye numva aho kugira ngo dukumirwe ahubwo batureka tukidagadura kimwe n’abandi, wenda ushaka kunywa inzoga bakagira uko bamugenzura.”

Mu buryo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’aya mabwiriza, abinjiye mu kabari babanza kwerekana ibyangombwa bibaranga kugira ngo barebe niba bafite imyaka y’ubukure.

Uyu musore utaruzuza imyaka 18, yagize ati “Ibi byo kuvuga ngo bagufashe bakwaka ibyangombwa, ni ukutubangamira, kuko natwe mu burenganzira bwacu dukeneye kwidagadura.”

Undi yavuze ko abinjira mu tubari bose bataba bagiye kunywa inzoga, ati “Nshobora no kujyanayo n’inshuti zanjye wenda tugiye gukorerayo nk’ikirori ari ho twateguriye ibirori byacu, bakadusaba irangamuntu kandi harimo abatazifite bikatugora cyane.”

Uyu musore avuga ko hari hakwiye kubaho ubundi buryo bwo kugenzura bwatuma urubyiruko rudasinda wenda bakajya bashyiraho umubare w’inzoga batarenza.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi ubwo yari yifatanyije n’urubyiruko rwo mu Karere ka Ruhango mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko, yasabye inzego zose harimo n’ababyeyi kugenzura gahunda zihuza urubyiruko by’umwihariko muri iki gihe cy’ibiruhuko

Yagize ati “Biri kugaragara ko urubyiruko ruri kwishora mu bibonetse byose, bakunda ikigare, ugasanga n’umwana utaranywaga inzoga yazigezemo kubera ikigare.”

Mu byumweru bibiri bishize, mu Rwanda havuzwe cyane inkuru y’umukobwa witwa Mugabekazi Liliane wagaragaye mu gitaramo kimwe yambaye ikanzu igaragaza imyanya y’ibanga.

Uyu mukobwa wanaje gutabwa muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, ariko aza gufungurwa by’agateganyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

P.Kagame yahishuye ikiganiro yagiranye n’umuyobozi ukomeye bahuriye mu nama akamubwira ko atazikingiza COVID-19

Next Post

Karongi: Impanuka y’imodoka yahitanye abari bayirimo bose

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Impanuka y’imodoka yahitanye abari bayirimo bose

Karongi: Impanuka y’imodoka yahitanye abari bayirimo bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.