Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikipe ya APR FC, bwatangaje ko bwahagaritse mu gihe cy’iminsi 30 abakinnyi bayo babiri barimo rutahizamu Mamadou Sy, kubera imyitwarire mibi baherutse kugaragaza ubwo iyi kipe yari mu Misiri.

Ibi byatangajwe n’ubuyobozi bwa APR mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025, mu itangazo ryashyizweho umukono na Chairman w’iyi Kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Iri tangazo rifite umutwe ugira uti “Ibihano by’imyitwarire mibi”, ubuyobozi bwa APR bwavuze ko ubwo iyi kipe yari mu misiri iri kwitegura umukino wayihuje na Pyramids muri CAF Champions League, “abakinnyi babiri Sy Mamadou na Dauda Yussif basuzuguye nkana amabwiriza n’amategeko yari yatanzwe n’Umutoza Mukuru hamwe n’Ubuyobozi bw’ikipe.”

Ubuyobozi bwa APR bukomeza bugira buti “lyo myitwarire mibi bagaragaje yagize ingaruka mbi ku musaruro w’ikipe no gushyira hamwe bisanzwe bituranga.”

Bugakomeza bugira buti “Nyuma yo kubiganiraho imbere mu ikipe, hakanakurikizwa amategeko agenga imyitwarire y’ikipe ndetse n’amasezerano y’abakinnyi, Ubuyobozi bwafashe icyemezo cyo guhagarika abo bakinnyi bombi mu gihe cy’iminsi mirongo itatu (30).”

Ubuyobozi bwa APR buvuga ko iki gihano cyahawe aba bakinnyi kizatuma hanaboneka umwanga wo gukora iperereza ryigenga kandi ryimbitse mbere yuko ubuyobozi bufata izindi ngamba.

Buti “APR FC izakomeza guhagarara no gushyira imbere ubunyamwuga, imyitwarire myiza, no kubahana mu ikipe. Nta muntu n’umwe uri hejuru y’indangagaciro zituranga, kandi buri mukinnyi asabwa kubahiriza amahame y’ubudahemuka, gukorera hamwe, n’imyitwarire myiza byaranze APR FC kuva kera.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

Next Post

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

Related Posts

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

by radiotv10
09/10/2025
0

Ikipe y'igihugu ya Benin ifite ihurizo rikomeye ry'uko ishobora kubura bamwe mu bakinnyi b'ingenzi ku mukino ugiye kuyihuza n'Amavubi y'u...

Amavubi yahawe ubutumwa buyagaragariza impamvu zihagije ko hakenewe intsinzi

Amavubi yahawe ubutumwa buyagaragariza impamvu zihagije ko hakenewe intsinzi

by radiotv10
09/10/2025
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yasuye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi mu myitozo bari gukora bitegura...

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

by radiotv10
08/10/2025
0

Shema Ngoga Fabrice umaze ukwezi n’igice atorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), na Martin Ngoga wabaye mu nzego...

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

by radiotv10
07/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryatangaje ko abazitabira umukino uzahuza ikipe y’Igihugu Amavubi n’iya Benin, bazagira amahirwe ya tombola...

Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere

Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere

by radiotv10
07/10/2025
0

Rutahizamu Joy Lance Mickels usanzwe akinira Sabah FC yo muri Azerbaijan, wari wahamagawe bwa mbere mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangaje...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

by radiotv10
10/10/2025
0

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

10/10/2025
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

10/10/2025
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

10/10/2025
BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

10/10/2025
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

10/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.