Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Umukwabu wa Polisi wasize hafashwe litiro 2.000 z’injurano hanavugwa aho bikekwa ko zibiwe

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Umukwabu wa Polisi wasize hafashwe litiro 2.000 z’injurano hanavugwa aho bikekwa ko zibiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafashe litiro 2 060 za Mazutu bikekwa ko ari injurano zibiwe mu bice bitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo ku makamyo akoresha umuhanda munini Kigali-Kamonyi-Nyanza-Huye, hanafatwa batatu baziguze.

Ibi bikorwa byakozwe mu mukwabu wakozwe na Poliri y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024, nk’uko tubikesha Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye.

Polisi y’u Rwanda, ivuga ko ibi bikorwa byakozwe mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha, aho byakozwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’abaturage bayihaye amakuru kuri ibi bikorwa.

Muri uyu mukwabu, mu Karere ka Nyanza, hafashwe abantu batatu bakekwaho kugura mazutu y’injurano, ndetse hanafatwa Litiro 1 000 zayo.

Aba bantu batatu, bafatiwe mu bice binyuranye byo muri aka Karere ka Nyanza, birimo Kigoma, Gasoro na Nyakabungo, aho bikekwa ko iyi mazutu yafashwe, yibwe ku makamyo mu muhanda munini Kigali-Kamonyi-Nyanza-Huye.

Polisi yo mu Ntara y’Amajyepfo kandi yatangaje ko mu Karere ka Kamonyi, na ho hafashwe litiro 1 000 za Mazutu na zo bikekwa ko zibwe ku makamyo.

Muri aka Karere Kamonyi, ho hafashwe Mazutu, zasanzwe mu duce twa Gacurabwenge, Kigembe, na Mushimba, ariko “abakekwa kuyiba barimo gushakishwa.”

Muri iyi Ntara y’Amajyepfo, kandi hafashwe abasore batandatu bakekwaga gukora ubujura butandukanye harimo no gutega abantu bakabambura mu Kagari ka Rwanza mu Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Save.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yatanga ubutumwa agira ati “Turaburira abatekereza kwishora mu byaha nk’ibi by’ubujura kubireka kuko Polisi idashobora kubihanganira.”

Yaboneyeho kandi gushimira abaturage bakomeje gutanga amakuru atuma uru rwego rutahura abakekwaho ibi byaha, abasaba gukomeza ubu bufatanye na Polisi mu guhana amakuru ku cyahungabanya umutekano kugira ngo hakumirwe icyaha kitaraba.

Hafashwe abantu bakekwaho ubu bujura
Na Litiro zirenga 2 000

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Nyamagabe: Ikibazo cy’abanyeshuri barya ibiryo bidahiye cyatanzweho ibisobanuro

Next Post

Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.