Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Umukwabu wa Polisi wasize hafashwe litiro 2.000 z’injurano hanavugwa aho bikekwa ko zibiwe

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Umukwabu wa Polisi wasize hafashwe litiro 2.000 z’injurano hanavugwa aho bikekwa ko zibiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafashe litiro 2 060 za Mazutu bikekwa ko ari injurano zibiwe mu bice bitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo ku makamyo akoresha umuhanda munini Kigali-Kamonyi-Nyanza-Huye, hanafatwa batatu baziguze.

Ibi bikorwa byakozwe mu mukwabu wakozwe na Poliri y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024, nk’uko tubikesha Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye.

Polisi y’u Rwanda, ivuga ko ibi bikorwa byakozwe mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha, aho byakozwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’abaturage bayihaye amakuru kuri ibi bikorwa.

Muri uyu mukwabu, mu Karere ka Nyanza, hafashwe abantu batatu bakekwaho kugura mazutu y’injurano, ndetse hanafatwa Litiro 1 000 zayo.

Aba bantu batatu, bafatiwe mu bice binyuranye byo muri aka Karere ka Nyanza, birimo Kigoma, Gasoro na Nyakabungo, aho bikekwa ko iyi mazutu yafashwe, yibwe ku makamyo mu muhanda munini Kigali-Kamonyi-Nyanza-Huye.

Polisi yo mu Ntara y’Amajyepfo kandi yatangaje ko mu Karere ka Kamonyi, na ho hafashwe litiro 1 000 za Mazutu na zo bikekwa ko zibwe ku makamyo.

Muri aka Karere Kamonyi, ho hafashwe Mazutu, zasanzwe mu duce twa Gacurabwenge, Kigembe, na Mushimba, ariko “abakekwa kuyiba barimo gushakishwa.”

Muri iyi Ntara y’Amajyepfo, kandi hafashwe abasore batandatu bakekwaga gukora ubujura butandukanye harimo no gutega abantu bakabambura mu Kagari ka Rwanza mu Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Save.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yatanga ubutumwa agira ati “Turaburira abatekereza kwishora mu byaha nk’ibi by’ubujura kubireka kuko Polisi idashobora kubihanganira.”

Yaboneyeho kandi gushimira abaturage bakomeje gutanga amakuru atuma uru rwego rutahura abakekwaho ibi byaha, abasaba gukomeza ubu bufatanye na Polisi mu guhana amakuru ku cyahungabanya umutekano kugira ngo hakumirwe icyaha kitaraba.

Hafashwe abantu bakekwaho ubu bujura
Na Litiro zirenga 2 000

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Nyamagabe: Ikibazo cy’abanyeshuri barya ibiryo bidahiye cyatanzweho ibisobanuro

Next Post

Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

Related Posts

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

IZIHERUKA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.